Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impamvu Umuganura wasigiye bamwe inyota yo kumenya amateka yawo

radiotv10by radiotv10
03/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impamvu Umuganura wasigiye bamwe inyota yo kumenya amateka yawo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kayonza ahizirijwe Umunsi Mukuru w’Umuganura ku rwego rw’Igihugu, bavuga ko bagize inyota n’amatsiko yo kumenya amateka arambuye kuri uyu munsi, kuko babonye ko ushobora kuba ari umunsi ukomeye mu muco nyarwanda kurusha uko babikekaga.

Babigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Kanama 2024, ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umuganura, wizihirijwe ku rwego rw’Igihugu mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza.

Uyu munsi kuri iyi nshuro wizihijwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira”, usanzwe wizihizwa ku wa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Kanama (08) buri mwaka.

Mu birori byo kwizihiza uyu munsi, bamwe mu baturage baganujwe, bahabwa ibitunga umubiri, ndetse abandi baranagabirwa, ibyatumye bamwe babona ko uyu munsi ukomeye.

Urubyiruko rwo muri aka Karere, rwagaragaje inyota yo kumenya amateka y’uyu munsi, bavuga ko ushobora kuba ufite uburemere burenze ubwo bakekaga.

Umwe yagize ati “Ni ubwa mbere nizihije umunsi mukuru w’Umuganura kuva mvutse. Byamfasha cyane kubimenya, nkamenya amateka y’abakuru basize, n’ukuntu babikoraga nanjye nkabimenya nkanabisobanukirwa.”

Undi ati “Ndacyari muto sindagira imyaka yo kuba namenya Umuganura ngo nsobanukirwe neza icyo ari cyo. Mba nshaka kumenya amateka cyane.”

Ababyeyi na bo bavuga ko abana babo bakwiye gusobanurirwa amateka y’uyu munsi, kuko hari abatawuha agaciro usanzwe ufite mu muco nyarwanda.

Umwe yagize ati “Ntabwo urubyiruko babizi, usibye kumva ngo ni Umuganura gusa. Ni inshingano tugomba gufata yo kwigisha abana bo muri iyi minsi ya none, tukabigisha cyera uko babigenzaga na bo bakamenya umuco wa cyera.”

Umwe mu bagabiwe inka, yashimiye Leta y’u Rwanda yagaruye Umuganura ikawuha agaciro kawo, none ukaba utumye yongera kuba umworozi.

Ati “Ni ibintu byo mu rwego rwo hejuru. Kuva nabaho ntabwo nigeze mbona umuyobozi umeze nk’uyu nguyu wubuka abaturage akabaha inka, ubwo anyibutse nkaba mbonye n’amata n ‘ubutaka  bwanjye bukaba bugiye kugira umusaruro mwiza rwose ndashimira Igihugu.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene yavuze ko kwizihiza umuganura bigaragaza isoko y’ubumwe no gusangira ibyagezweho, ndetse no gutanga urugero ku bakiri bato, kugira ngo bazasigarane uyu mucu ndetse bagende bawuhererekana ku bisekuru bizabaho mu bihe biri imbere.

Hanamuritswe Inka z’Inyambo zifite amateka akomeye mu muco nyarwanda
Bamwe bagabiwe banahabwa ibikoresho byo kwita ku nka
Abandi baganuzwa ku musaruro wabonetse
Byari ibyishimo mu bato n’abakuru

Dr Bizimana yibukije ko Umuganura ushimangira Ubumwe bw’Abanyarwanda

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 8 =

Previous Post

Abasigajwe n’amateka bahishuye ibyo bagikorerwa byakekwaga ko byacitse, ubuyobozi bukabivuga ukundi

Next Post

Uwari umunyamakuru w’imyidagaduro ubu wabaye umusifuzi yaninjiye mu wundi mwuga

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari umunyamakuru w’imyidagaduro ubu wabaye umusifuzi yaninjiye mu wundi mwuga

Uwari umunyamakuru w’imyidagaduro ubu wabaye umusifuzi yaninjiye mu wundi mwuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.