Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga, avuga ko imyigaragarambyo imaze iminsi mu Bwongereza, igaragaza ko ihame rya Demokarasi Ibihugu by’i Burayi bivuga ko byakatajeho, na byo harimo ibibazo, bityo ko imiyoborere y’Ibihugu byo kuri uyu Mugabane ikwiye kwikebuka.

Mu Bwongereza, imyigaragambyo y’abashyigikiye abimukira ikomeje kwitabirwa n’abatari bacye hirya no hino muri iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi.

Abigaragambya bafite ibyapa biriho amagambo aha ikaze abimukira n’abasaba ubuhungiro, yabereye mu mijyi irimo Liverpol, Birmingham, Oxford n’ahandi nyuma y’uko hari habanje indi myigaragambyo yanaranzwemo ibikorwa by’urugomo.

Iyabanje y’abadashyigikiye abimukira, abayitabiriye basabaga Guverinoma y’Igihugu cyabo kwirukana abimukira n’abasaba ubuhungiiro muri iki Gihugu ahubwo ngo ibyo Leta ibatangaho bigafasha Abongereza barimo n’abatagira aho kuba birirwa mu mihanda.

Iyi myigaragambyo yasembuwe n’urupfu rw’abana batatu bishwe batewe icyuma n’umwana w’Umunyarwanda, nyuma hakajya hanze ibihuha byavugaga ko byakozwe n’umusilamu wagiye mu Bwongereza asaba ubuhungiro, icyakora ayo makuru yaje kunyomozwa n’inzego z’umutekano aho mu bwongereza.

Bamwe mu bimukira, babwiye ibinyamakuru bya BBC na Aljazeera ko kubona ababashyigikiye ndetse bemera kujya mu mihanda ari inkunga ikomeye, kuko bari bamaze iminsi barihebye babona ko ntawubari inyuma.

Kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru, hiriwe ubwoba ko ahacumbikiwe abimukira hari kwibasirwa n’abigaragambya, icyakora ahubwo hahise hatangira imyigaragambyo y’Abongereza bashyigikira abimukira bavuga ko bafatiye runini Igihugu cyabo ndetse ko bahawe ikaze.

Umwe yagize ati “Ndumva binteye ikimwaro, ntabwo turi kwigaragaza neza, ni imyitwarire itari iyo gushima.”

Undi yagize ati “Urabona ko ahantu henshi hakikijwe n’abantu, hashize iminsi dufite ubwoba bw’ibishobora kuba, ni yo mpamvu twumva ari ngombwa kuza hano ngo turinde abaturage bacu.”

 

Isomo ryaba irihe?

Umusesenguzi mu bya Politiki mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana; mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko iyi myigaragambyo yo mu Bwongereza, yagaragaje ko ihame rya Demokarasi rifashwa nk’isomo ryazamuwe n’Abanyaburayi, basa nk’abarisinze.

Yagize ati “Iyo urebye urugomo n’ibindi byaha biri gukorwa mu Bwongereza bikwereka urwego Ibihugu by’i Burayi bigezeho mu rwego rwo kureengera uburenganzira.”

Alexis Nizeyimana avuga ko kandi imiyoborere y’amashyaka aba ahanganye muri ibi Bihugu, na yo akwiye kwikebuka, akareba uko yashyira hamwe mu nyungu z’abaturage.

Ati “Birasaba ko abatsinze amatora baza kwicarana n’ishyaka ry’abakonserivateri (batavuga rumwe) barebere hamwe gahunda bahuriraho ku birebana n’abimukira kugira ngo bahoshe imyigaragambyo, bitabaye ibyo urugomo ruri mu myigaragambyo rwacamo Igihugu kabiri.”

Inzego z’umutekano mu Bwongereza, zikomeje kugerageza gukoma imbere abigaragambya, zibabuza gukora ibikorwa by’urugomo, ndetse kugeza ubu hakaba hamaze gutabwa muri yombi abagera muri 400.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 6 =

Previous Post

Ukomeye muri M23 yageneye ubutumwa Congo nyuma y’uko we na bagenzi be bakatiwe urwo gupfa

Next Post

Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Related Posts

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

IZIHERUKA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’
IMIBEREHO MYIZA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.