Wednesday, March 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

radiotv10by radiotv10
04/03/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahitanye abantu barenga 100.

Iyi mpanuka yabaye kuri wa Kabiri tariki 03 Werurwe 2026, mu gace ka Kasasa gacukurwamo amabuye y’agaciro mu gace ka Rubaya.

Amakuru aturuka ahantu hatandukanye avuga ko iyi mpanuka yahitanye abantu barenga ijana, biganjemo abacukuzi b’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa coltan.

Abacuruzi b’ibicuruzwa biciriritse bashinze amaduka hafi y’ako gace kugira ngo bagurishe ibiribwa n’ibindi bicuruzwa ku bacukuzi, na bo bari mu baguye muri iyi mpanuka.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’ukwezi kumwe ku ya 28 Mutarama 2026, na bwo habaye inkangu yahitanye abantu barenga 400, utabariyemo abataraboneka.

Nubwo hari habaye iyi mpanuka, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri aka gace bwarakomeje, bitewe n’ibibazo by’ubukungu no kubura andi mahitamo ku rubyiruko rwinshi rwo muri aka gace.

Umucukuzi w’amabuye y’agaciro warokotse, yagize ati “Twari benshi muri turi mu rwobo. Ibitaka byatangiye kugwa buhoro buhoro. Bamwe baratakaga bavuga ko tugomba kuvamo, ariko byari byatinze cyane. Mu masegonda make, byose byaridutse. Nabashije gufata igiti. Barumuna banjye babiri bagumye hasi… Sinzi niba imirambo yabo izigera iboneka.”

Undi mucukuzi w’amabuye y’agaciro, yavuze ko n’uburyo bakoramo, bishyira ubuzima bwabo mu kaga. Ati “Turapfa buri munsi nta burinzi, nta ngofero, nta ba injeniyeri bo kugenzura ko ubutaka buhagaze neza. Tuzi ko ari akaga, ariko nta bundi buryo dufite bwo kubaho. Nyuma y’amakuba yabaye muri Mutarama, twararize, hanyuma turagaruka. Inzara irakomeye kuruta ubwoba.”

Agace gacukura amabuye y’agaciro ka Rubaya, gakungahaye ku mabuye yo mu bwoko bunyuranye burimo coltan, cassiterite, zahabu, na tourmaline, gakomeje kugenzurwa kamaze igihe kagenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 ryanifatanyije n’imiryango y’ababuze ababo mu mpanuka iherutse kuba, ndetse rinabaha bumwe mu butabazi bw’ibanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Related Posts

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

by radiotv10
04/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yanenze Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer inshuro eshatu mu masaha 24, kubera...

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

by radiotv10
04/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryungutse abasirikare 1 518 bo mu mutwe udasanzwe, binjiye mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’iri...

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

Amafoto agaragaza uruganda rukomeye muri Arabia Saudite nyuma yo kuraswaho na Iran

by radiotv10
03/03/2026
0

Hashyizwe hanze amafoto yafatiwe mu kirere agaragaza iyangirika rikomeye ry’uruganda rutunganya ibikomoka kuri Peteroli ruherereye mu mujyi wa Ras Tanura...

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

by radiotv10
03/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nyuma yuko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero by’indege zitagira abapilote bihitana inzirakarengane z’abaturage, abarwanyi baryo bari...

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yagwiriwe n’ibisate by’inkuta, byemejwe...

IZIHERUKA

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi
AMAHANGA

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

by radiotv10
04/03/2026
0

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

04/03/2026
Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

04/03/2026
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudan y’Epfo zibukijwe igisobanuro cy’umudali zambitswe

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudan y’Epfo zibukijwe igisobanuro cy’umudali zambitswe

04/03/2026
Ambasaderi Wungirije wa Uganda mu Rwanda yitabye Imana

Ambasaderi Wungirije wa Uganda mu Rwanda yitabye Imana

04/03/2026
Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

Gitifu ukurikiranyweho miliyoni 15Frw yisobanuye avuga ko aho kuregwa yari akwiye gushimirwa

03/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpanuka ikomeye yabaye ahacukurwa amabuye y’agaciro muri Rubaya yahitanye benshi

Trump akomeje kwikoma Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kubera igisubizo yahaye America

Gen.Sultani Makenga wa AFC/M23 yagaragaye yagiye gusoza imyitozo y’abasirikare b’umutwe udasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.