Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa FARDC, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’iki Gihugu, aho yasimbuye Umugaba Mukuru wazo.

Itangazo ryatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu, rivuga ko Lieutenant General Banza Mwilambwe Jules yagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC, asimbuye General Tshiwewe Songesha Christian wari umaze imyaka ibiri kuri izi nshinhano dore ko yari yashyizweho na Tshiswjwdi muri 2022, ubwo na bwo yakoraga impinduka zikomeye mu buyobozi bukuru bw’ingabo.

Iri tangazo rivuga ko izi mpinduka zabayeho “kubera ko bikenewe kandi byihutirwa” ndetse ko byakozwe nyuma yuko “Inama Nkuru yateranye ikiga ku cyemezo cya Guverinoma, ikaba yemeje ko Banza Mwilambwe Jules abaye Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo.”

Lieutenant General Banza Mwilambwe Jules wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC asanzwe ari Umusirikare ufite ubuhanga mu bijyanye n’urugamba byumwihariko mu kurashisha imbunda ziremereye.

Uyu mujenerali wazamuwe mu mapeti muri 2022, ubwo yahabwaga ipeti rya Lieutenant General, yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’itsinda ry’Abasirikare bacungira hafi iby’umutekano, aho yari ashinzwe ibikorwa bya gisirikare n’ubutasi.

 

Abandi basirikare bahawe inshingano

General Tshiwewe Songesha Christian wari usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo, muri izi mpinduka nshya zakozwe na Perezida Tshisekedi, we yagizwe umujyanama mu Perezida mu bijyanye n’ibya gisirikare.

Naho Lt Gen Ichaligonza Nduru Jacques, yagizwe Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo ushinzwe ibikorwa bya Gisirikare, mu gihe Maj Gen Makombo Muinaminayi Jean Roger, yagizwe Umugaba Mukuru Wungirije ushinzwe ubutasi bwa gisirikare.

Hari kandi Brig Gen Katende Batubadila Benjamin, wagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ibikorwa bya gisirikare n’ubutasi mu mutwe w’abarinda Umukuru w’Igihugu.

Izi mpinduka mu buyobozi Bukuru bwa FARDC, zibayeho mu gihe imirwano ihanganishije iki Gisirikare na M23, yakajije umurego, byumwihariko mu gace ka Lubero, aho uyu mutwe ukomeje gukubita incuro uruhande bahanganye rwa FARDC.

Lt Gen Banza Mwilambwe Jules wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC
Yasimbuye General Tshiwewe Songesha Christian

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 12 =

Previous Post

RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

Next Post

AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

Related Posts

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

by radiotv10
02/12/2025
0

Nigeria’s Minister of Defence has resigned, citing health reasons, even as the country continues to face a surge in kidnappings...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.