Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
30/12/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyiramandwa Rachel, umukecuru wakundaga cyane Perezida Paul Kagame ndetse akaba yaranamusuye iwe mu rugo muri uyu mwaka, yitabye Imana azize uburwayi.

Iyi nkuru ibabaje y’urupfu rwa Nyiramandwa, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Ukuboza 2022, ariko akaba yitabye Imana mu ijoro ryacyeye.

Nyiramandwa Rachel utabarutse ku myaka 110 y’amavuko, yari atuye mu Kagari ka Ngiryi mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yari mu ruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo n’iby’Iburengerazuba mu mpera za Kanama uyu mwaka wa 2022, yasuye uyu mukecuru mu rugo rwe.

Perezida Paul Kagame yasuye Nyiramandwa tariki 26 Kanama 2022, aho uyu mukecuru yongeye kumugaragariza urukundo amukunda, yongera kumushimira ibitangaza yamukoreye ndetse anamushimira imiyoborere ye yongeye kugarurira icyizere Abanyarwanda.

Muri Gashyantare 2019, kandi na bwo Perezida Paul Kagame yari yaramukanyije na Nyiramandwa ubwo Umukuru w’u Rwanda yagiriraga uruzinduko mu Karere ka Nyamagabe, aho uyu mukecuru yari yaje hamwe n’abandi baturage bwakirana Perezida wari wabagendereye.

Icyo gihe baramukanyije ubwo Perezida yari agiye gutaha, ariko akabanza kuramutsa Nyiramandwa wari umufitiye urukumbuzi rwinshi dore ko bwari ubwa gatatu bari bagiye gusuhuzanya.

Muri 2010 ubwo Umukuru w’u Rwanda yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, yasuhuje uyu mukecuru wakundaga kumushimira kenshi, akaza kuvuga ko yifuza kubimwibwirira imbonankubone.

Bongeye gusuhuzanya muri 2017 nanone ubwo Perezida Paul Kagame yari mu gikorwa cyo kwimamariza kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda, Nyiramandwa yongera kuvuga ko Umukuru w’u Rwanda atagenda bataramukanyije, ndetse baranasuhuzanya.

Muri 2010 barasuhuzanyije
Muri 2017 na bwo bari basuhuzanyije
No muri 2019 barongera
Muri uyu mwaka wa 2022 bwo Perezida Kagame yamusuye iwe mu rugo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

Next Post

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Ruhago y’Isi mu marira: Ibiri kuvugwa nyuma y’urupfu rwa kizigenza muri ‘Football’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.