Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano

radiotv10by radiotv10
25/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ingoma y’u Bubiligi yakolinije u Rwanda, DRC n’u Burundi yasabiwe gufatirwa ibihano
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo yo mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubilirigi yahawe gucukumbura amateka y’ubutegetsi bwakoze ubukoloni, yasabye Inteko gufatira ibihano ingoma y’iki Gihugu yakolonije u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi, kandi bagasaba imbabazi.

Ni umwe mu myanzuro ya komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko imaze imyaka ibiri n’igice icukumbura ku mateka yo ku gihe cy’ubukolini.

Iyi komisiyo ivuga ko yagerageje kwishyira mu mwanya w’ubuzima bw’Abirabura igendeye ku bikorwa by’ivanguraruhu byabaye mu mpeshyi ya 2020.

Iyi komisiyo kandi yakoze inama zikabakaba 300 mu Bubiligi, mu Rwanda, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no mu Burundi, zari zigamije kumva ingaruka z’ubukoloni muri ibi Bihugu bitatu byakolonijwe n’u Bubiligi.

Perezida w’iyi Komisiyo wagejeje ibyifuzo byayo ku Nteko Ishinga Amategeko ku wa Kabiri w’iki Cyumweru aho hakozwe raporo yagizwemo uruhare n’impuguke eshatu, abahagarariye amatsinda ya politiki ndetse n’abandi.

Imwe mu ngingo nkuru muri ibi byifuzo, ni uko habaho gusaba imbabazi, aho muri iyi raporo bagize bati “Inteko Ishinga Amategeko igomba gufatira ibihano ingoma yakoze ubukoloni ku ngoma yo gukoresha uburetwa n’igitugu.”

Bakomeza bavuga ko ibyo bikorwa byari byuzuye ivanguraruhu ndetse no gutesha agaciro ikiremwamuntu kubera ibyakorerwa abirabura icyo gihe.

Bagasaba ko “Inteko Ishinga Amategeko isaba imbazi ku Banyekongo, Abanyarwanda n’Abarundi kubera kubyaza umusaruro ubukungu bwabo, ibikorwa by’ihohoterwa, yaba iryakorewe abantu ku giti cyabo n’iryakorewe amatsinda ryahonyoye uburenganzira bwa muntu ku bw’iyi ngoma.”

Gusa muri iyi myanzuro y’ibyifuzo, ntihagaragaramo ko hari inkurikizi igomba kubaho mu buryo bw’amategeko cyangwa gutanga impozamarira n’indishyi mu buryo bw’amafaranga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 17 =

Previous Post

Perezida Kagame yageze muri Niger yakiranwa urugwiro mu muco gakondo (AMAFOTO)

Next Post

Haravugwa imitwe y’inyeshyamba yerecyeje muri Kenya mu mishyikirano na Leta ya Congo

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa imitwe y’inyeshyamba yerecyeje muri Kenya mu mishyikirano na Leta ya Congo

Haravugwa imitwe y’inyeshyamba yerecyeje muri Kenya mu mishyikirano na Leta ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.