Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inama ya Minisitiri itunguranye ntikwiye kukubuza gusezeranya abo wabyemereye- Min.Gatabazi

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inama ya Minisitiri itunguranye ntikwiye kukubuza gusezeranya abo wabyemereye- Min.Gatabazi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze babereyeho abaturage bityo ko kubaha serivisi bidakwiye kugira ikibisimbura, atanga urugero ko Gitifu wemereye abaturage kubasezeranya adakwiye kubihagarika ngo yitabire inama itunguranye ya Minisitiri.

Mu kiganiro yagiranye na Radio 10 kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko mu miyoborere y’Igihugu, ubu ingingo igezweho, ari ugukemura ibibazo by’abaturage kandi abayobozi bakabasanga aho bari.

Avuga ko bijyana n’umurongo w’imiyoborere yo gushyira umuturage ku isonga kandi ko bishinze imizi ku mahitamo y’u Rwanda.

Ati “Uhereye mu kubohora u Rwanda, RPF ibohora u Rwanda imaze gutsinda urugamba, icyo yashyize imbere, ni uko umuturage ari we zingiro ry’ibyo dukora byose, ari gahunda y’igenamigambi, ari ibikorwa remezo bikorwa, buri kintu cyose gikorwa mu Gihugu, gikorwa mu nyungu z’umuturage.”

Hon Gatabazi avuga ko iri hame ry’uko umuturage aza ku isonga, bikwiye guhora bikomanga ku mitima y’abayobozi bakumva ko babereyeho abaturage.

Ati “Njyewe ndi Minisitiri kuko hari abaturage, uri mayor kuko hari abaturage, uri Gitifu w’Umurenge kuko hari abaturage, ni na bo bakoresha bacu, kuko iyo baguhaye inshingano baba bashaka ko uzaza gusubiza bya bibazo by’abaturage.”

Minisitiri Gatabazi wagarutse ku mitangire ya serivisi imaze iminsi ikemangwa kubera abayobozi baringana abaturage bakabasiragiza cyangwa bakajya kubareba bakababura, yavuze ko mu nshingano zabo ntakiruta umuturage.

Ati “Niba warabwiye abantu ngo baze ku Murenge kubasezeranya, Minisitiri akavuga ngo afite inama, ntabwo Minisitiri azakubuza kujya gusezeranya ba baturage wahamagaye ku Murenge ngo ugiye mu nama ya Minisitiri…

Ntabwo byitwa ko waba usuzuguye ariko na Minisitiri na we yakumva ko kuko watumiye abantu ku Murenge kubasezeranya, wagombye kubanza kuba ari bo uha serivisi wenda n’inama wari kuyijyamo ikarangira utanavuze n’ijambo na rimwe ariko ugasiga abaturage wagombaga guha serivisi.”

Gatabazi avuga ko mu miyoborere y’inzego z’ibanze hagiye hagaragara ibibazo nk’ibi byo kumva ko umuyobozi utumije inama y’abo mu nzego akuriye, bihutira kumwitaba, ariko ko muri iki gihe byacitse.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Next Post

VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.