Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet

radiotv10by radiotv10
18/10/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwandacell PLC (MTN Rwanda) yabaye iya mbere mu Rwanda yatangije ku mugaragaro internet inyaruka bidasanzwe ya 5G ije ari mukuru wa 3G na 4G zari zisanzwe zikoreshwa mu Rwanda.

MTN Rwanda yamuritse iri koranabuhanga rya Internet mu ifungurwa ry’Inama Mpuzamahanga ya Mobile World Congress (MWC) yiga ku ikoranabuhanga rya telefone ngendanwa, ubwo yatangizwaga kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2023.

Iyi Internet yamuritswe mu bikorwa by’imurika biri kubera muri iyi nama, yatumye MTN Rwanda ikomeza kuza ku isonga mu rugendo rw’ikoranabuhanga rigezweho kandi ritanga icyizere, ndetse no gushaka ibisubizo mu ikoranabuhanga ryihuta.

Agira icyo avuga kuri iyi internet ya 5G, Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yagize ati “Iyi internet ya 5G irenze kuba yihuta, izafungura amahirwe y’ubushobozi budakama ku rwego rw’Isi. Izazana andi mahirwe mu kunoza imikorere y’izindi nzego nk’ubuzima, uburezi, ubuhinzi ndetse n’izindi.”

Yakomeje avuga ko kugaragaza iri koranabuhanga rya 5G, kuri MTN Rwanda bitagamije gukomeza kuza ku isonga mu ikoranabuhanga no guhanga udushya gusa.

Ati “Ahubwo ni ugukoresha uburyo no kuzamura imibereho y’Abanyarwanda no gutuma Igihugu gikomeza kuza imbere mu ikoranabuhanga ku Mugabane.”

MTN Rwanda ivuga ko iri koranabuhanga rya 5G rigamije kandi koroshya no kwihutisha serivisi za Internet ya Telefone ngendanwa ndetse no kugabanya ubutinde bwo kuba abantu babonaga ibyo bifuza kuri internet.

Ivuga kandi ko iri koranabuhanga rya 5G rizatanga umusanzu mu kwihutisha iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda busanzwe bushingiye kuri serivisi z’ikoranabuhanga.

Perezida Kagame wafunguye ku mugaragaro iyi nama, yanasuye ibikorwa biri kuhamurikirwa, anagera kuri MTN Rwanda
MTN Rwanda yasobanuriye abantu iby’iyi Internet ya 5G

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nzabarushimana says:
    2 years ago

    Yes nukuri rwose congratulations to our MTN Rwandan natwe nibyo dukenene .dukenene umuvuduko mwiterambere

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − two =

Previous Post

Hatanzwe itegeko ryihutirwa ku ntambara yerecyejweho amaso n’Isi yose

Next Post

Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.