Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingabo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23 zongerewe igihe

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zongerewe igihe cy’umwaka kugira ngo zibashe kugarura amahoro mu burasirazuba bw’iki Gihugu ahamaze igihe ari isibaniro.

Iki cyemezo cyatangajwe n’Inteko Idasanzwe ya SADC yasoje ibikorwa byayo kuri uyu wa Gatatu aho yaberaga i Harere muri Zimbabwe.

Iyi nteko kandi yanasabye impande zihanganye mu mirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubaha icyemezo cy’agahenge cyemerejwe mu biganiro by’i Luanda muri Angola.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa SADC, Elias Magosi yagize ati “Ihuriro ryongereye igihe ubutumwa bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, undi mwaka umwe mu karere mu rwego rwo gukomeza gushaka umuti w’ikibazo cy’umutekano kiri mu burasirazuba bwa DRC.”

Elias Magosi wakomeje ashimira ubushake bw’abategetsi bo mu karere bakomeje kugerageza gushaka umuti w’ibi bibazo, yavuze ko uruhande ruzarenga ku gahenge kemejwe, ruzafatwa nk’ikibazo ku mahoro n’umutekano mu karere.

Yakomeje agira ati “Ibikorwa byo kurenga ku gahenge kemejwe kagomba kubahirizwa n’impande zihanganye, birabangamye cyane kandi bigomba kurwanywa hakoreshejwe imbaraga zishoboka. Twizeye ko agahenge kagomba kuba umwanya wo gutera intambwe, mu gushaka umuti w’ibibazo n’ibiganiro hagati y’impande zihanganye.”

Ingabo za SADC zongerewe igihe cy’umwaka mu butumwa zirimo mu burasirazuba bwa DRC, zakunze kunengwa kuba zifatanya n’imitwe irimo uwa FDRL urwanya u Rwanda ndetse n’indi mitwe yiyambajwe n’ubutegetsi bwa Congo, ikomeje guhonyora uburenganzira bw’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Izi ngabo za SADC zongerewe igihe kandi mu gihe hakomeje ibiganiro bihuza u Rwanda na DRC by’i Luanda bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, aho mu cyumweru gitaha hazongera kuba ibyo ku rwego rw’Abaminisitiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 18 =

Previous Post

Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

Next Post

Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Related Posts

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

IZIHERUKA

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45
MU RWANDA

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

17/11/2025
BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.