Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imvune zavuyemo umunyenga: Uwagowe no gutwita abana 5 ubu arababona akibagirwa uburibwe

radiotv10by radiotv10
05/11/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Imvune zavuyemo umunyenga: Uwagowe no gutwita abana 5 ubu arababona akibagirwa uburibwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo muri Kenya wabyaye impanga z’abana batanu, avuga ko akibatwite byamugoye ndetse akaza guhura n’imvune akibabyara, ariko ko ubu yishimira kubona uburyo bari gukura kuko banejeje.

Divina Nyangarisa ni umubyeyi w’abana batandantu bose b’abakobwa barimo batanu bavukiye umunsi umwe ubu bakaba bafite imyaka itandatu mu gihe mukuru wabo afite imyaka 10.

Uyu mubyeyi agaruka ku nkuru yo gutwita aba bana batanu b’impanga, mu kiganiro yagiranye na Afrimax TV, yavuze ko ubu yishimira kwicarana n’aba bana be bose barimo impanga eshanu ariko ngo mu gihe cyo kubatwita ntibyari byoroshye.

Ati “Igihe nari ntegereje ko hagera igihe cyo kubyara, natangiye kugira ibibazo, kuko natangiye kujya nduka amaraso. Rero kwari ugutwita kw’ingorabahizi.”

Yabyaye aba bana batagejeje igihe kuko bavutse habura amezi atatu, bagahita bashyirwa mu byuma bikuza abana, akavuga ko na bwo akibyara bitari byoroshye kuko bavutse ari bato cyane dore ko uwari ufite ibiro byinshi yari afite 1,5.

Ati “Bavutse bafite amagara mato, nkibanona nahise mbwira muganga nti ‘ntumbwire ko aba bana batazabaho?’ kuko ku bwanjye nabonaga batazabaho, numva birandenze n’ukuntu kubatwita byambereye umutwaro.”

Divina avuga ko na nyuma yo kubabyara yahuye n’imbogamizi nyinshi kuko kubitaho ubwabyo ari ihurizo rikomeye ndetse na nyuma aho batangiriye ishuri bikaba byaramugoye.

Avuga ko nubu bitoroshye kuko kubabonera ibibatunga ndetse n’amafaranga y’ishuri, icyakora kuko asanzwe ari umwarimu, yahisemo kubigishiriza mu rugo ariko nyuma baje kumuhagarika abajyana mu ishuri.

Ati “Bagejeje igihe cyo gutangira ishuri byarankomereye cyane, kugura imyambaro y’ishuri, kubishyurira amafaranga y’ishuri kandi ndi umwe, icyo naravuze nti ‘nubundi nsanzwe ndi umwarimu reka mbigishirize hano nshaka undi mwarimu wamfashije kuko kwigisha abana bawe na byo ntibyoroshye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 7 =

Previous Post

Hasobanuwe igipimo cyo kuba Ebola yagera mu Bihugu birimo u Rwanda

Next Post

Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

Ndekyezi umaze gupfusha abantu 8 bishwe na Ebola yavuze amagambo ateye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.