Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyigaragambyo y’abahinzi mu Bufaransa yahinduye isura

radiotv10by radiotv10
31/01/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imyigaragambyo y’abahinzi mu Bufaransa yahinduye isura
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Bufaransa iryamiye amajanja kugira ngo ihangane n’abahinzi bari mu myigaragambyo mu gihe baba barenze nyirantarengwa bahawe, mu gihe bo bakomeje urugendo rugana aho babujijwe kwinjira.

Aba bahinzi barimo aba kijyambere, bari mu myigaragambyo bari gukoreshamo ibimodoka bihinga, bari gukoresha bafunga imihanda ijya mu murwa mukuru i Paris, muri Lyon ndetse no mu bindi bice bitandukanye mu Bufaransa.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Mutarama 2024, ku munsi wa gatatu w’imyigaragambyo, abahinzi babarirwa mu bihumbi, bakomeje kwirara mu mihanda, mu gihe Polisi na yo iryamiye amajanja ngo ihangane na bo igihe baba barenze umurongo utukura.

Mu myigaragambyo yabo, barasaba Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na Guverinoma ye, gukuraho imbogamizi zibabangamiye, zirimo ibiciro biri hasi bagurirwaho umusaruro wabo, ndetse no kubafasha guhangana ku isoko mpuzamahanga.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’abahizi mu ishami rya Lot-et-Garonne, Serge Bousquet-Cassagne; ubwo yabwiraga abigaragambya, yagize ati “Ntewe ishema namwe. Muri kurwana uru rugamba kuko nitutarurwana, tuzapfa.”

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Gérald Darmanin yaburiye aba bahindi bari mu myigaragambyo kudahirahira begera agace ka Rugis gasanzwe kabamo amaguriro y’ibiribwa ndetse n’indi mijyi mikuru, ndetse asaba Polisi ko igihe bagerageje kurenga kuri aya mabwiriza, guhita ihangana nabo.

Yagize ati “Ntibashobora kurwanya Polisi, ntibashobora kwinjira muri Rungis, ntibashobora kwinjira mu Bibuga by’indege by’i Paris cyangwa i Paris rwagati.”

Ibimodoka by’abahinzi bimaze iminsi mu mihanda, ndetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, byari byafashe urugendo byerecyeza muri uyu mujyi wa Rungis, babujijwe kwinjiramo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 5 =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye Abadepite ba Maldives bafatana mu mashati bagaterana ibipfunsi mu Nteko

Next Post

Bidateye kabiri America yongeye kugaragarizwa ko igitinyiro cyayo kiri kuyoyoka

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidateye kabiri America yongeye kugaragarizwa ko igitinyiro cyayo kiri kuyoyoka

Bidateye kabiri America yongeye kugaragarizwa ko igitinyiro cyayo kiri kuyoyoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.