Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Imyigaragambyo yo mu Bwongereza ikwiye gusiga somo ki?-Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga, avuga ko imyigaragarambyo imaze iminsi mu Bwongereza, igaragaza ko ihame rya Demokarasi Ibihugu by’i Burayi bivuga ko byakatajeho, na byo harimo ibibazo, bityo ko imiyoborere y’Ibihugu byo kuri uyu Mugabane ikwiye kwikebuka.

Mu Bwongereza, imyigaragambyo y’abashyigikiye abimukira ikomeje kwitabirwa n’abatari bacye hirya no hino muri iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi.

Abigaragambya bafite ibyapa biriho amagambo aha ikaze abimukira n’abasaba ubuhungiro, yabereye mu mijyi irimo Liverpol, Birmingham, Oxford n’ahandi nyuma y’uko hari habanje indi myigaragambyo yanaranzwemo ibikorwa by’urugomo.

Iyabanje y’abadashyigikiye abimukira, abayitabiriye basabaga Guverinoma y’Igihugu cyabo kwirukana abimukira n’abasaba ubuhungiiro muri iki Gihugu ahubwo ngo ibyo Leta ibatangaho bigafasha Abongereza barimo n’abatagira aho kuba birirwa mu mihanda.

Iyi myigaragambyo yasembuwe n’urupfu rw’abana batatu bishwe batewe icyuma n’umwana w’Umunyarwanda, nyuma hakajya hanze ibihuha byavugaga ko byakozwe n’umusilamu wagiye mu Bwongereza asaba ubuhungiro, icyakora ayo makuru yaje kunyomozwa n’inzego z’umutekano aho mu bwongereza.

Bamwe mu bimukira, babwiye ibinyamakuru bya BBC na Aljazeera ko kubona ababashyigikiye ndetse bemera kujya mu mihanda ari inkunga ikomeye, kuko bari bamaze iminsi barihebye babona ko ntawubari inyuma.

Kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru, hiriwe ubwoba ko ahacumbikiwe abimukira hari kwibasirwa n’abigaragambya, icyakora ahubwo hahise hatangira imyigaragambyo y’Abongereza bashyigikira abimukira bavuga ko bafatiye runini Igihugu cyabo ndetse ko bahawe ikaze.

Umwe yagize ati “Ndumva binteye ikimwaro, ntabwo turi kwigaragaza neza, ni imyitwarire itari iyo gushima.”

Undi yagize ati “Urabona ko ahantu henshi hakikijwe n’abantu, hashize iminsi dufite ubwoba bw’ibishobora kuba, ni yo mpamvu twumva ari ngombwa kuza hano ngo turinde abaturage bacu.”

 

Isomo ryaba irihe?

Umusesenguzi mu bya Politiki mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana; mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko iyi myigaragambyo yo mu Bwongereza, yagaragaje ko ihame rya Demokarasi rifashwa nk’isomo ryazamuwe n’Abanyaburayi, basa nk’abarisinze.

Yagize ati “Iyo urebye urugomo n’ibindi byaha biri gukorwa mu Bwongereza bikwereka urwego Ibihugu by’i Burayi bigezeho mu rwego rwo kureengera uburenganzira.”

Alexis Nizeyimana avuga ko kandi imiyoborere y’amashyaka aba ahanganye muri ibi Bihugu, na yo akwiye kwikebuka, akareba uko yashyira hamwe mu nyungu z’abaturage.

Ati “Birasaba ko abatsinze amatora baza kwicarana n’ishyaka ry’abakonserivateri (batavuga rumwe) barebere hamwe gahunda bahuriraho ku birebana n’abimukira kugira ngo bahoshe imyigaragambyo, bitabaye ibyo urugomo ruri mu myigaragambyo rwacamo Igihugu kabiri.”

Inzego z’umutekano mu Bwongereza, zikomeje kugerageza gukoma imbere abigaragambya, zibabuza gukora ibikorwa by’urugomo, ndetse kugeza ubu hakaba hamaze gutabwa muri yombi abagera muri 400.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Ukomeye muri M23 yageneye ubutumwa Congo nyuma y’uko we na bagenzi be bakatiwe urwo gupfa

Next Post

Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Related Posts

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.