Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indwara yateye Isi impungenge nyuma y’uko igaragaye i Burayi hari Ibihugu byashyizeho ingamba zikomeye

radiotv10by radiotv10
17/08/2024
in AMAHANGA
0
Indwara yateye Isi impungenge nyuma y’uko igaragaye i Burayi hari Ibihugu byashyizeho ingamba zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko muri Sweden hagaragaye umurwayi wa mbere urwaye ubushita bw’inkende, Ibihugu byo ku yindi Migabane nk’u Bushinwa byafashe ingamba, aho iki Gihugu cyafashe icyemezo cyo gusuzuma abantu n’ibintu byinjiira muri iki Gihugu ngo birinde ko yahagera.

U Bushinwa bwatangaje icyemezo kuri uyu wa Gatanu bavuga ko bizakorwa mu gihe cy’amezi 6, bakibanda cyane ku baturuka mu Bihugu bya Afurika byagaragayemo iyi ndwara.

Kuri uyu wa Gatanu kandi, Pakistan na yo yatangaje ko umuntu ufite ubushita bw’inkende wa mbere yagaragaye muri iki Gihugu.

Ubushita bw’inkende Mpox, bukomeje gukwira hirya no hino ndetse Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima rivuga ko iyi ndwara yamaze kugera ku rwego ruhangayikishije.

Ikigo Nyafuruka gishinzwe gukurikirana ibiza no kubikumira ‘Africa CDC’ na cyo cyaherukaga gutangaza ko iyi ndwara iteye impungenge ndetse gisaba inzego z’ubuzima gufata ingamba zikomeye.

Habarurwa abarenga ibihumbi 38 banduye iyi ndwara, ndetse abarenga ibihumbi 15 ni abo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’Igihugu cyibasiwe cyane, aho abarenga 450 biganjemo abana bahitanywe n’iyi ndwara.

Iyi ndwara yamaze kugaragara mu Bihugu byo ku Mugabane wa afurika birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda, U Burundi, Kenya, na repubulika ya Centrafrique.

Kuri uyu wa Gatanu, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu Rwanda hamaze kugaragara abantu bane basanganywe iyi ndwara, ariko ko babiri basezerewe nyuma yo gukira, mu gihe abandi babiri bakiri kuvurwa.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 12 =

Previous Post

Ibibazo by’ingenzi bikomeye umuntu akwiye kwicara akibaza akiri muzima

Next Post

Bambutse Intara bagiye gushakisha imibereho none babayeho nk’inzererezi ku mpamvu itarabaturutseho

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bambutse Intara bagiye gushakisha imibereho none babayeho nk’inzererezi ku mpamvu itarabaturutseho

Bambutse Intara bagiye gushakisha imibereho none babayeho nk’inzererezi ku mpamvu itarabaturutseho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.