Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impyisi yateje ikikango hafi ya kaminuza birangira na yo yishwe

radiotv10by radiotv10
08/02/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Impyisi yateje ikikango hafi ya kaminuza birangira na yo yishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Impyisi yari yigize ingunge hafi ya kaminuza imwe iherereye mu Murwa Mukuru wa Kenya, i Nairobi; yishwe na yo imaze kurya umuntu umwe iramumara.

Ni nyuma y’uko impyisi zigabije umuturage wari uri gutashya inkwi mu ishyamba riri hafi y’iyi Kaminuza yitwa Multimedia University, ziramwirukankana ziramurya wese.

Iyi kaminuza iherereye mu mbago za Pariki y’Igihugu izwi nka Nairobi National Park isanzwe ibamo inyamaswa z’inkazi zirimo Impyisi, Intare n’Ibisamagwe.

Bivugwa ko umwe mu banyeshuri wari uri hafi, yumvise induru y’uwo muntu ari gutabaza, akihutira kujya gutabara ajyanywe n’umuntu umwe, bagezeyo na bo zirabigabiza zirabakomeretsa.

Ibyo byateje uburakari mu baturage cyane abaturiye iyo parike y’inyamanswa ndetse n’abanyeshuri biga muri iyo kaminuza, bavuga ko barambwiye kwangirizwa n’inyamanswa none ngo bigeze no kuba zitangiye kurya abantu.

Ikigo gishinzwe inyamanswa muri Kenya, kivuga ko iyo mpyisi yishwe ndetse ngo bari kureba ko nta burwayi yaba yasigiye abantu yariye.

Abanyeshuri bo muri kaminuza biriwe mu myigarambyo bamagana imicungire mibi y’umutekano bavuga ko batarinzwe nyamara bizwi neza ko baturiye parike icumbikiye inyamanswa z’inkazi. Bahisemo gufunga umuhanda uva kuri parike ngo barebe ko ibyifuzo byabo byakumvwa.

Kuva muri Mutarama uyu mwaka impyisi zirya zikanangiza iby’abaturage zariyongereye kugera aho kaminuza yo ubwayo yakunze gushyiraho amatangazo n’amasomo yihariye y’uburyo umuntu akwiye kwifata mu gihe ahuye n’impyisi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 13 =

Previous Post

Uwakurikiye Tshisekedi mu matora yongeye kumwikoma kubera ibyamubayeho ageze mu ndege ye

Next Post

Menya ibikorwa byatumye Ingengo y’Imari yiyongeraho Miliyari 85Frw birimo ibihanzwe amaso na benshi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibikorwa byatumye Ingengo y’Imari yiyongeraho Miliyari 85Frw birimo ibihanzwe amaso na benshi

Menya ibikorwa byatumye Ingengo y’Imari yiyongeraho Miliyari 85Frw birimo ibihanzwe amaso na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.