Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
Share on FacebookShare on Twitter

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku ngo ibihumbi 200 zo mu Rwanda, ugamije gushyigikira Guverinoma y’u Rwanda mu ntego yayo yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere.

Iyi gahunda igamije gushyigikira intego ya Guverinoma y’u Rwanda yo kugeza amashyiga meza kuri buri wese bitarenze mu mwaka 2030, kandi bikaba binahuye n’intego ya TotalEnergies yo gutanga ingufu zihendutse, ziboneka neza, zirambye kandi zoroheye abantu benshi.

Ku bw’inkunga ya TotalEnergies, DelAgua izakwirakwiza amashyiga meza ibihumbi 200 mu gihe cy’umwaka umwe byitezwe ko azagirira akamaro Abanyarwanda barenga ibihumbi 800 bo mu miryango izahabwa aya mashyiga yo mu bice by’icyaro.

Nanone kandi ikoreshwa ry’aya mashyiga, rije gushyikira intego yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, aho gukoresha aya mashyiga, bigira uruhare mu kugabanya iyo myuka ku kigero cya 81% ugereranyije no gukoresha inkwi zisanzwe kandi ikagabanya ikoreshwa ry’inkwi ku kigero cya 71%. Uyu mushinga uzanagira uruhare mu gukumira imyuka irenga toni miliyoni 2.5 za CO2 mu myaka icumi iri imbere.

 

Ibyiza byo gutekesha amashyiga agezweho

Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe ibijyanye n’Ingufu IEA (International Energy Agency) kivuga ko abantu barenga miliyari 2.3 ku isi badafite uburyo bwo guteka neza kandi bagiteka amafunguro yabo bakoresheje amaziko gakondo bakanacanisha inkwi, amakara, peteroli cyangwa imyanda y’amatungo yabo, nk’amase yumye.

Iki kigo kandi kigaragaza inyungu zo guteka mu buryo bugezweho hakoreshejwe amashyiga nk’ariya agiye gutangwa ku bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua, zirimo kubungabunga ubuzima bw’abantu, kuko butuma bahumeka umwuka mwiza.

Nanone kandi biganyanya kugira ibibazo by’ubuhumekero n’indwara z’umutima, biterwa n’imyotsi iva mu gutekesha inkwi na biriya bicanwa bindi.

Nanone kandi bigira uruhare mu kugabanya ubusambane hagati y’abagore n’abagabo, kuko abagore basanzwe bakora imirimo yo guteka, babasha kwitabira ibindi bikorwa by’amajyambere nk’uburezi, akazi, kwihangira imirimo, kuko baba batagorwa no guteka, ndetse n’abagabo bakabona imbaraga zo kubafasha.

Nanone kandi gutekesha uburyo bugezweho bituma abantu babona umwanya uhagije wo gukora ibindi bikorwa bibateza imbere, kuko badatakaza umwanya munini mu kujya gutashya, dore ko ubusanzwe abantu bamara amasaha 20 bagiye gutashya mu mashyamba.

Binagabanya imyuka ya CO2 ihumanya ikirere inangiza umwuka duhumeka, bikagabanya itemwa ry’amashyamba asanzwe aduha umwuka duhumeka tunakuramo ibikoresho by’ingenzi.

Arnaud Le Foll, Visi Perezida Mukuru wa TotalEnergies ushinzwe Ubucuruzi no guhangana n’imyuka ihumanya ikirere, yatangaje ko iyi sosiyeye y’ubucuruzi yishimiye kugira uruhare muri uyu mushinga uzafasha Abanyarwanda benshi.

Yagize ati “TotalEnergies yishimiye kugira uruhare muri uyu mushinga mu Rwanda, uzatuma abantu barenga 800 000 babona uburyo bwo guteka busukuye, bigaragaza intego ya sosiyete yacu yo gutanga ingufu zihendutse, ziboneka kandi zirambye. Mu guteza imbere uburyo bwo guteka, TotalEnergies igamije kugira uruhare mu kubungabunga ibidukikije n’ubuzima bw’abantu, ndetse inafasha mu kugabanya ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore. Guteka neza bigira uruhare mu iterambere ry’imibereho myiza, ubukungu n’imibereho myiza mu buryo burambye.”

Euan McDougall, Umuyobozi Mukuru wa DelAgua, na we yatangaje ko ubu bufatanye bugaragaza umusaruro wava mu guhuza imbaraga, byumwihariko mu kugera ku bikorwa bizanira akamaro rubanda, binyuze mu guhanga udushya.

Yagize ati “Turi guhindura ubuzima bw’abaturage mu Rwanda hose mu gihe dushyiraho igipimo gishya cy’imishinga itavamo imyuka mibi yagirira ingaruka Isi.”

Guverinoma y’u Rwanda isanzwe ifite uyu mushinga wo gukwirakwiza aya mashyiga benshi bazi nka rondereza, ariko ingo zimaze kuyabona zikaba zikiri nke, bityo ubu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua, buje ari ingirakamaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Next Post

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.