Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impapuro zo gufata Netanyahu hari uvuga ko bidahagije akavuga icyo yari akwiye gukorerwa

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Impapuro zo gufata Netanyahu hari uvuga ko bidahagije akavuga icyo yari akwiye gukorerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yavuze ko atemeranywa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ICC ku cyemezo cyo gushyiraho impapuro zo guta muri yombi abarimo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu; akavuga ko ahubwo bakwiye guhanishwa igihano cy’urupfu.

Iran Ayatollah Ali Khamenei, yatangaje ibi ubwo yasabwaga kugira icyo avuga ku cyemezo cyafashwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) cyo gusohora impapuro zo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, uwigeze kuba Minisitiri w’Ingabo muri iki Gihugu, hamwe n’umuyobozi wa Hamas, Ibrahim Al-Masri.

Yagize ati “Ibyo gusohora impapuro zo kubata muri yombi ntibihagije… Igihano cy’urupfu kigomba gutangwa kuri aba bayobozi b’abanyabyaha.”

Mu cyumweru gishize, Abacamanza b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) bavuze bafashe icyemezo cyo gusohora impapuro zo guta muri yombi aba bayobozi, nyuma yo gusanga  ko hari impamvu zumvikana zigaraza ko Benjamin Netanyahu na Yoav Gallant bashobora kuba bafite uruhare mu byaha birimo ubwicanyi, itotezwa, no gukoresha inzara nk’intwaro y’intambara ku baturage b’abasivili ba Gaza.

Iki ni cyemezo cyarakaje Israel, ndetse ko kidashobora guhabwa agaciro, icyakora ku rundi ruhande, abaturage ba Gaza bagaragaje ko cyabahaye icyizere ko kizafasha guhagarika ubwicanyi no kugeza imbere y’ubutabera abakoze ibyaha by’intambara.

Ku ruhande rw’umutwe wa Hamas ufite ibirindiro muri Gaza, impapuro zo gufata Ibrahim Al-Masri, umuyobozi wawo, zigaragaza ibyaha akurikiranyweho, birimo ubwicanyi, gusambanya no gufata abantu bugwate byakorewe abasivile mu bitero byakozwe ku ya 07 Ukwakira 2023 muri Israel, ari na byo byateje intambara muri Gaza.

Ntibitazwi niba uyu mugabo akiri muzima cyangwa yarapfuye, kuko nubwo Israel ivuga ko yishe Ibrahim Al-Masri, uzwi  nka Mohammed Deif mu igitero cy’indege yagabye mu Kwakira 2024, kugeza ubu Hamas ntirabyemeza cyangwa ngo ibihakane.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku bujurire bw’umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ wifuzaga gufungurwa

Next Post

U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho

U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.