Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyiramandwa Rachel, umukecuru wakundaga cyane Perezida Paul Kagame ndetse akaba yaranamusuye iwe mu rugo muri uyu mwaka, yitabye Imana azize uburwayi.

Iyi nkuru ibabaje y’urupfu rwa Nyiramandwa, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Ukuboza 2022, ariko akaba yitabye Imana mu ijoro ryacyeye.

Nyiramandwa Rachel utabarutse ku myaka 110 y’amavuko, yari atuye mu Kagari ka Ngiryi mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yari mu ruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo n’iby’Iburengerazuba mu mpera za Kanama uyu mwaka wa 2022, yasuye uyu mukecuru mu rugo rwe.

Perezida Paul Kagame yasuye Nyiramandwa tariki 26 Kanama 2022, aho uyu mukecuru yongeye kumugaragariza urukundo amukunda, yongera kumushimira ibitangaza yamukoreye ndetse anamushimira imiyoborere ye yongeye kugarurira icyizere Abanyarwanda.

Muri Gashyantare 2019, kandi na bwo Perezida Paul Kagame yari yaramukanyije na Nyiramandwa ubwo Umukuru w’u Rwanda yagiriraga uruzinduko mu Karere ka Nyamagabe, aho uyu mukecuru yari yaje hamwe n’abandi baturage bwakirana Perezida wari wabagendereye.

Icyo gihe baramukanyije ubwo Perezida yari agiye gutaha, ariko akabanza kuramutsa Nyiramandwa wari umufitiye urukumbuzi rwinshi dore ko bwari ubwa gatatu bari bagiye gusuhuzanya.

Muri 2010 ubwo Umukuru w’u Rwanda yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, yasuhuje uyu mukecuru wakundaga kumushimira kenshi, akaza kuvuga ko yifuza kubimwibwirira imbonankubone.

Bongeye gusuhuzanya muri 2017 nanone ubwo Perezida Paul Kagame yari mu gikorwa cyo kwimamariza kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda, Nyiramandwa yongera kuvuga ko Umukuru w’u Rwanda atagenda bataramukanyije, ndetse baranasuhuzanya.

Muri 2010 barasuhuzanyije
Muri 2017 na bwo bari basuhuzanyije
No muri 2019 barongera
Muri uyu mwaka wa 2022 bwo Perezida Kagame yamusuye iwe mu rugo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eight =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

Next Post

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.