Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
2
Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugezi uzwi nka Tukad Mati uherereye mu gace ka Bali muri Indonesia wahindutse umutuku mu buryo butunguranye, bamwe bibaza ibyabaye niba ari ibyahanuwe, gusa inzego zatahuye icyabiteye ndetse zita muri yombi ukekwaho kubigiramo uruhare.

Amashusho agaragaza amazi y’uyu mugezi yahindutse nk’amaraso, yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye, bamwe babanza kwikanga ko ari bimwe mu byanditswe muri bibiliya.

Inzego z’ubuyobozi muri Indonesia zatahuye ko iki kibazo cyatewe n’uruganda ruri hafi y’uyu mugezi rwamennye bimwe mu byo rukoresha muri uyu mugezi bigatuma amazi yawo ahinduka umutuku.

The Tukad Mati river in Bali, Indonesia, turned blood red after pollution from a screenprinting business leaked into the water.

The business is also responsible for dying the river green in the past. The business owner was fined, and the business was temporarily closed. pic.twitter.com/JfkFtPRuap

— NowThis Impact (@nowthisimpact) April 21, 2022

Umuyohozi w’Ikigo gishinzwe ibidukikije muri Indonesia, Putra Wirabawa yatangaje ko uru ruganda rusanzwe rukora ibijyanye n’ibyapa no gushushanya ku bikoresho (screen printing) rwahise ruhagarikwa ndetse umuyobozi mukuru warwo yatawe muri yombi.

Yagize ati “Umuzi w’ikibazo ni ibyajugunywe mu mugezi n’uru ruganda.”

Uru ruganda rusanzwe rufite icyemezo cy’ubuziranenge, nyirarwo akaba akomoka mu gace kitwa Banyuwangi, yavuze ko ubwo bubakaga uru ruganda bari bashyizeho uburyo bwo gufata imyanda ariko ko bimwe mu bihombo byangiritse ari na byo byatumye habaho iki kibazo.

Uyu muyobozi w’uruganda uzabutranishwa n’Urukiko rwo mu Karere ka Denpasar, naramuka ahamijwe icyaha azahanishwa gufungwa amezi atandatu muri gereza ndetse n’ihazabu ya 3 480 US$ angana na Miliyoni hafi 3,5 Frw.

Abaturiye uyu mugezi wahindutse umutuku, babujijwe gukoresha aya mazi kugira ngo habanze hakorwe isuzuma ryayo ry’ibishobora kuba byakwangiza umubiri.

RADIOTV10

Comments 2

  1. John Bonga says:
    4 years ago

    Nihatari kbsa

    Reply
  2. John Bon says:
    4 years ago

    Nihatari kbsa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + two =

Previous Post

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Next Post

“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.