Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga, avuga ko imyigaragarambyo imaze iminsi mu Bwongereza, igaragaza ko ihame rya Demokarasi Ibihugu by’i Burayi bivuga ko byakatajeho, na byo harimo ibibazo, bityo ko imiyoborere y’Ibihugu byo kuri uyu Mugabane ikwiye kwikebuka.

Mu Bwongereza, imyigaragambyo y’abashyigikiye abimukira ikomeje kwitabirwa n’abatari bacye hirya no hino muri iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi.

Abigaragambya bafite ibyapa biriho amagambo aha ikaze abimukira n’abasaba ubuhungiro, yabereye mu mijyi irimo Liverpol, Birmingham, Oxford n’ahandi nyuma y’uko hari habanje indi myigaragambyo yanaranzwemo ibikorwa by’urugomo.

Iyabanje y’abadashyigikiye abimukira, abayitabiriye basabaga Guverinoma y’Igihugu cyabo kwirukana abimukira n’abasaba ubuhungiiro muri iki Gihugu ahubwo ngo ibyo Leta ibatangaho bigafasha Abongereza barimo n’abatagira aho kuba birirwa mu mihanda.

Iyi myigaragambyo yasembuwe n’urupfu rw’abana batatu bishwe batewe icyuma n’umwana w’Umunyarwanda, nyuma hakajya hanze ibihuha byavugaga ko byakozwe n’umusilamu wagiye mu Bwongereza asaba ubuhungiro, icyakora ayo makuru yaje kunyomozwa n’inzego z’umutekano aho mu bwongereza.

Bamwe mu bimukira, babwiye ibinyamakuru bya BBC na Aljazeera ko kubona ababashyigikiye ndetse bemera kujya mu mihanda ari inkunga ikomeye, kuko bari bamaze iminsi barihebye babona ko ntawubari inyuma.

Kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru, hiriwe ubwoba ko ahacumbikiwe abimukira hari kwibasirwa n’abigaragambya, icyakora ahubwo hahise hatangira imyigaragambyo y’Abongereza bashyigikira abimukira bavuga ko bafatiye runini Igihugu cyabo ndetse ko bahawe ikaze.

Umwe yagize ati “Ndumva binteye ikimwaro, ntabwo turi kwigaragaza neza, ni imyitwarire itari iyo gushima.”

Undi yagize ati “Urabona ko ahantu henshi hakikijwe n’abantu, hashize iminsi dufite ubwoba bw’ibishobora kuba, ni yo mpamvu twumva ari ngombwa kuza hano ngo turinde abaturage bacu.”

 

Isomo ryaba irihe?

Umusesenguzi mu bya Politiki mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana; mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko iyi myigaragambyo yo mu Bwongereza, yagaragaje ko ihame rya Demokarasi rifashwa nk’isomo ryazamuwe n’Abanyaburayi, basa nk’abarisinze.

Yagize ati “Iyo urebye urugomo n’ibindi byaha biri gukorwa mu Bwongereza bikwereka urwego Ibihugu by’i Burayi bigezeho mu rwego rwo kureengera uburenganzira.”

Alexis Nizeyimana avuga ko kandi imiyoborere y’amashyaka aba ahanganye muri ibi Bihugu, na yo akwiye kwikebuka, akareba uko yashyira hamwe mu nyungu z’abaturage.

Ati “Birasaba ko abatsinze amatora baza kwicarana n’ishyaka ry’abakonserivateri (batavuga rumwe) barebere hamwe gahunda bahuriraho ku birebana n’abimukira kugira ngo bahoshe imyigaragambyo, bitabaye ibyo urugomo ruri mu myigaragambyo rwacamo Igihugu kabiri.”

Inzego z’umutekano mu Bwongereza, zikomeje kugerageza gukoma imbere abigaragambya, zibabuza gukora ibikorwa by’urugomo, ndetse kugeza ubu hakaba hamaze gutabwa muri yombi abagera muri 400.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 16 =

Previous Post

Ukomeye muri M23 yageneye ubutumwa Congo nyuma y’uko we na bagenzi be bakatiwe urwo gupfa

Next Post

Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Related Posts

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

IZIHERUKA

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI
IBYAMAMARE

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.