Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Impinduka zihutirwa Tshisekedi yakoze mu Buyobozi Bukuru bwa FARDC 
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa FARDC, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’iki Gihugu, aho yasimbuye Umugaba Mukuru wazo.

Itangazo ryatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu, rivuga ko Lieutenant General Banza Mwilambwe Jules yagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC, asimbuye General Tshiwewe Songesha Christian wari umaze imyaka ibiri kuri izi nshinhano dore ko yari yashyizweho na Tshiswjwdi muri 2022, ubwo na bwo yakoraga impinduka zikomeye mu buyobozi bukuru bw’ingabo.

Iri tangazo rivuga ko izi mpinduka zabayeho “kubera ko bikenewe kandi byihutirwa” ndetse ko byakozwe nyuma yuko “Inama Nkuru yateranye ikiga ku cyemezo cya Guverinoma, ikaba yemeje ko Banza Mwilambwe Jules abaye Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo.”

Lieutenant General Banza Mwilambwe Jules wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC asanzwe ari Umusirikare ufite ubuhanga mu bijyanye n’urugamba byumwihariko mu kurashisha imbunda ziremereye.

Uyu mujenerali wazamuwe mu mapeti muri 2022, ubwo yahabwaga ipeti rya Lieutenant General, yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’itsinda ry’Abasirikare bacungira hafi iby’umutekano, aho yari ashinzwe ibikorwa bya gisirikare n’ubutasi.

 

Abandi basirikare bahawe inshingano

General Tshiwewe Songesha Christian wari usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo, muri izi mpinduka nshya zakozwe na Perezida Tshisekedi, we yagizwe umujyanama mu Perezida mu bijyanye n’ibya gisirikare.

Naho Lt Gen Ichaligonza Nduru Jacques, yagizwe Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo ushinzwe ibikorwa bya Gisirikare, mu gihe Maj Gen Makombo Muinaminayi Jean Roger, yagizwe Umugaba Mukuru Wungirije ushinzwe ubutasi bwa gisirikare.

Hari kandi Brig Gen Katende Batubadila Benjamin, wagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe ibikorwa bya gisirikare n’ubutasi mu mutwe w’abarinda Umukuru w’Igihugu.

Izi mpinduka mu buyobozi Bukuru bwa FARDC, zibayeho mu gihe imirwano ihanganishije iki Gisirikare na M23, yakajije umurego, byumwihariko mu gace ka Lubero, aho uyu mutwe ukomeje gukubita incuro uruhande bahanganye rwa FARDC.

Lt Gen Banza Mwilambwe Jules wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC
Yasimbuye General Tshiwewe Songesha Christian

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

RDF yizeje umusanzu mu Ngabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu Burasirazuba bwa Afurika

Next Post

AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Bidasubirwaho hemejwe ko icyorezo cya Marburg cyarangiye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.