Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingabo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23 zongerewe igihe

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zongerewe igihe cy’umwaka kugira ngo zibashe kugarura amahoro mu burasirazuba bw’iki Gihugu ahamaze igihe ari isibaniro.

Iki cyemezo cyatangajwe n’Inteko Idasanzwe ya SADC yasoje ibikorwa byayo kuri uyu wa Gatatu aho yaberaga i Harere muri Zimbabwe.

Iyi nteko kandi yanasabye impande zihanganye mu mirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubaha icyemezo cy’agahenge cyemerejwe mu biganiro by’i Luanda muri Angola.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa SADC, Elias Magosi yagize ati “Ihuriro ryongereye igihe ubutumwa bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, undi mwaka umwe mu karere mu rwego rwo gukomeza gushaka umuti w’ikibazo cy’umutekano kiri mu burasirazuba bwa DRC.”

Elias Magosi wakomeje ashimira ubushake bw’abategetsi bo mu karere bakomeje kugerageza gushaka umuti w’ibi bibazo, yavuze ko uruhande ruzarenga ku gahenge kemejwe, ruzafatwa nk’ikibazo ku mahoro n’umutekano mu karere.

Yakomeje agira ati “Ibikorwa byo kurenga ku gahenge kemejwe kagomba kubahirizwa n’impande zihanganye, birabangamye cyane kandi bigomba kurwanywa hakoreshejwe imbaraga zishoboka. Twizeye ko agahenge kagomba kuba umwanya wo gutera intambwe, mu gushaka umuti w’ibibazo n’ibiganiro hagati y’impande zihanganye.”

Ingabo za SADC zongerewe igihe cy’umwaka mu butumwa zirimo mu burasirazuba bwa DRC, zakunze kunengwa kuba zifatanya n’imitwe irimo uwa FDRL urwanya u Rwanda ndetse n’indi mitwe yiyambajwe n’ubutegetsi bwa Congo, ikomeje guhonyora uburenganzira bw’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Izi ngabo za SADC zongerewe igihe kandi mu gihe hakomeje ibiganiro bihuza u Rwanda na DRC by’i Luanda bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, aho mu cyumweru gitaha hazongera kuba ibyo ku rwego rw’Abaminisitiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 6 =

Previous Post

Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

Next Post

Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.