Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

radiotv10by radiotv10
31/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda, azishimira ubwitange bukomeje kuziranga, anihanganisha imiryango y’abagiye baburira ubuzima bwabo mu nshingano zabo.

Ni mu butumwa busanzwe butangwa n’Umukuru w’u Rwanda buri mpera z’umwaka, aho ubw’uyu mwaka Perezida Paul Kagame yatangiye avuga ko yifuriza umwaka mushya muhire wa 2023 abagabo n’abagore bo mu gisirikare cy’u Rwanda.

Yakomeje agira ati “Mu gihe turi gusatira impera za 2022, ndifuza kubashimira imikorere yanyu y’intangarugero, gukora cyane kandi kinyamwuga mu gushyira mu bikorwa inshingano zanyu mu kurinda abaturage n’ubusugire bw’u Rwanda ndetse n’uburyo mwitwara mu bibazo bibangamiye umutekano mu kugarura amahoro.”

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda kandi yavuze ko abasirikare b’u Rwanda ndetse n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda bakomeje kwitwara neza mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Bihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika birimo Mozambique aho barwanya ibikorwa by’iterabwoba ndetse no muri Repubulika ya Centrafrique mu kugarura amahoro.

Ati “Abari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro, bakomeje kuba ba Ambasaderi beza b’u Rwanda, bagaragaza indangagaciro nziza zituranga. Ndagira ngo mbashimire byimazeyo mwese uburyo mukomeje gutuma Igihugu cyacu kigira ishema.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yaboneyeho gushimira abo bose boherejwe mu butumwa bakaba basoje umwaka batari kumwe n’imiryango yabo, abashimira umuhate ukomeje kubaranga.

Yanagarutse ku bagiye baburira ubuzima bwabo muri izi nshingano ubwo bariho bakorera Igihugu cyabo ndetse n’Isi muri uyu mwaka wa 2022.

Ati “Mbikuye ku mutima nihanganishije imiryango yabo, mbasezeranya ko ubuyobozi ndetse n’Abanyarwanda bifatanyije namwe.”

Yasoje yibutsa ko intangiro z’umwaka ari amahirwe yo kongera kwiyibutsa no kwiyemeza kurushaho kurinda Igihugu cy’u Rwanda bimwe mu bikorwa bishobora kugihungabanya, bityo kikarushaho gukomeza gutera imbere mu bukungu ndetse no mu mibereho myiza y’abagituye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Iyegura ry’umusubirizo ry’Abaminisitiri muri DRC ryatumye Tshisekedi afata icyemezo gikomeye

Next Post

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.