Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in MU RWANDA
2
Indonesia: Hari umugezi wahindutse umutuku bikangaranya benshi none icyabiteye cyatahuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugezi uzwi nka Tukad Mati uherereye mu gace ka Bali muri Indonesia wahindutse umutuku mu buryo butunguranye, bamwe bibaza ibyabaye niba ari ibyahanuwe, gusa inzego zatahuye icyabiteye ndetse zita muri yombi ukekwaho kubigiramo uruhare.

Amashusho agaragaza amazi y’uyu mugezi yahindutse nk’amaraso, yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye, bamwe babanza kwikanga ko ari bimwe mu byanditswe muri bibiliya.

Inzego z’ubuyobozi muri Indonesia zatahuye ko iki kibazo cyatewe n’uruganda ruri hafi y’uyu mugezi rwamennye bimwe mu byo rukoresha muri uyu mugezi bigatuma amazi yawo ahinduka umutuku.

The Tukad Mati river in Bali, Indonesia, turned blood red after pollution from a screenprinting business leaked into the water.

The business is also responsible for dying the river green in the past. The business owner was fined, and the business was temporarily closed. pic.twitter.com/JfkFtPRuap

— NowThis Impact (@nowthisimpact) April 21, 2022

Umuyohozi w’Ikigo gishinzwe ibidukikije muri Indonesia, Putra Wirabawa yatangaje ko uru ruganda rusanzwe rukora ibijyanye n’ibyapa no gushushanya ku bikoresho (screen printing) rwahise ruhagarikwa ndetse umuyobozi mukuru warwo yatawe muri yombi.

Yagize ati “Umuzi w’ikibazo ni ibyajugunywe mu mugezi n’uru ruganda.”

Uru ruganda rusanzwe rufite icyemezo cy’ubuziranenge, nyirarwo akaba akomoka mu gace kitwa Banyuwangi, yavuze ko ubwo bubakaga uru ruganda bari bashyizeho uburyo bwo gufata imyanda ariko ko bimwe mu bihombo byangiritse ari na byo byatumye habaho iki kibazo.

Uyu muyobozi w’uruganda uzabutranishwa n’Urukiko rwo mu Karere ka Denpasar, naramuka ahamijwe icyaha azahanishwa gufungwa amezi atandatu muri gereza ndetse n’ihazabu ya 3 480 US$ angana na Miliyoni hafi 3,5 Frw.

Abaturiye uyu mugezi wahindutse umutuku, babujijwe gukoresha aya mazi kugira ngo habanze hakorwe isuzuma ryayo ry’ibishobora kuba byakwangiza umubiri.

RADIOTV10

Comments 2

  1. John Bonga says:
    4 years ago

    Nihatari kbsa

    Reply
  2. John Bon says:
    4 years ago

    Nihatari kbsa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + five =

Previous Post

Nyamasheke: Mu kwezi kumwe nibura abangavu 12 batewe inda zitateganyijwe

Next Post

“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

“Ntiwaje kunyigisha”, “winca mu ijambo”,…Impaka zabaye ndende hagati ya Macron na Le Pen

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.