Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho na General uyoboye Gabon uherutse no guhura na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
17/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho na General uyoboye Gabon uherutse no guhura na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Perezida w’Inzibacyuho wa Gabon, General Brice Clotaire Oligui Nguema, bagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo inzira zo gusubiza mu buryo ubuyobozi muri Gabon nyuma y’uko habayeho ihirikwa ry’ubutegetsi.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye General Brice Clotaire Oligui Nguema ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukwakira 2023, mu biro bye muri Village Urugwiro.

Nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Perezida Kagame na General Oligui Nguema “baganiriye ku rugendo rwo guhererekanya ubutegetsi muri Gabon, ku mutekano ku Mugabane no mu Karere k’Umuryango wa ECCAS ndetse no ku mahirwe atandukanye y’imikoranire hagati ya Gabon n’u Rwanda.”

Perezida wa Gabon, General Oligui Nguema yavuze ko yishimiye ibiganiro yagiranye na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, byagarutse ku mateka ahuriweho n’Ibihugu bayoboye (Gabon n’u Rwanda).

Mu butumwa yanyujije kuri X, General Oligui Nguema yagize ati “Twiyemeje kongera ubufatanye mu nzego z’ingenzi nk’Uburezi, ubucuruzi, ubukungu, ubuhinzi ndetse n’ikoranabuhanga rigezweho.”

General Brice Clotaire Oligui Nguema yakiriwe na Perezida Paul Kagame nyuma y’iminsi micye anabonanye na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, aho yamwakiriye mu cyumweru gishize tariki 12 Ukwakira 2023.

Oligui Nguema uyoboye inzibacyuho muri Gabon akomeje kugenderera Ibihugu bigize ECCAS mu rwego rwo gushaka amaboko yo gufatanya na byo mu rugendo rwo kubaka ubutegetsi bwa kiriya Gihugu giherutse gukorwamo ihirikwa ry’ubutegetsi ryanayobowe na we.

Ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon, ryabaye tariki 30 Kanama, ubwo igisirikare cyatangazaga ko cyahiritse Ali Bongo wari umaze igihe gito atangajwe ko yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Nyuma y’iminsi micye habaye iri hirikwa ry’Ubutegeti, tariki 04 Nzeri 2023, General Oligui Nguema wariyoboye, yarahiriye kuyobora Gabon mu nzibacyuho.

Perezida Kagame yakiriye mu Biro bye General Oligui Nguema
Bagiranye ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye

General Oligui Nguema yishimiye ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 12 =

Previous Post

Indi ngingo igezweho ku bahanzi bayoboye muzika Nyarwanda bamaze iminsi barigaruriye amakuru y’imyidagaduro

Next Post

Hamenyekanye icyakurikiye ihamagazwa ry’umunyamakuru wavuze ibyateje impaka kuri Miss Jolly

Related Posts

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe
FOOTBALL

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyakurikiye ihamagazwa ry’umunyamakuru wavuze ibyateje impaka kuri Miss Jolly

Hamenyekanye icyakurikiye ihamagazwa ry’umunyamakuru wavuze ibyateje impaka kuri Miss Jolly

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.