Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imvune zavuyemo umunyenga: Uwagowe no gutwita abana 5 ubu arababona akibagirwa uburibwe

radiotv10by radiotv10
05/11/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Imvune zavuyemo umunyenga: Uwagowe no gutwita abana 5 ubu arababona akibagirwa uburibwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo muri Kenya wabyaye impanga z’abana batanu, avuga ko akibatwite byamugoye ndetse akaza guhura n’imvune akibabyara, ariko ko ubu yishimira kubona uburyo bari gukura kuko banejeje.

Divina Nyangarisa ni umubyeyi w’abana batandantu bose b’abakobwa barimo batanu bavukiye umunsi umwe ubu bakaba bafite imyaka itandatu mu gihe mukuru wabo afite imyaka 10.

Uyu mubyeyi agaruka ku nkuru yo gutwita aba bana batanu b’impanga, mu kiganiro yagiranye na Afrimax TV, yavuze ko ubu yishimira kwicarana n’aba bana be bose barimo impanga eshanu ariko ngo mu gihe cyo kubatwita ntibyari byoroshye.

Ati “Igihe nari ntegereje ko hagera igihe cyo kubyara, natangiye kugira ibibazo, kuko natangiye kujya nduka amaraso. Rero kwari ugutwita kw’ingorabahizi.”

Yabyaye aba bana batagejeje igihe kuko bavutse habura amezi atatu, bagahita bashyirwa mu byuma bikuza abana, akavuga ko na bwo akibyara bitari byoroshye kuko bavutse ari bato cyane dore ko uwari ufite ibiro byinshi yari afite 1,5.

Ati “Bavutse bafite amagara mato, nkibanona nahise mbwira muganga nti ‘ntumbwire ko aba bana batazabaho?’ kuko ku bwanjye nabonaga batazabaho, numva birandenze n’ukuntu kubatwita byambereye umutwaro.”

Divina avuga ko na nyuma yo kubabyara yahuye n’imbogamizi nyinshi kuko kubitaho ubwabyo ari ihurizo rikomeye ndetse na nyuma aho batangiriye ishuri bikaba byaramugoye.

Avuga ko nubu bitoroshye kuko kubabonera ibibatunga ndetse n’amafaranga y’ishuri, icyakora kuko asanzwe ari umwarimu, yahisemo kubigishiriza mu rugo ariko nyuma baje kumuhagarika abajyana mu ishuri.

Ati “Bagejeje igihe cyo gutangira ishuri byarankomereye cyane, kugura imyambaro y’ishuri, kubishyurira amafaranga y’ishuri kandi ndi umwe, icyo naravuze nti ‘nubundi nsanzwe ndi umwarimu reka mbigishirize hano nshaka undi mwarimu wamfashije kuko kwigisha abana bawe na byo ntibyoroshye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 14 =

Previous Post

Hasobanuwe igipimo cyo kuba Ebola yagera mu Bihugu birimo u Rwanda

Next Post

Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.