Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inama ya Minisitiri itunguranye ntikwiye kukubuza gusezeranya abo wabyemereye- Min.Gatabazi

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inama ya Minisitiri itunguranye ntikwiye kukubuza gusezeranya abo wabyemereye- Min.Gatabazi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze babereyeho abaturage bityo ko kubaha serivisi bidakwiye kugira ikibisimbura, atanga urugero ko Gitifu wemereye abaturage kubasezeranya adakwiye kubihagarika ngo yitabire inama itunguranye ya Minisitiri.

Mu kiganiro yagiranye na Radio 10 kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira 2022, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney yavuze ko mu miyoborere y’Igihugu, ubu ingingo igezweho, ari ugukemura ibibazo by’abaturage kandi abayobozi bakabasanga aho bari.

Avuga ko bijyana n’umurongo w’imiyoborere yo gushyira umuturage ku isonga kandi ko bishinze imizi ku mahitamo y’u Rwanda.

Ati “Uhereye mu kubohora u Rwanda, RPF ibohora u Rwanda imaze gutsinda urugamba, icyo yashyize imbere, ni uko umuturage ari we zingiro ry’ibyo dukora byose, ari gahunda y’igenamigambi, ari ibikorwa remezo bikorwa, buri kintu cyose gikorwa mu Gihugu, gikorwa mu nyungu z’umuturage.”

Hon Gatabazi avuga ko iri hame ry’uko umuturage aza ku isonga, bikwiye guhora bikomanga ku mitima y’abayobozi bakumva ko babereyeho abaturage.

Ati “Njyewe ndi Minisitiri kuko hari abaturage, uri mayor kuko hari abaturage, uri Gitifu w’Umurenge kuko hari abaturage, ni na bo bakoresha bacu, kuko iyo baguhaye inshingano baba bashaka ko uzaza gusubiza bya bibazo by’abaturage.”

Minisitiri Gatabazi wagarutse ku mitangire ya serivisi imaze iminsi ikemangwa kubera abayobozi baringana abaturage bakabasiragiza cyangwa bakajya kubareba bakababura, yavuze ko mu nshingano zabo ntakiruta umuturage.

Ati “Niba warabwiye abantu ngo baze ku Murenge kubasezeranya, Minisitiri akavuga ngo afite inama, ntabwo Minisitiri azakubuza kujya gusezeranya ba baturage wahamagaye ku Murenge ngo ugiye mu nama ya Minisitiri…

Ntabwo byitwa ko waba usuzuguye ariko na Minisitiri na we yakumva ko kuko watumiye abantu ku Murenge kubasezeranya, wagombye kubanza kuba ari bo uha serivisi wenda n’inama wari kuyijyamo ikarangira utanavuze n’ijambo na rimwe ariko ugasiga abaturage wagombaga guha serivisi.”

Gatabazi avuga ko mu miyoborere y’inzego z’ibanze hagiye hagaragara ibibazo nk’ibi byo kumva ko umuyobozi utumije inama y’abo mu nzego akuriye, bihutira kumwitaba, ariko ko muri iki gihe byacitse.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Prince Kid yageze imbere y’Urukiko ahita arugaragariza inzitizi itunguranye

Next Post

VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri
FOOTBALL

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

VIDEO: Seifu na Rashid mu mukino nkarishyabwenge ‘10battle’ byari ibitwenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.