Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet

radiotv10by radiotv10
18/10/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Indi nkuru ishimishije mu ikoranabuhanga ry’u Rwanda by’umwihariko ku bakoresha Internet
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwandacell PLC (MTN Rwanda) yabaye iya mbere mu Rwanda yatangije ku mugaragaro internet inyaruka bidasanzwe ya 5G ije ari mukuru wa 3G na 4G zari zisanzwe zikoreshwa mu Rwanda.

MTN Rwanda yamuritse iri koranabuhanga rya Internet mu ifungurwa ry’Inama Mpuzamahanga ya Mobile World Congress (MWC) yiga ku ikoranabuhanga rya telefone ngendanwa, ubwo yatangizwaga kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2023.

Iyi Internet yamuritswe mu bikorwa by’imurika biri kubera muri iyi nama, yatumye MTN Rwanda ikomeza kuza ku isonga mu rugendo rw’ikoranabuhanga rigezweho kandi ritanga icyizere, ndetse no gushaka ibisubizo mu ikoranabuhanga ryihuta.

Agira icyo avuga kuri iyi internet ya 5G, Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yagize ati “Iyi internet ya 5G irenze kuba yihuta, izafungura amahirwe y’ubushobozi budakama ku rwego rw’Isi. Izazana andi mahirwe mu kunoza imikorere y’izindi nzego nk’ubuzima, uburezi, ubuhinzi ndetse n’izindi.”

Yakomeje avuga ko kugaragaza iri koranabuhanga rya 5G, kuri MTN Rwanda bitagamije gukomeza kuza ku isonga mu ikoranabuhanga no guhanga udushya gusa.

Ati “Ahubwo ni ugukoresha uburyo no kuzamura imibereho y’Abanyarwanda no gutuma Igihugu gikomeza kuza imbere mu ikoranabuhanga ku Mugabane.”

MTN Rwanda ivuga ko iri koranabuhanga rya 5G rigamije kandi koroshya no kwihutisha serivisi za Internet ya Telefone ngendanwa ndetse no kugabanya ubutinde bwo kuba abantu babonaga ibyo bifuza kuri internet.

Ivuga kandi ko iri koranabuhanga rya 5G rizatanga umusanzu mu kwihutisha iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda busanzwe bushingiye kuri serivisi z’ikoranabuhanga.

Perezida Kagame wafunguye ku mugaragaro iyi nama, yanasuye ibikorwa biri kuhamurikirwa, anagera kuri MTN Rwanda
MTN Rwanda yasobanuriye abantu iby’iyi Internet ya 5G

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nzabarushimana says:
    2 years ago

    Yes nukuri rwose congratulations to our MTN Rwandan natwe nibyo dukenene .dukenene umuvuduko mwiterambere

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eleven =

Previous Post

Hatanzwe itegeko ryihutirwa ku ntambara yerecyejweho amaso n’Isi yose

Next Post

Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

Hamenyekanye umubare w’amabagiro yafatiwe icyemezo gikarishye mu mukwabu w’ubugenzuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.