Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare baminurije amasomo ya Gisirikare muri Qatar

radiotv10by radiotv10
24/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare baminurije amasomo ya Gisirikare muri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare icyenda (9) bo mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu mashuri makuru ya Gisirikare muri Qatar, bahawe impamyabushobozi, mu birori byanitabiriwe n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu, Amir Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.

Nk’uko tubikesha ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, aba basirikare icyenda, barimo bane (4) bo mu Ngabo zirwanira ku butaka, ndetse na batanu (5) bo mu ngabo zirwanira mu kirere.

Ubuyobozi bwa RDF, buvuga ko aba basirikare icyenda “Bahawe impamyabushobozi ku itariki ya 22 n’iya 23 Mutarama 2025, nyuma y’imyaka ine bakurikirana amasomo anyuranye mu mashuri makuru ya gisirikare atandukanye muri Qatar.”

Ubuyobozi bwa RDF bukomeza bugira buti “Ibirori byitabiriwe n’Umuyobozi w’Ikirenga Nyakubahwa Amir Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani ndetse n’abayobozi bakuru ba Qatar, ndetse n’itsinda ry’intumwa z’u Rwanda zari ziyobowe na Brig Gen Franco Rutagengwa, umuyobozi Mukuru wa Rwanda Military Academy.”

U Rwanda na Qatar, ni Ibihugu bisanganywe imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo ibya gisirikare n’umutekano, byumwihariko mu bijyanye no gusangizanya ubumenyi n’ubunararibonye mu by’ingabo.

Muri Kanama umwaka ushize wa 2024, Abasirikare 100 bo mu itsinda rishinzwe imyitwarire mu Ngabo z’u Rwanda (Military Police), barangije imyitozo yihariye bari mazemo amezi atandatu batozwa ku bufatanye bwa RDF n’Ingabo za Qatar, irimo iyo kurinda abanyacyubahiro no kurwanya iterabwoba.

Barimo abo mu itsinda ry’ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere

Ni bamwe muri benshi bahawe impamyabushobozi mu muhango wanitabiriwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

Next Post

Uko byagenze ngo umugore n’abahungu be babe bafungiwe kwica uwo mu muryango wabo

Related Posts

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

IZIHERUKA

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe
MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

22/12/2025
BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagenze ngo umugore n’abahungu be babe bafungiwe kwica uwo mu muryango wabo

Uko byagenze ngo umugore n’abahungu be babe bafungiwe kwica uwo mu muryango wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.