Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga, avuga ko imyigaragarambyo imaze iminsi mu Bwongereza, igaragaza ko ihame rya Demokarasi Ibihugu by’i Burayi bivuga ko byakatajeho, na byo harimo ibibazo, bityo ko imiyoborere y’Ibihugu byo kuri uyu Mugabane ikwiye kwikebuka.

Mu Bwongereza, imyigaragambyo y’abashyigikiye abimukira ikomeje kwitabirwa n’abatari bacye hirya no hino muri iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi.

Abigaragambya bafite ibyapa biriho amagambo aha ikaze abimukira n’abasaba ubuhungiro, yabereye mu mijyi irimo Liverpol, Birmingham, Oxford n’ahandi nyuma y’uko hari habanje indi myigaragambyo yanaranzwemo ibikorwa by’urugomo.

Iyabanje y’abadashyigikiye abimukira, abayitabiriye basabaga Guverinoma y’Igihugu cyabo kwirukana abimukira n’abasaba ubuhungiiro muri iki Gihugu ahubwo ngo ibyo Leta ibatangaho bigafasha Abongereza barimo n’abatagira aho kuba birirwa mu mihanda.

Iyi myigaragambyo yasembuwe n’urupfu rw’abana batatu bishwe batewe icyuma n’umwana w’Umunyarwanda, nyuma hakajya hanze ibihuha byavugaga ko byakozwe n’umusilamu wagiye mu Bwongereza asaba ubuhungiro, icyakora ayo makuru yaje kunyomozwa n’inzego z’umutekano aho mu bwongereza.

Bamwe mu bimukira, babwiye ibinyamakuru bya BBC na Aljazeera ko kubona ababashyigikiye ndetse bemera kujya mu mihanda ari inkunga ikomeye, kuko bari bamaze iminsi barihebye babona ko ntawubari inyuma.

Kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru, hiriwe ubwoba ko ahacumbikiwe abimukira hari kwibasirwa n’abigaragambya, icyakora ahubwo hahise hatangira imyigaragambyo y’Abongereza bashyigikira abimukira bavuga ko bafatiye runini Igihugu cyabo ndetse ko bahawe ikaze.

Umwe yagize ati “Ndumva binteye ikimwaro, ntabwo turi kwigaragaza neza, ni imyitwarire itari iyo gushima.”

Undi yagize ati “Urabona ko ahantu henshi hakikijwe n’abantu, hashize iminsi dufite ubwoba bw’ibishobora kuba, ni yo mpamvu twumva ari ngombwa kuza hano ngo turinde abaturage bacu.”

 

Isomo ryaba irihe?

Umusesenguzi mu bya Politiki mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana; mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko iyi myigaragambyo yo mu Bwongereza, yagaragaje ko ihame rya Demokarasi rifashwa nk’isomo ryazamuwe n’Abanyaburayi, basa nk’abarisinze.

Yagize ati “Iyo urebye urugomo n’ibindi byaha biri gukorwa mu Bwongereza bikwereka urwego Ibihugu by’i Burayi bigezeho mu rwego rwo kureengera uburenganzira.”

Alexis Nizeyimana avuga ko kandi imiyoborere y’amashyaka aba ahanganye muri ibi Bihugu, na yo akwiye kwikebuka, akareba uko yashyira hamwe mu nyungu z’abaturage.

Ati “Birasaba ko abatsinze amatora baza kwicarana n’ishyaka ry’abakonserivateri (batavuga rumwe) barebere hamwe gahunda bahuriraho ku birebana n’abimukira kugira ngo bahoshe imyigaragambyo, bitabaye ibyo urugomo ruri mu myigaragambyo rwacamo Igihugu kabiri.”

Inzego z’umutekano mu Bwongereza, zikomeje kugerageza gukoma imbere abigaragambya, zibabuza gukora ibikorwa by’urugomo, ndetse kugeza ubu hakaba hamaze gutabwa muri yombi abagera muri 400.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Ukomeye muri M23 yageneye ubutumwa Congo nyuma y’uko we na bagenzi be bakatiwe urwo gupfa

Next Post

Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.