Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ingabo zagiye gufasha FARDC guhangana na M23 zongerewe igihe

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ingabo zagiye gufasha FARDC zagaragaje icyo ziri kuyikorera kigamije kuyizamura imirwanire mu rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zongerewe igihe cy’umwaka kugira ngo zibashe kugarura amahoro mu burasirazuba bw’iki Gihugu ahamaze igihe ari isibaniro.

Iki cyemezo cyatangajwe n’Inteko Idasanzwe ya SADC yasoje ibikorwa byayo kuri uyu wa Gatatu aho yaberaga i Harere muri Zimbabwe.

Iyi nteko kandi yanasabye impande zihanganye mu mirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubaha icyemezo cy’agahenge cyemerejwe mu biganiro by’i Luanda muri Angola.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa SADC, Elias Magosi yagize ati “Ihuriro ryongereye igihe ubutumwa bwa SADC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, undi mwaka umwe mu karere mu rwego rwo gukomeza gushaka umuti w’ikibazo cy’umutekano kiri mu burasirazuba bwa DRC.”

Elias Magosi wakomeje ashimira ubushake bw’abategetsi bo mu karere bakomeje kugerageza gushaka umuti w’ibi bibazo, yavuze ko uruhande ruzarenga ku gahenge kemejwe, ruzafatwa nk’ikibazo ku mahoro n’umutekano mu karere.

Yakomeje agira ati “Ibikorwa byo kurenga ku gahenge kemejwe kagomba kubahirizwa n’impande zihanganye, birabangamye cyane kandi bigomba kurwanywa hakoreshejwe imbaraga zishoboka. Twizeye ko agahenge kagomba kuba umwanya wo gutera intambwe, mu gushaka umuti w’ibibazo n’ibiganiro hagati y’impande zihanganye.”

Ingabo za SADC zongerewe igihe cy’umwaka mu butumwa zirimo mu burasirazuba bwa DRC, zakunze kunengwa kuba zifatanya n’imitwe irimo uwa FDRL urwanya u Rwanda ndetse n’indi mitwe yiyambajwe n’ubutegetsi bwa Congo, ikomeje guhonyora uburenganzira bw’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Izi ngabo za SADC zongerewe igihe kandi mu gihe hakomeje ibiganiro bihuza u Rwanda na DRC by’i Luanda bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, aho mu cyumweru gitaha hazongera kuba ibyo ku rwego rw’Abaminisitiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Iby’ingenzi ku mutoza uri mu beza ku Isi wafashe icyemezo cyanyuze abakunzi b’ikipe atoza

Next Post

Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Related Posts

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Umucyo ku byavugwaga ko hari ibibazo hagati y’Umuvugizi wa Rayon n’ubuyobozi bushya bwayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.