Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

radiotv10by radiotv10
31/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda, azishimira ubwitange bukomeje kuziranga, anihanganisha imiryango y’abagiye baburira ubuzima bwabo mu nshingano zabo.

Ni mu butumwa busanzwe butangwa n’Umukuru w’u Rwanda buri mpera z’umwaka, aho ubw’uyu mwaka Perezida Paul Kagame yatangiye avuga ko yifuriza umwaka mushya muhire wa 2023 abagabo n’abagore bo mu gisirikare cy’u Rwanda.

Yakomeje agira ati “Mu gihe turi gusatira impera za 2022, ndifuza kubashimira imikorere yanyu y’intangarugero, gukora cyane kandi kinyamwuga mu gushyira mu bikorwa inshingano zanyu mu kurinda abaturage n’ubusugire bw’u Rwanda ndetse n’uburyo mwitwara mu bibazo bibangamiye umutekano mu kugarura amahoro.”

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda kandi yavuze ko abasirikare b’u Rwanda ndetse n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda bakomeje kwitwara neza mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Bihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika birimo Mozambique aho barwanya ibikorwa by’iterabwoba ndetse no muri Repubulika ya Centrafrique mu kugarura amahoro.

Ati “Abari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro, bakomeje kuba ba Ambasaderi beza b’u Rwanda, bagaragaza indangagaciro nziza zituranga. Ndagira ngo mbashimire byimazeyo mwese uburyo mukomeje gutuma Igihugu cyacu kigira ishema.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yaboneyeho gushimira abo bose boherejwe mu butumwa bakaba basoje umwaka batari kumwe n’imiryango yabo, abashimira umuhate ukomeje kubaranga.

Yanagarutse ku bagiye baburira ubuzima bwabo muri izi nshingano ubwo bariho bakorera Igihugu cyabo ndetse n’Isi muri uyu mwaka wa 2022.

Ati “Mbikuye ku mutima nihanganishije imiryango yabo, mbasezeranya ko ubuyobozi ndetse n’Abanyarwanda bifatanyije namwe.”

Yasoje yibutsa ko intangiro z’umwaka ari amahirwe yo kongera kwiyibutsa no kwiyemeza kurushaho kurinda Igihugu cy’u Rwanda bimwe mu bikorwa bishobora kugihungabanya, bityo kikarushaho gukomeza gutera imbere mu bukungu ndetse no mu mibereho myiza y’abagituye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Iyegura ry’umusubirizo ry’Abaminisitiri muri DRC ryatumye Tshisekedi afata icyemezo gikomeye

Next Post

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.