Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingeso idakwiye ivugwa ku mugabo yatumye arebana ikijisho n’umugore we

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ingeso idakwiye ivugwa ku mugabo yatumye arebana ikijisho n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, uravugwamo amakimbirane ashyamiranyije umugore n’umubabo we, aho umwe ashinja undi kumushakiraho inshoreke, kandi uru rugo rw’ubuharike rukaba ruri mu marembo y’urugo rukuru, mu gihe umugabo abihakana yivuye inyuma.

Iki kibazo kivugwa muri uyu muryango wo mu Mudugudu wa Bweramana mu Kagari ka Nyakogo muri uyu Murenge wa Kinihira, kivugwa n’umugore witwa Tuyishime Mathilde.

Mathilde avuga ko umugabo we yamutaye we n’abana babyaranye, ariko ko ikibabaje ari uko yanagiye asahuye urugo, none byatumye bakena.

Ati “Twari dufite imashini hano (imashini idoda) ajya kuyirya n’umugore we dore bacumbitse hano n’ubu musanze bamaze kugenda.”

Akomeza agaragaza ingaruka z’ubukene batewe n’ibi bibazo, birimo kuba batagipfa kubona icyo barya, ndetse no kuba abana batakibona amafaranga y’ishuri n’ibindi bikenerwa.

Uyu mugore avuga kandi ko umugabo we yahoze mu itsinda ryitwa ‘Inshuti z’Umuryango’ zifasha mu kunga imiryango ifitanye ibibazo, akibaza impanuro atanga mu gihe na we zamunaniye.

Ati “Njyewe ikibazo ngira ni iki ‘umuntu azajya kunga gute ingo z’ahandi, na we iwe atabanye neza n’uwo bashakanye cyangwa abana be mu rugo?”

Tuyiringire Jean Pierre uvugwaho izi ngeso, azihakana yivuye inyuma, avuga ko uwo bamushinjaho kuba yaragize inshoreke, ari umunyeshuri we.

Ati “Ntabwo nataye urugo rwanjye, nta n’ubuharike mfite habe na bucye. Gusa njye ndi umudozi nkorera haruguru y’urugo rwanjye nkaba mfite n’umunyeshuri nigisha kudoda, abantu bakavuga ngo naramuharitse, abantu bakajya mu matwi umudamu wanjye.”

Uyu mugabo uvuga ko ataharika umugore we ngo narangiza ajye kubikorera hafi y’urugo rwe, avuga ko n’uwo avuga ko yagize umugore wa kabiri, asanzwe ari umugore ufite umugabo kandi ko aza kumusura aha amwigishiriza.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 − one =

Previous Post

Lionel Messi yongeye guhabwa urw’amenyo

Next Post

Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.