Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingeso idakwiye ivugwa ku mugabo yatumye arebana ikijisho n’umugore we

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ingeso idakwiye ivugwa ku mugabo yatumye arebana ikijisho n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, uravugwamo amakimbirane ashyamiranyije umugore n’umubabo we, aho umwe ashinja undi kumushakiraho inshoreke, kandi uru rugo rw’ubuharike rukaba ruri mu marembo y’urugo rukuru, mu gihe umugabo abihakana yivuye inyuma.

Iki kibazo kivugwa muri uyu muryango wo mu Mudugudu wa Bweramana mu Kagari ka Nyakogo muri uyu Murenge wa Kinihira, kivugwa n’umugore witwa Tuyishime Mathilde.

Mathilde avuga ko umugabo we yamutaye we n’abana babyaranye, ariko ko ikibabaje ari uko yanagiye asahuye urugo, none byatumye bakena.

Ati “Twari dufite imashini hano (imashini idoda) ajya kuyirya n’umugore we dore bacumbitse hano n’ubu musanze bamaze kugenda.”

Akomeza agaragaza ingaruka z’ubukene batewe n’ibi bibazo, birimo kuba batagipfa kubona icyo barya, ndetse no kuba abana batakibona amafaranga y’ishuri n’ibindi bikenerwa.

Uyu mugore avuga kandi ko umugabo we yahoze mu itsinda ryitwa ‘Inshuti z’Umuryango’ zifasha mu kunga imiryango ifitanye ibibazo, akibaza impanuro atanga mu gihe na we zamunaniye.

Ati “Njyewe ikibazo ngira ni iki ‘umuntu azajya kunga gute ingo z’ahandi, na we iwe atabanye neza n’uwo bashakanye cyangwa abana be mu rugo?”

Tuyiringire Jean Pierre uvugwaho izi ngeso, azihakana yivuye inyuma, avuga ko uwo bamushinjaho kuba yaragize inshoreke, ari umunyeshuri we.

Ati “Ntabwo nataye urugo rwanjye, nta n’ubuharike mfite habe na bucye. Gusa njye ndi umudozi nkorera haruguru y’urugo rwanjye nkaba mfite n’umunyeshuri nigisha kudoda, abantu bakavuga ngo naramuharitse, abantu bakajya mu matwi umudamu wanjye.”

Uyu mugabo uvuga ko ataharika umugore we ngo narangiza ajye kubikorera hafi y’urugo rwe, avuga ko n’uwo avuga ko yagize umugore wa kabiri, asanzwe ari umugore ufite umugabo kandi ko aza kumusura aha amwigishiriza.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + ten =

Previous Post

Lionel Messi yongeye guhabwa urw’amenyo

Next Post

Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.