Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho na General uyoboye Gabon uherutse no guhura na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
17/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ingingo Perezida Kagame yaganiriyeho na General uyoboye Gabon uherutse no guhura na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Perezida w’Inzibacyuho wa Gabon, General Brice Clotaire Oligui Nguema, bagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo inzira zo gusubiza mu buryo ubuyobozi muri Gabon nyuma y’uko habayeho ihirikwa ry’ubutegetsi.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye General Brice Clotaire Oligui Nguema ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukwakira 2023, mu biro bye muri Village Urugwiro.

Nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Perezida Kagame na General Oligui Nguema “baganiriye ku rugendo rwo guhererekanya ubutegetsi muri Gabon, ku mutekano ku Mugabane no mu Karere k’Umuryango wa ECCAS ndetse no ku mahirwe atandukanye y’imikoranire hagati ya Gabon n’u Rwanda.”

Perezida wa Gabon, General Oligui Nguema yavuze ko yishimiye ibiganiro yagiranye na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, byagarutse ku mateka ahuriweho n’Ibihugu bayoboye (Gabon n’u Rwanda).

Mu butumwa yanyujije kuri X, General Oligui Nguema yagize ati “Twiyemeje kongera ubufatanye mu nzego z’ingenzi nk’Uburezi, ubucuruzi, ubukungu, ubuhinzi ndetse n’ikoranabuhanga rigezweho.”

General Brice Clotaire Oligui Nguema yakiriwe na Perezida Paul Kagame nyuma y’iminsi micye anabonanye na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, aho yamwakiriye mu cyumweru gishize tariki 12 Ukwakira 2023.

Oligui Nguema uyoboye inzibacyuho muri Gabon akomeje kugenderera Ibihugu bigize ECCAS mu rwego rwo gushaka amaboko yo gufatanya na byo mu rugendo rwo kubaka ubutegetsi bwa kiriya Gihugu giherutse gukorwamo ihirikwa ry’ubutegetsi ryanayobowe na we.

Ihirikwa ry’ubutegetsi muri Gabon, ryabaye tariki 30 Kanama, ubwo igisirikare cyatangazaga ko cyahiritse Ali Bongo wari umaze igihe gito atangajwe ko yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Nyuma y’iminsi micye habaye iri hirikwa ry’Ubutegeti, tariki 04 Nzeri 2023, General Oligui Nguema wariyoboye, yarahiriye kuyobora Gabon mu nzibacyuho.

Perezida Kagame yakiriye mu Biro bye General Oligui Nguema
Bagiranye ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye

General Oligui Nguema yishimiye ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Indi ngingo igezweho ku bahanzi bayoboye muzika Nyarwanda bamaze iminsi barigaruriye amakuru y’imyidagaduro

Next Post

Hamenyekanye icyakurikiye ihamagazwa ry’umunyamakuru wavuze ibyateje impaka kuri Miss Jolly

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyakurikiye ihamagazwa ry’umunyamakuru wavuze ibyateje impaka kuri Miss Jolly

Hamenyekanye icyakurikiye ihamagazwa ry’umunyamakuru wavuze ibyateje impaka kuri Miss Jolly

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.