Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impuguke yagaragaje umusaruro w’uruzinduko rwa Blinken mu by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
01/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Impuguke yagaragaje umusaruro w’uruzinduko rwa Blinken mu by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Inzobere mu bya politiki mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan abona uruzinduko rw’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken, mu Rwanda no muri DRCongo, rwaratanze umusaruro mwiza mu kugabanya umwuka mubi wari uri hagati y’ibi Bihugu.

Iminsi 20 iruzuye, Ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigenderewe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken.

Kimwe mu byamugenzaga muri uru ruzinduko, harimo gufasha ibi Bihugu gukomeza kugana ku muti w’ibibazo bimaze iminsi bitutumba mu mubano wabyo.

Dr. Ismael Buchanan, umuhanga muri politike mpuzamahanga, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko ugereranyije n’uko umwuka wari umeze mu bihe bishize, muri iki gihe hari agahenge mu bibazo biri mu mubano w’ibi Bihugu by’ibituranyi.

Yagize ati “Ukurikije umurego byari bifite wareba uburyo bimeze ubu byakagombye kuba ahubwo ari bwo byari kuba bishyushye kubera kohereza ziriya ngabo zo muri East African Community bifuzaga, ariko wareba uburyo bicecetse ukibaza koko ikibazo gihari ni ikihe.”

Akomeza agira ati “Erega tunavuge na nyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za America kuko n’aho aviriye muri ibi Bihugu byombi (Rwanda na DRC)…”

Dr Buchanan avuga ko ibyakorwaga n’Abanye-Congo, “bari barashyushye mu mutwe ku rwego rwo hejuru”, kandi ko batari bafite impamvu bagaragazaga imyitwarire mibi nk’iriya.

Ati “Iyi dipolomasi yo kuganira ishobora kuba yaragabanyije umuvuduko w’ibibazo bariya bafite kuko wabonaga igitutu bari bafite ari nk’ikintu cyakabaye ku Rwanda nk’ibihano byagafatiwe u Rwanda. Ibyo barabibuze rero, umenya byaragabanyije igitutu bari bafite.”

Avuga ko umwuka uhari ubu ari wo wafasha impande zombi kugera ku muti kuko “gukemura ibibazo hari intambara, hari amagambo nk’ariya yakoreshejwe, hari abashaka kwambuka umupaka, abandi bashaka kwica abavuga ikinyarwanda, ubu kuba bituje ni wo mwanya mwiza wo kugira ngo bicare baganire.”

Mu ruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye mu bice binyuranye by’Igihugu mu cyumweru gishize, ubwo yari mu Karere Nyamasheke gahana imbibi na Congo, yaboneyeho gusezeranya Ibihugu by’ibituranyi ko ntawahungabanya umutekano wabyo aturutse mu Rwanda.

Yagize ati “Rwose kuri twe ntibazagire impungenge ngo bibwire ko hari ikizabangamira umutekano wabo giturutse mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Ariko nanjye nkabasaba, ariko bivuze ko nta n’umutekano w’u Rwanda ukwiye guhungabana biturutse mu baturanyi. Ni magirirane rero, turuzuzanya.”

Umwuka mubi mu mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wazamuwe n’ibirego Ibihugu byombi byashinjanyaga birimo kuba buri kimwe gifasha umutwe uhungabanya umutekano w’ikindi.

DRC ishinja u Rwanda gufasha Umutwe wa M23 mu gihe u Rwanda na rwo rwemeza ko ubutegetsi bwa Congo bufasha umutwe wa FDLR urimo na bamwe mu bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, ukaba unakomeje guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ubwo Blinken yari mu Rwanda, mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru tariki 11 Kanama 2022, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za America, zifuza ko u Rwanda na DRC bakemura ibibazo biri hagati yabo, banyuze mu nzira z’ibiganiro.

Yanaboneyeho kandi kuvuga ko nta Gihugu na kimwe gikwiye kuba gifasha umutwe witwaje intwaro uhungabanya umutekano w’ikindi.

Blinken yahuye na Perezida Kagame
Yaje mu Rwanda avuye muri DRCongo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Ubwa mbere buratashye: The Ben na Miss Pamella basezeranye mu Murenge

Next Post

‘Yampe yose’ twayisezereye: Abarimu umushahara wa mbere utubutse wabasesekayeho barabyinira ku rukoma

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Yampe yose’ twayisezereye: Abarimu umushahara wa mbere utubutse wabasesekayeho barabyinira ku rukoma

‘Yampe yose’ twayisezereye: Abarimu umushahara wa mbere utubutse wabasesekayeho barabyinira ku rukoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.