Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impuguke yagaragaje umusaruro w’uruzinduko rwa Blinken mu by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Impuguke yagaragaje umusaruro w’uruzinduko rwa Blinken mu by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzobere mu bya politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan abona uruzinduko rw’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken, mu Rwanda no muri DRCongo, rwaratanze umusaruro mwiza mu kugabanya umwuka mubi wari uri hagati y’ibi Bihugu.

Iminsi 20 iruzuye, Ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigenderewe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken.

Kimwe mu byamugenzaga muri uru ruzinduko, harimo gufasha ibi Bihugu gukomeza kugana ku muti w’ibibazo bimaze iminsi bitutumba mu mubano wabyo.

Dr. Ismael Buchanan, umuhanga muri politike mpuzamahanga, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko ugereranyije n’uko umwuka wari umeze mu bihe bishize, muri iki gihe hari agahenge mu bibazo biri mu mubano w’ibi Bihugu by’ibituranyi.

Yagize ati “Ukurikije umurego byari bifite wareba uburyo bimeze ubu byakagombye kuba ahubwo ari bwo byari kuba bishyushye kubera kohereza ziriya ngabo zo muri East African Community bifuzaga, ariko wareba uburyo bicecetse ukibaza koko ikibazo gihari ni ikihe.”

Akomeza agira ati “Erega tunavuge na nyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za America kuko n’aho aviriye muri ibi Bihugu byombi (Rwanda na DRC)…”

Dr Buchanan avuga ko ibyakorwaga n’Abanye-Congo, “bari barashyushye mu mutwe ku rwego rwo hejuru”, kandi ko batari bafite impamvu bagaragazaga imyitwarire mibi nk’iriya.

Ati “Iyi dipolomasi yo kuganira ishobora kuba yaragabanyije umuvuduko w’ibibazo bariya bafite kuko wabonaga igitutu bari bafite ari nk’ikintu cyakabaye ku Rwanda nk’ibihano byagafatiwe u Rwanda. Ibyo barabibuze rero, umenya byaragabanyije igitutu bari bafite.”

Avuga ko umwuka uhari ubu ari wo wafasha impande zombi kugera ku muti kuko “gukemura ibibazo hari intambara, hari amagambo nk’ariya yakoreshejwe, hari abashaka kwambuka umupaka, abandi bashaka kwica abavuga ikinyarwanda, ubu kuba bituje ni wo mwanya mwiza wo kugira ngo bicare baganire.”

Mu ruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye mu bice binyuranye by’Igihugu mu cyumweru gishize, ubwo yari mu Karere Nyamasheke gahana imbibi na Congo, yaboneyeho gusezeranya Ibihugu by’ibituranyi ko ntawahungabanya umutekano wabyo aturutse mu Rwanda.

Yagize ati “Rwose kuri twe ntibazagire impungenge ngo bibwire ko hari ikizabangamira umutekano wabo giturutse mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Ariko nanjye nkabasaba, ariko bivuze ko nta n’umutekano w’u Rwanda ukwiye guhungabana biturutse mu baturanyi. Ni magirirane rero, turuzuzanya.”

Umwuka mubi mu mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wazamuwe n’ibirego Ibihugu byombi byashinjanyaga birimo kuba buri kimwe gifasha umutwe uhungabanya umutekano w’ikindi.

DRC ishinja u Rwanda gufasha Umutwe wa M23 mu gihe u Rwanda na rwo rwemeza ko ubutegetsi bwa Congo bufasha umutwe wa FDLR urimo na bamwe mu bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, ukaba unakomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ubwo Blinken yari mu Rwanda, mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru tariki 11 Kanama 2022, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za America, zifuza ko u Rwanda na DRC bakemura ibibazo biri hagati yabo, banyuze mu nzira z’ibiganiro.

Yanaboneyeho kandi kuvuga ko nta Gihugu na kimwe gikwiye kuba gifasha umutwe witwaje intwaro uhungabanya umutekano w’ikindi.

Blinken yahuye na Perezida Kagame
Yaje mu Rwanda avuye muri DRCongo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Ubwa mbere buratashye: The Ben na Miss Pamella basezeranye mu Murenge

Next Post

‘Yampe yose’ twayisezereye: Abarimu umushahara wa mbere utubutse wabasesekayeho barabyinira ku rukoma

Related Posts

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu Karere ka Nyarugenge bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura bwo gutobora...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

by radiotv10
08/08/2025
0

The National Public Prosecution Authority (NPPA) has confirmed the extradition of Francois Gasana, also known as Franky Dusabe, from the...

IZIHERUKA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka
MU RWANDA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Yampe yose’ twayisezereye: Abarimu umushahara wa mbere utubutse wabasesekayeho barabyinira ku rukoma

‘Yampe yose’ twayisezereye: Abarimu umushahara wa mbere utubutse wabasesekayeho barabyinira ku rukoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.