Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

radiotv10by radiotv10
23/12/2025
in MU RWANDA
0
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya utu Turere twombi, utagira ikiraro, bityo bakambuka bavogera mu mazi ndetse igihe imvura iguye bakarara mu nzira kuko amazi aba yabaye menshi, abaturage banyura kuri uyu mugezi baracyatabaza ngo babone ikiraro bambukiraho.

Abo ni bamwe mu baturage bo mu Turere twa Rubavu na Rutsiro baganiriye na Radio TV10 muri Gashyantare 2024. Aba bagarukaga ku ruhuri rw’ibibazo baterwa n’uyu mugezi wa Bihongora utemba ugabanya imirenge ya Kanama na Nyabirasi mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba.

Bigirimana Martin ati: “Urabona ko mvuye kurangura, mu gihe cy’imvura rero hari igihe iri gare rigwamo, kandi naranguye ifu ugasanga yose irampombeye.”

Sezikeye (utuye hino y’umugezi muri Rubavu) ati: “Ndabacumbikira buri gihe rwose kuko n’ubu iguye baryama, nk’abagiye guhaha muri Karambo, za Mahoko…”

Burakaza ati: “Erega hano njye naraharaye umugezi wuzuye sinkuru, mbarirano; n’ukuvuga ngo iyo iguye ntihite ndarara, ariko biraturambiye rwose.”

Muri uko kwezi kwa Kabiri k’umwaka ushize wa 2024, ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwari bwatanze icyizere ko mu gihe gito iki kiraro kizatangira kubakwa kuko hari abafatanyabikorwa ngo bari bamaze kuboneka bashaka gufasha kucyubaka. Cyakora ubwo twageraga kuri uyu mugezi wa Bihongora, twasanze nta gikorwa na kimwe cyo kubaka ikiraro cyigeze gikorwa, ndetse abaturage bavuga ko basa n’aho birengagijwe.

Ndagijimana Eliezel ati: “N’ubu ntacyo baragikoraho; byaba byiza bakidukoreye mu buryo bwihuse ku buryo twajya dutaha bitworoheye.”

Dusengimana Jean Claude (umumotari wo muri Kanama) ati: “Gucamo ni ibibazo kuko iyo umugezi wuzuye, abo hirya ni uguhera iyo, n’abo hino bakahahera, tukabura uko twambuka, kandi abaturage bashaka gutaha, bityo natwe tukabura amafaranga.”

Nzamuye Diyonizi ati: “Umutekano ni mucye kuko iyo imvura iguye uyu mugezi uruzura cyane; mbese kizanakemuka ari uko uturere twombi twicaranye bagashyira hamwe, naho ubundi iyo huzuye hari n’ubwo utanga amafaranga RWF 500 abasore bakaguheka mu mugongo.”

Ni mu gihe mu butumwa bugufi kuri telefone, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko koko iki ari ikibazo kitoroheye abaturage, ariko ko ubuyobozi bw’uturere twombi bukizi kandi ko RTDA igiye kugikora.

Uyu muyobozi yakomeje agaragaza ko ingengo y’imari igenewe iki gikorwa yamaze kuboneka, ubu hakaba hari gushakwa, binyuze mu masoko, abagomba kucyubaka.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Next Post

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.