Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inama ya Minisitiri itunguranye ntikwiye kukubuza gusezeranya abo wabyemereye- Min.Gatabazi

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inama ya Minisitiri itunguranye ntikwiye kukubuza gusezeranya abo wabyemereye- Min.Gatabazi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze babereyeho abaturage bityo ko kubaha serivisi bidakwiye kugira ikibisimbura, atanga urugero ko Gitifu wemereye abaturage kubasezeranya adakwiye kubihagarika ngo yitabire inama itunguranye ya Minisitiri.

Mu kiganiro yagiranye na Radio 10 kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko mu miyoborere y’Igihugu, ubu ingingo igezweho, ari ugukemura ibibazo by’abaturage kandi abayobozi bakabasanga aho bari.

Avuga ko bijyana n’umurongo w’imiyoborere yo gushyira umuturage ku isonga kandi ko bishinze imizi ku mahitamo y’u Rwanda.

Ati “Uhereye mu kubohora u Rwanda, RPF ibohora u Rwanda imaze gutsinda urugamba, icyo yashyize imbere, ni uko umuturage ari we zingiro ry’ibyo dukora byose, ari gahunda y’igenamigambi, ari ibikorwa remezo bikorwa, buri kintu cyose gikorwa mu Gihugu, gikorwa mu nyungu z’umuturage.”

Hon Gatabazi avuga ko iri hame ry’uko umuturage aza ku isonga, bikwiye guhora bikomanga ku mitima y’abayobozi bakumva ko babereyeho abaturage.

Ati “Njyewe ndi Minisitiri kuko hari abaturage, uri mayor kuko hari abaturage, uri Gitifu w’Umurenge kuko hari abaturage, ni na bo bakoresha bacu, kuko iyo baguhaye inshingano baba bashaka ko uzaza gusubiza bya bibazo by’abaturage.”

Minisitiri Gatabazi wagarutse ku mitangire ya serivisi imaze iminsi ikemangwa kubera abayobozi baringana abaturage bakabasiragiza cyangwa bakajya kubareba bakababura, yavuze ko mu nshingano zabo ntakiruta umuturage.

Ati “Niba warabwiye abantu ngo baze ku Murenge kubasezeranya, Minisitiri akavuga ngo afite inama, ntabwo Minisitiri azakubuza kujya gusezeranya ba baturage wahamagaye ku Murenge ngo ugiye mu nama ya Minisitiri…

Ntabwo byitwa ko waba usuzuguye ariko na Minisitiri na we yakumva ko kuko watumiye abantu ku Murenge kubasezeranya, wagombye kubanza kuba ari bo uha serivisi wenda n’inama wari kuyijyamo ikarangira utanavuze n’ijambo na rimwe ariko ugasiga abaturage wagombaga guha serivisi.”

Gatabazi avuga ko mu miyoborere y’inzego z’ibanze hagiye hagaragara ibibazo nk’ibi byo kumva ko umuyobozi utumije inama y’abo mu nzego akuriye, bihutira kumwitaba, ariko ko muri iki gihe byacitse.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 9 =

Previous Post

Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Next Post

VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.