Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
2
Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugezi uzwi nka Tukad Mati uherereye mu gace ka Bali muri Indonesia wahindutse umutuku mu buryo butunguranye, bamwe bibaza ibyabaye niba ari ibyahanuwe, gusa inzego zatahuye icyabiteye ndetse zita muri yombi ukekwaho kubigiramo uruhare.

Amashusho agaragaza amazi y’uyu mugezi yahindutse nk’amaraso, yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye, bamwe babanza kwikanga ko ari bimwe mu byanditswe muri bibiliya.

Inzego z’ubuyobozi muri Indonesia zatahuye ko iki kibazo cyatewe n’uruganda ruri hafi y’uyu mugezi rwamennye bimwe mu byo rukoresha muri uyu mugezi bigatuma amazi yawo ahinduka umutuku.

The Tukad Mati river in Bali, Indonesia, turned blood red after pollution from a screenprinting business leaked into the water.

The business is also responsible for dying the river green in the past. The business owner was fined, and the business was temporarily closed. pic.twitter.com/JfkFtPRuap

— NowThis Impact (@nowthisimpact) April 21, 2022

Umuyohozi w’Ikigo gishinzwe ibidukikije muri Indonesia, Putra Wirabawa yatangaje ko uru ruganda rusanzwe rukora ibijyanye n’ibyapa no gushushanya ku bikoresho (screen printing) rwahise ruhagarikwa ndetse umuyobozi mukuru warwo yatawe muri yombi.

Yagize ati “Umuzi w’ikibazo ni ibyajugunywe mu mugezi n’uru ruganda.”

Uru ruganda rusanzwe rufite icyemezo cy’ubuziranenge, nyirarwo akaba akomoka mu gace kitwa Banyuwangi, yavuze ko ubwo bubakaga uru ruganda bari bashyizeho uburyo bwo gufata imyanda ariko ko bimwe mu bihombo byangiritse ari na byo byatumye habaho iki kibazo.

Uyu muyobozi w’uruganda uzabutranishwa n’Urukiko rwo mu Karere ka Denpasar, naramuka ahamijwe icyaha azahanishwa gufungwa amezi atandatu muri gereza ndetse n’ihazabu ya 3 480 US$ angana na Miliyoni hafi 3,5 Frw.

Abaturiye uyu mugezi wahindutse umutuku, babujijwe gukoresha aya mazi kugira ngo habanze hakorwe isuzuma ryayo ry’ibishobora kuba byakwangiza umubiri.

RADIOTV10

Comments 2

  1. John Bonga says:
    3 years ago

    Nihatari kbsa

    Reply
  2. John Bon says:
    3 years ago

    Nihatari kbsa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Next Post

“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.