Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in AMAHANGA
0
Indonesia: Hatanzwe umuburo usaba abarenga ibihumbi 10 guhunga byihuse
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihumbi birenga 11 by’abaturage muri Indonesia bategetswe guhunga nyuma y’aho ikirunga kirutse bigateza impungenge ko hashobora gukurikiraho umutingito wo mu mazi udasanzwe ututse mu nyanja ya Pacific ibakikije.

Ibi byabereye mu majyaruguru y’ikirwa cya Sulawesi, aho abayobozi bavuze ko iki kirunga kitararangiza kuruka nyuma y’uko gitangiye kuruka kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024.

Ubuyobozi bwatangaje ko kuva ikirunga kitararangiza kuruka bishoboka gishobora kongera, ibikoma byacyo bikaba yajya mu nyanja bikarangira binateje umutingito wo mu bwoko bwa Tsunami ukaba wahitana ubuzima bw’abaturage benshi.

Indonesia ni kimwe mu Bihugu bifite ibirunga byinshi kandi bikigaragaza ibimenyetso byo kuruka, ikaba ituwe n’abaturage bagera kuri miliyoni  270.

Muri iki Gihugu gikikijwe n’amazi, habarwa ibirunga bigera 120 byose bitarazima bishobora kongera kuruka mu gihe runaka.

Muri 2018 nabwo muri iki Gihugu ikirunga cyararutse ibikoma byacyo bigwa mu nyanya ya Pacific biteza Tsunami yahitanye ubuzima bw’abaturage bagera kuri 430 inangiza byinshi.

Umutingito wo mu mazi Tsunami, uri mu mitingito iba ifite ingufu kuko utera amazi yo mu mu nyanja guhorera no kuzamuka mu buryo budasanzwe, ugahitana abantu n’ibintu byinshi.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + twelve =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa n’ikipe yasezerye Arsenal asanzwe akunda

Next Post

Mu rugo rw’umuhanzi w’ikirangirire byongeye kudogera nyuma y’agahenge

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rugo rw’umuhanzi w’ikirangirire byongeye kudogera nyuma y’agahenge

Mu rugo rw’umuhanzi w’ikirangirire byongeye kudogera nyuma y’agahenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.