Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba

radiotv10by radiotv10
31/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda anagaruka ku batabarukiye ku rugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yageneye ubutumwa Ingabo z’u Rwanda, azishimira ubwitange bukomeje kuziranga, anihanganisha imiryango y’abagiye baburira ubuzima bwabo mu nshingano zabo.

Ni mu butumwa busanzwe butangwa n’Umukuru w’u Rwanda buri mpera z’umwaka, aho ubw’uyu mwaka Perezida Paul Kagame yatangiye avuga ko yifuriza umwaka mushya muhire wa 2023 abagabo n’abagore bo mu gisirikare cy’u Rwanda.

Yakomeje agira ati “Mu gihe turi gusatira impera za 2022, ndifuza kubashimira imikorere yanyu y’intangarugero, gukora cyane kandi kinyamwuga mu gushyira mu bikorwa inshingano zanyu mu kurinda abaturage n’ubusugire bw’u Rwanda ndetse n’uburyo mwitwara mu bibazo bibangamiye umutekano mu kugarura amahoro.”

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda kandi yavuze ko abasirikare b’u Rwanda ndetse n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda bakomeje kwitwara neza mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Bihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika birimo Mozambique aho barwanya ibikorwa by’iterabwoba ndetse no muri Repubulika ya Centrafrique mu kugarura amahoro.

Ati “Abari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro, bakomeje kuba ba Ambasaderi beza b’u Rwanda, bagaragaza indangagaciro nziza zituranga. Ndagira ngo mbashimire byimazeyo mwese uburyo mukomeje gutuma Igihugu cyacu kigira ishema.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yaboneyeho gushimira abo bose boherejwe mu butumwa bakaba basoje umwaka batari kumwe n’imiryango yabo, abashimira umuhate ukomeje kubaranga.

Yanagarutse ku bagiye baburira ubuzima bwabo muri izi nshingano ubwo bariho bakorera Igihugu cyabo ndetse n’Isi muri uyu mwaka wa 2022.

Ati “Mbikuye ku mutima nihanganishije imiryango yabo, mbasezeranya ko ubuyobozi ndetse n’Abanyarwanda bifatanyije namwe.”

Yasoje yibutsa ko intangiro z’umwaka ari amahirwe yo kongera kwiyibutsa no kwiyemeza kurushaho kurinda Igihugu cy’u Rwanda bimwe mu bikorwa bishobora kugihungabanya, bityo kikarushaho gukomeza gutera imbere mu bukungu ndetse no mu mibereho myiza y’abagituye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Iyegura ry’umusubirizo ry’Abaminisitiri muri DRC ryatumye Tshisekedi afata icyemezo gikomeye

Next Post

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira

Inkuru ibabaje: Umukecuru wakundaga bihebuje Perezida Kagame yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.