Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Indwara yateye Isi impungenge nyuma y’uko igaragaye i Burayi hari Ibihugu byashyizeho ingamba zikomeye

radiotv10by radiotv10
17/08/2024
in AMAHANGA
0
Indwara yateye Isi impungenge nyuma y’uko igaragaye i Burayi hari Ibihugu byashyizeho ingamba zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko muri Sweden hagaragaye umurwayi wa mbere urwaye ubushita bw’inkende, Ibihugu byo ku yindi Migabane nk’u Bushinwa byafashe ingamba, aho iki Gihugu cyafashe icyemezo cyo gusuzuma abantu n’ibintu byinjiira muri iki Gihugu ngo birinde ko yahagera.

U Bushinwa bwatangaje icyemezo kuri uyu wa Gatanu bavuga ko bizakorwa mu gihe cy’amezi 6, bakibanda cyane ku baturuka mu Bihugu bya Afurika byagaragayemo iyi ndwara.

Kuri uyu wa Gatanu kandi, Pakistan na yo yatangaje ko umuntu ufite ubushita bw’inkende wa mbere yagaragaye muri iki Gihugu.

Ubushita bw’inkende Mpox, bukomeje gukwira hirya no hino ndetse Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima rivuga ko iyi ndwara yamaze kugera ku rwego ruhangayikishije.

Ikigo Nyafuruka gishinzwe gukurikirana ibiza no kubikumira ‘Africa CDC’ na cyo cyaherukaga gutangaza ko iyi ndwara iteye impungenge ndetse gisaba inzego z’ubuzima gufata ingamba zikomeye.

Habarurwa abarenga ibihumbi 38 banduye iyi ndwara, ndetse abarenga ibihumbi 15 ni abo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’Igihugu cyibasiwe cyane, aho abarenga 450 biganjemo abana bahitanywe n’iyi ndwara.

Iyi ndwara yamaze kugaragara mu Bihugu byo ku Mugabane wa afurika birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda, U Burundi, Kenya, na repubulika ya Centrafrique.

Kuri uyu wa Gatanu, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu Rwanda hamaze kugaragara abantu bane basanganywe iyi ndwara, ariko ko babiri basezerewe nyuma yo gukira, mu gihe abandi babiri bakiri kuvurwa.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 15 =

Previous Post

Ibibazo by’ingenzi bikomeye umuntu akwiye kwicara akibaza akiri muzima

Next Post

Bambutse Intara bagiye gushakisha imibereho none babayeho nk’inzererezi ku mpamvu itarabaturutseho

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bambutse Intara bagiye gushakisha imibereho none babayeho nk’inzererezi ku mpamvu itarabaturutseho

Bambutse Intara bagiye gushakisha imibereho none babayeho nk’inzererezi ku mpamvu itarabaturutseho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.