Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

radiotv10by radiotv10
05/01/2026
in MU RWANDA
0
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri bo bahita bitaba Imana, abandi barakomereka.

Ibi byago byabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 04 Mutarama 2026 ubwo aba baturage bari bari mu mirimo muri kiriya gishanga mu Mudugudu wa Cyahafi mu Kagari ka Kibimba, bakaza kugama mu nzu z’abarinda icyambu ubwo imvura yagwaga.

Ubwo bari bugamye nibwo inkuba ifite imbaraga yakubise, abagera mu icyenda bahita bitaba Imana nk’uko byemejwe na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa.

Guverineri yagize ati “Ni ho inkuba yabakubitiye bahinguye, bugamye mu nzu z’abarinda icyambu n’ahakorerwa uburyobyi.”

Yakomeje agira ati “Mu bantu cumi na batanu (15) yakubise, icyenda (9) bahise bapfa, na ho batandatu (6) bakaba bakomeretse, abandi barahungabana, ubu inzego z’ibanze zatangiye gukora ubutabazi.”

Abitabye Imana bahise bajyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Kibungo, ndetse inzego zikaba zateguye uburyo bwo kubaherecyeza ku bufatanye bw’Ubuyobozi bw’Akarere n’imiryango yabo.

Rubingisa avuga ko iyi nkuba yari ikomeye kandi ko idasanzwe muri ibi bice. Ati “Ni ubwa mbere bibaye, twasabye n’abahanga ngo baturebere icyayikuruye kuko yari ifite imbaraga nyinshi.’’

Mu bantu 130 bishwe n’ibiza mu Rwanda mu mwaka wa 2025, abenshi muri bo bahitanywe n’inkuba zikunze kwibasira ibice byo mu Burengerazuba bw’iki Gihugu.

Agace k’Iburengerazuba bw’u Rwanda by’umwihariko Akarere ka Rutsiro kari mu bice bya mbere ku Isi, byibasirwa n’inkuba, nk’uko byatangajwe na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi muri 2023.

Muri uwo mwaka, iyi Minisiteri yatangaje ko mu myaka itanu yari ishize, mu Rwanda Inkuba zishe abantu 273, mu gihe abakomeretse bari 882, biganjemo abo mu Turere nka Rutsiro na Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba.

Iyi Minisiteri kandi yatangaje ko icyo gihe hariho hakorwa ubushakashatsi bw’impamvu aka gace kaza ku isonga mu kwibasirwa n’inkuba ku Isi, ariko ko hakekwaga ko biterwa no kuba gafite ubutumburuke buri hejuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eight =

Previous Post

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Next Post

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Related Posts

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

President Paul Kagame has congratulated his counterpart, Mamadi Doumbouya, on winning the presidential elections in Guinea, assuring him that Rwanda...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

IZIHERUKA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko
AMAHANGA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

05/01/2026
Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

05/01/2026
Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.