Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu RDF yajyanye abahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda aharasiwe umusirikare wa FADRC

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Impamvu RDF yajyanye abahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda aharasiwe umusirikare wa FADRC
Share on FacebookShare on Twitter

Abahagarariye inyungu z’Ingabo muri za Ambasade z’Ibihugu byabo mu Rwanda, bajyanywe aharasiwe umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu Karere ka Rubavu, basobanurirwa uko byose byagenze nyuma yuko babisabye bakanifuza kubibazaho ibibazo.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, butangaza ko iki gikorwa cyo gusobanurira abahagarariye inyungu z’Ingabo z’Ibihugu byabo muri za Ambasade zabo mu Rwanda (Defences Attachés), cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ugushyingo 2022 nyuma y’umunsi umwe uyu musirikare wa Congo arasiwe mu Rwanda.

Uyu musirikare yarashwe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022 ahagana saa saba ubwo yambukaga ku mupaka wa Petite Barrière mu buryo bunyuranyije n’amategeko akaza arasa ku basirikare ba RDF muri Mbugangari, na we agahita araswa akahasiga ubuzima.

Umuyobozi ushinzwe ubutwererane mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Brig Gen Patrick Karuretwa yavuze ko iki gikorwa cyo kujyana abahagarariye inyungu z’ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda ahabereye kiriya gikorwa, cyateguwe na RDF nyuma yuko babyisabiye ubwabo kugira ngo bajye kwirebera uko byagenze ndetse banabibazeho ibibazo.

Ubwo bageraga i Rubavu, bakiriwe n’umuyobozi wa Diviziyo ya 3 ya RDF, Brig Gen Andrew Nyamvumba wahise aberecyeza Mbugangari muri metero nke uvuye ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba bahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda, beretswe uko uriya musirikare warashwe yambutse umupaka akaza arasa agambiriye kwivugana abasirikare b’u Rwanda bari mu minara yabo ibiri ukiva ku mupaka. Abasirikare ba RDF bagahita bamusubiza bakamwivugana mbere yuko na we agira uwo yica.

Brig Gen Karuretwa agaruka ku cyatumye habaho uru ruzinduko rwo kujya kwereka aba basirikare iby’iki kibazo, yagize ati “Abahagarariye inyungu z’ingabo z’Ibihugu byabo bifuzaga kumva ubwoko bw’umwuka uhari ukomeje gutuma habaho ibibazo nk’ibi, kuko iki cyabayeho si ku nshuro ya mbere, abahagarariye inyungu z’ingabo z’Ibihugu byabo baje kwirebera uko byifashe.”

Brig Gen Karuretwa yakomeje avuga ko aba basirikare bamaze igihe baganira kuri uyu mwuka ukomeje gutuma abasirikare ba DRC bambuka umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko bakagaba ibitero bidafite ishingiro. Ati “Turasaba DRC guhagarika ibi bikorwa by’ubushotoranyi.”

Yavuze kandi ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabanje guhakana ko uwarashwe atari umusirikare wayo ariko ko nyuma yaje kubyemera nyuma yuko hagaragajwe ibimenyetso simusiga.

Itsinda ry’Ingabo rishinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare byambukiranya imipaka mu karere EJVM (Expanded Joint Verification Mechanism) ryagaragarijwe rinakusanya ibimenyetso byose ndetse hari gutegurwa uko umurambo w’uyu musirikare washyikirizwa DRC.

Gen Patrick Karuretwa yabasobanuriye imiterere y’iki kibazo
RDF yagaragaje uko umusirikare wa FARDC yinjiye mu Rwanda arasa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nzarubara Emmanuel says:
    3 years ago

    Congo Imenye Ko u Rwanda Rurinzwe, Asante TV10.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + twelve =

Previous Post

Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Next Post

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.