Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya rutahizamu Adulai Jaló, bakomeje kurega iyi kipe muri FIFA, bitarenze Ukuboza 2025.

Perezida wa Rayon Sports yavuze ko ibi bibazo atari ubwa mbere bahuye nabyo, ariko ko ubuyobozi bushya buri gukora ibishoboka byose ngo bikemuke vuba.

Yagize ati “Uyu munsi dufite ikibazo cya Robertinho na Adulai Jaló, turasabwa kubishyura ngo tubashe gukomeza gahunda zacu. Ndagira ngo mbwire abafana ba Rayon Sports ko nta gikuba cyacitse. Ndarabizeza ko bitarenze ukwezi gutaha tuzaba twabikemuye kugira ngo dukomeze gahunda zacu neza. Uburyo turimo gutegura ni uko bitarenze Ukuboza tugomba kuba twakemuye ikibazo cya Robertinho.”

Yongeyeho ko ubwo yatorerwaga kuyobora Rayon Sports yaje asanga ikibazo cya Haringingo Francis, wari waratsinze Rayon Sports, asabwa guhita yishyura miliyoni zirenga 10 Frw, ari nako bari bukemure n’ibyo bafite ubu.

Ati “Naje nsanga ikibazo cya Haringingo Francis cya miliyoni zirenga 10 twarazishyuye. Iyo wishyuye bahita bakureka ugakomeza gahunda zawe. Ni cyo tugiye gukora no kuri Robertinho na Jaló.”

Ku kibazo cya rutahizamu Adulai Jaló, Perezida wa Rayon Sports yasobanuye ko hari umwe mu bayobozi b’ikipe wari warishingiye ko azamwishyura amafaranga ya recruitment, ariko ntiyabikora.

Ati “Hari umwe mu bayobozi bacu wari wishingiye Adulai Jaló ko azamwishyura amafaranga ya recruitment. Ntabwo yabikoze kandi n’ubu ntarabikora. Tugiye kumwibutsa inshingano yemeye kuko twe twumvaga atari ngombwa kumusinyisha. Natishyura Jaló ubwo azaba yaratubeshye cyangwa yaribeshye mu kuvuga. Rayon Sports izabyirengera ariko ntabwo ari byiza kutuzuza inshingano.”

Uyu muyobozi wa Rayon yasoje ashimangira ko intego ari uko mu kwezi kwa mbere 2026 Rayon Sports izaba yararangije kwishyura ibirarane byose, kugira ngo ibe yemerewe kugura abakinnyi bashya mu isoko ryo muri Mutarama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Next Post

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.