Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa FARDC, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’iki Gihugu, aho yasimbuye Umugaba Mukuru wazo.

Itangazo ryatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu, rivuga ko Lieutenant General Banza Mwilambwe Jules yagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC, asimbuye General Tshiwewe Songesha Christian wari umaze imyaka ibiri kuri izi nshinhano dore ko yari yashyizweho na Tshiswjwdi muri 2022, ubwo na bwo yakoraga impinduka zikomeye mu buyobozi bukuru bw’ingabo.

Iri tangazo rivuga ko izi mpinduka zabayeho “kubera ko bikenewe kandi byihutirwa” ndetse ko byakozwe nyuma yuko “Inama Nkuru yateranye ikiga ku cyemezo cya Guverinoma, ikaba yemeje ko Banza Mwilambwe Jules abaye Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo.”

Lieutenant General Banza Mwilambwe Jules wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC asanzwe ari Umusirikare ufite ubuhanga mu bijyanye n’urugamba byumwihariko mu kurashisha imbunda ziremereye.

Uyu mujenerali wazamuwe mu mapeti muri 2022, ubwo yahabwaga ipeti rya Lieutenant General, yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’itsinda ry’Abasirikare bacungira hafi iby’umutekano, aho yari ashinzwe ibikorwa bya gisirikare n’ubutasi.

 

Abandi basirikare bahawe inshingano

General Tshiwewe Songesha Christian wari usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo, muri izi mpinduka nshya zakozwe na Perezida Tshisekedi, we yagizwe umujyanama mu Perezida mu bijyanye n’ibya gisirikare.

Naho Lt Gen Ichaligonza Nduru Jacques, yagizwe Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo ushinzwe ibikorwa bya Gisirikare, mu gihe Maj Gen Makombo Muinaminayi Jean Roger, yagizwe Umugaba Mukuru Wungirije ushinzwe ubutasi bwa gisirikare.

Hari kandi Brig Gen Katende Batubadila Benjamin, wagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ibikorwa bya gisirikare n’ubutasi mu mutwe w’abarinda Umukuru w’Igihugu.

Izi mpinduka mu buyobozi Bukuru bwa FARDC, zibayeho mu gihe imirwano ihanganishije iki Gisirikare na M23, yakajije umurego, byumwihariko mu gace ka Lubero, aho uyu mutwe ukomeje gukubita incuro uruhande bahanganye rwa FARDC.

Lt Gen Banza Mwilambwe Jules wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC
Yasimbuye General Tshiwewe Songesha Christian

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 1 =

Previous Post

RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

Next Post

AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza
MU RWANDA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.