Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impamvu Umuganura wasigiye bamwe inyota yo kumenya amateka yawo

radiotv10by radiotv10
03/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impamvu Umuganura wasigiye bamwe inyota yo kumenya amateka yawo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kayonza ahizirijwe Umunsi Mukuru w’Umuganura ku rwego rw’Igihugu, bavuga ko bagize inyota n’amatsiko yo kumenya amateka arambuye kuri uyu munsi, kuko babonye ko ushobora kuba ari umunsi ukomeye mu muco nyarwanda kurusha uko babikekaga.

Babigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Kanama 2024, ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umuganura, wizihirijwe ku rwego rw’Igihugu mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza.

Uyu munsi kuri iyi nshuro wizihijwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira”, usanzwe wizihizwa ku wa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Kanama (08) buri mwaka.

Mu birori byo kwizihiza uyu munsi, bamwe mu baturage baganujwe, bahabwa ibitunga umubiri, ndetse abandi baranagabirwa, ibyatumye bamwe babona ko uyu munsi ukomeye.

Urubyiruko rwo muri aka Karere, rwagaragaje inyota yo kumenya amateka y’uyu munsi, bavuga ko ushobora kuba ufite uburemere burenze ubwo bakekaga.

Umwe yagize ati “Ni ubwa mbere nizihije umunsi mukuru w’Umuganura kuva mvutse. Byamfasha cyane kubimenya, nkamenya amateka y’abakuru basize, n’ukuntu babikoraga nanjye nkabimenya nkanabisobanukirwa.”

Undi ati “Ndacyari muto sindagira imyaka yo kuba namenya Umuganura ngo nsobanukirwe neza icyo ari cyo. Mba nshaka kumenya amateka cyane.”

Ababyeyi na bo bavuga ko abana babo bakwiye gusobanurirwa amateka y’uyu munsi, kuko hari abatawuha agaciro usanzwe ufite mu muco nyarwanda.

Umwe yagize ati “Ntabwo urubyiruko babizi, usibye kumva ngo ni Umuganura gusa. Ni inshingano tugomba gufata yo kwigisha abana bo muri iyi minsi ya none, tukabigisha cyera uko babigenzaga na bo bakamenya umuco wa cyera.”

Umwe mu bagabiwe inka, yashimiye Leta y’u Rwanda yagaruye Umuganura ikawuha agaciro kawo, none ukaba utumye yongera kuba umworozi.

Ati “Ni ibintu byo mu rwego rwo hejuru. Kuva nabaho ntabwo nigeze mbona umuyobozi umeze nk’uyu nguyu wubuka abaturage akabaha inka, ubwo anyibutse nkaba mbonye n’amata n ‘ubutaka  bwanjye bukaba bugiye kugira umusaruro mwiza rwose ndashimira Igihugu.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene yavuze ko kwizihiza umuganura bigaragaza isoko y’ubumwe no gusangira ibyagezweho, ndetse no gutanga urugero ku bakiri bato, kugira ngo bazasigarane uyu mucu ndetse bagende bawuhererekana ku bisekuru bizabaho mu bihe biri imbere.

Hanamuritswe Inka z’Inyambo zifite amateka akomeye mu muco nyarwanda
Bamwe bagabiwe banahabwa ibikoresho byo kwita ku nka
Abandi baganuzwa ku musaruro wabonetse
Byari ibyishimo mu bato n’abakuru

Dr Bizimana yibukije ko Umuganura ushimangira Ubumwe bw’Abanyarwanda

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Abasigajwe n’amateka bahishuye ibyo bagikorerwa byakekwaga ko byacitse, ubuyobozi bukabivuga ukundi

Next Post

Uwari umunyamakuru w’imyidagaduro ubu wabaye umusifuzi yaninjiye mu wundi mwuga

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari umunyamakuru w’imyidagaduro ubu wabaye umusifuzi yaninjiye mu wundi mwuga

Uwari umunyamakuru w’imyidagaduro ubu wabaye umusifuzi yaninjiye mu wundi mwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.