Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu RDF yajyanye abahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda aharasiwe umusirikare wa FADRC

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Impamvu RDF yajyanye abahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda aharasiwe umusirikare wa FADRC
Share on FacebookShare on Twitter

Abahagarariye inyungu z’Ingabo muri za Ambasade z’Ibihugu byabo mu Rwanda, bajyanywe aharasiwe umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu Karere ka Rubavu, basobanurirwa uko byose byagenze nyuma yuko babisabye bakanifuza kubibazaho ibibazo.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, butangaza ko iki gikorwa cyo gusobanurira abahagarariye inyungu z’Ingabo z’Ibihugu byabo muri za Ambasade zabo mu Rwanda (Defences Attachés), cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ugushyingo 2022 nyuma y’umunsi umwe uyu musirikare wa Congo arasiwe mu Rwanda.

Uyu musirikare yarashwe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022 ahagana saa saba ubwo yambukaga ku mupaka wa Petite Barrière mu buryo bunyuranyije n’amategeko akaza arasa ku basirikare ba RDF muri Mbugangari, na we agahita araswa akahasiga ubuzima.

Umuyobozi ushinzwe ubutwererane mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Brig Gen Patrick Karuretwa yavuze ko iki gikorwa cyo kujyana abahagarariye inyungu z’ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda ahabereye kiriya gikorwa, cyateguwe na RDF nyuma yuko babyisabiye ubwabo kugira ngo bajye kwirebera uko byagenze ndetse banabibazeho ibibazo.

Ubwo bageraga i Rubavu, bakiriwe n’umuyobozi wa Diviziyo ya 3 ya RDF, Brig Gen Andrew Nyamvumba wahise aberecyeza Mbugangari muri metero nke uvuye ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba bahagarariye Ingabo z’Ibihugu byabo mu Rwanda, beretswe uko uriya musirikare warashwe yambutse umupaka akaza arasa agambiriye kwivugana abasirikare b’u Rwanda bari mu minara yabo ibiri ukiva ku mupaka. Abasirikare ba RDF bagahita bamusubiza bakamwivugana mbere yuko na we agira uwo yica.

Brig Gen Karuretwa agaruka ku cyatumye habaho uru ruzinduko rwo kujya kwereka aba basirikare iby’iki kibazo, yagize ati “Abahagarariye inyungu z’ingabo z’Ibihugu byabo bifuzaga kumva ubwoko bw’umwuka uhari ukomeje gutuma habaho ibibazo nk’ibi, kuko iki cyabayeho si ku nshuro ya mbere, abahagarariye inyungu z’ingabo z’Ibihugu byabo baje kwirebera uko byifashe.”

Brig Gen Karuretwa yakomeje avuga ko aba basirikare bamaze igihe baganira kuri uyu mwuka ukomeje gutuma abasirikare ba DRC bambuka umupaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko bakagaba ibitero bidafite ishingiro. Ati “Turasaba DRC guhagarika ibi bikorwa by’ubushotoranyi.”

Yavuze kandi ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabanje guhakana ko uwarashwe atari umusirikare wayo ariko ko nyuma yaje kubyemera nyuma yuko hagaragajwe ibimenyetso simusiga.

Itsinda ry’Ingabo rishinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare byambukiranya imipaka mu karere EJVM (Expanded Joint Verification Mechanism) ryagaragarijwe rinakusanya ibimenyetso byose ndetse hari gutegurwa uko umurambo w’uyu musirikare washyikirizwa DRC.

Gen Patrick Karuretwa yabasobanuriye imiterere y’iki kibazo
RDF yagaragaje uko umusirikare wa FARDC yinjiye mu Rwanda arasa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nzarubara Emmanuel says:
    3 years ago

    Congo Imenye Ko u Rwanda Rurinzwe, Asante TV10.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 7 =

Previous Post

Cristiano yaciye akandi gahigo gakozwe n’umuntu wa mbere ku Isi

Next Post

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.