Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu itangaje yatumye Padiri w’i Ruhengeri ava mu gipadiri yari amazemo imyaka 15

radiotv10by radiotv10
21/12/2022
in MU RWANDA
7
Impamvu itangaje yatumye Padiri w’i Ruhengeri ava mu gipadiri yari amazemo imyaka 15
Share on FacebookShare on Twitter

Padiri Niwemushumba Phocas wakoreraga umurimo muri Diyoseze ya Ruhengeri, yanditse asezera muri uyu muhamagaro ngo kuko adashobora gukomeza kwihanganira uburyarya no kwirata abona muri Kiliziya.

Uyu mupadiri wari umaze imyaka cumi n’itanu (15) mu muhamagaro w’Ubupadiri, yanditse ibaruwa isobanura ubwegure bwe, ayigenera Umushumba w’iyi Diyoseze ya Ruhengero, Vincent Harorimana. Ni ibaruwa yanditswe mu ntangiro z’uku kwezi tariki 06 Ukuboza 2022.

Niwemushumba Phocas wari umaze iminsi ari ku Mugabane w’u Burayi, aho yari yarajyanywe n’amasomo ari na ho yandikiye iyi baruwa isezera mu gipadiri, yamenyesheje umushumba we ko hari ibyo atagishoye kwihanganira.

Muri ibi avuga ko atagishoboye kwihanganira byanatumye afata iki cyemezo cyo gusezera umuhamagaro w’Ubusaseridoti, yavuze ko ari uburyarya no kwirata abona muri Kiliziya Gatulika.

Agira ati “Igihe maze mu Burayi cyampaye umwanya wo gufungura amaso, kureba, gutekereza, gusesengura no gusenga Imana amanywa n’ijoro, no kumva ubuzima mu kuri kwabwo. Ndabamenyesha ko ntakiri mu murongo wo gushyigikira, mu budahemuka n’ubwitange uburyarya n’ubwirasi mwateje imbere mu migenzereze yanyu.”

Mu mvugo yumvikanamo kuzimiza kuri muri bibiliya, Niwemushumba Phocas akomeza avuga ko nihatabaho impindua mu migenzereze ya Kiliziya Gatulika, batazabona ijuru.

Ati “Kandi ndababwira ko gukiranuka kwanyu nikutaruta ukw’abanditsi n’ukw’Abafarisayo, mutazinjira mu bwami bwo mu Ijuru.”

Muri Mutarama uyu mwaka wa 2022, undi musaseridoti wakoreraga umurimo wo kwiha Imana muri Diyoseze ya Gikongoro, na we yari yasezeye nyuma y’amezi atanu gusa ahawe ubupadiri.

Uyu mupadiri witwa Emmanuel Ingabire wakoreraga muri Paruwasi ya Kitabi muri iyi Diyoseze ya Gikongoro, yari yavuze ko adasezeye uyu muhamagaro kuko awanze ahubwo ko yananijwe na Musenyeri.

Muri Nyakanga umwaka ushize wa 2021, undi mupadiri witwa Fidèle de Charles Ntiyamira na we yari yandikiye Nyiricyubahiro Musenyeri Servilien Nzakamwita, Umushumba wa Diyosezi ya Byumba, asezera ku muhamagaro w’Ubupadiri.

Muri urwo rwandiko yari yageneye uyu mushumba wamuyoboraga, Fidèle de Charles yavugaga ko yiyemeje gusezera kuko yifuza gushinga umuryango, akanavuga ko azakomeza gukorera Imana mu bundi buryo atari ubwo gusoma misa kuri aritari ntagatifu no mu mwambaro w’Ubupadiri.

RADIOTV10

Comments 7

  1. Nshimiyimana Desire says:
    3 years ago

    Impamvu padiri yatanze simpamya ko ariyo cyakora yari kuvuga ko ananiwe guhora yishushanya imbere y’Imana n’abakristu. Biratangaje kuvuga ko yahumuwe n’uburayi ari uko igihe yahawe cyo kwiga kirangiye kuko yagombaga kugaruka muri uku kwezi. Navuge ko yabonye ikindi cyo gukora areke gusebanya. Gufata icyemezo ko unaniwe gukomeza icyo wahamagariwe ni ubutwari ariko gushaka guqiba inzira kubera ko wayisitariyemo ni ubugwari bukabije.

    Reply
  2. Franco says:
    3 years ago

    Ariko kuruhare rumwe ndamwumva ko yaba harimo ubwibone nubwirasi bigafatana nizindi mpamvuze ikindi numuhanga ubwose yarikuvamo naka digree gasobanutse afite kanamubera impamba?avemo nka Wellars wirukanywe nabi kandi hari benshi muba padiri bakoze amkosa arutaye nyamara akabariwe uba igitambo?

    Reply
  3. Basile says:
    3 years ago

    Jyewe navuga ko inzira ya muntu ari uruziga ndetse ari nkinzoka yiruma umurizo nacyane ko hari abantu bataramenya gutandukanya inyota n’umuhamagaro ntacyo icyo yahisemo ubwo nicyo cy’icyo kimukwiye ariko utazi iyava ntamenya n’iyo ajya ! Kubwange Kiliziya ni Ishema ryange umwe arasezera 10 bakinjira namwifuriza kuzaba Umulaiki Mwiza bon voyage Monsieur l’abbé

    Reply
  4. Assinathus says:
    3 years ago

    Imana yo mu ijuru niyo izi ukuri kuturusha. Ntacyo umwana w’umuntu yakabaye arenzaho

    Reply
  5. sindikubwabo tharcisse says:
    3 years ago

    Ntibikwiriye gusebya umuryango mu gari nkakiriziya gaturika kuko ibyo baba baramufashije biba bihagije ahubwo amaze kurengwa ndetse nirari ryumubiri riramuganje ,azahirwe

    Reply
  6. Loberto says:
    3 years ago

    Hahahahahah!!!!!!! Uyu ashaka gusebanya wasanga yashakaga kwigumira I Burayi bakamusaba kuhava atabishaka none akaba azanye impamvu zidashinga. Nihehe se atazasanga abirasi nindyarya kuri iyisi. Ahubwo wasanga aribwo agiye kubica bigacika. Nareke gusaza yenderanya. Gusa Imana imuyobore ntarengere ngo ajye mubuyobe

    Reply
  7. Nshimiyimana Emmanuel says:
    3 years ago

    Haricyo yadikinze abanyamakuru bagerayo neza mudushakire amakuru nyirizina yatumye asera , wasanga aramakosa yakoze yabinye byamusabya guhagarara yigisha ibihabanye numigenzereze ye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 14 =

Previous Post

Huye: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yasobanuye uko yabigenje

Next Post

Umuganga ukekwaho ‘gukorakora’ igitsina cy’umukobwa ubwo yamusuzumaga hamenyekanye icyakurikiyeho

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuganga ukekwaho ‘gukorakora’ igitsina cy’umukobwa ubwo yamusuzumaga hamenyekanye icyakurikiyeho

Umuganga ukekwaho ‘gukorakora’ igitsina cy’umukobwa ubwo yamusuzumaga hamenyekanye icyakurikiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.