Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru iryoshye y’uburyo Kagame akiri muto yakangiwe n’umujandarume aho yaje gutura ari Perezida

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inkuru iryoshye y’uburyo Kagame akiri muto yakangiwe n’umujandarume aho yaje gutura ari Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze uburyo akiri muto yari agiye guhohoterwa n’Umujandarume warindaga imwe mu nyubako yakoreragamo inzego z’ubuyobozi yari iherereye mu mujyi rwagati mu Kiyovu ahari hanatuye uwari Perezida, Juvenal Habyarimana, akaza kwisanga ahatuye na we ari Umukuru w’Igihugu.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo, aho yagarukaga ku byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, wavuze ko iyi Minisiteri akoramo, akiri umwana yajyaga ayijyamo agiye kurya umunyenga muri Ascenseur, avuga ko kuba yaragiye kuyikoramo, ari uko ubuyobozi bureba kure.

Perezida Kagame ubwo yatangiraga ijambo rye, yavuze ko iyi ari yo Politiki ya FPR-Inkotanyi itagira uwo isiga inyuma ndetse yo guha amahirwe abana b’u Rwanda bose.

Ati “Ushobora kwibwira ngo hari uwari ubizi wabikurikiranaga ageze aho atuma bimera bityo, ariko ntabwo ari byo, ariko ni byo ku rundi ruhande ku bwa politiki, ku bw’Igihugu gishyira imbere abacyo ntawe gisize inyuma.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko na we afite inkuru ijya gusa n’iyi ya Irere Claudette y’ibyamubayeho na we akiri muto, ubwo yazaga mu Rwanda avuye muri Uganda aho umuryango we wari warahungiye, dore ko yaje mu Rwanda inshuro eshatu, zirimo ubwo yazaga mu 1977 ndetse no mu 1978 no mu 1979, kandi ko izo nshuro zose yabaga ari umwana muto ndetse bigaragara ko yabaga mu buhungiro koko.

Ati “Iyo twari kuba duhuriye mu nzira wari no kunkubitira n’ubusa, ndetse ni ko byari bigiye kugenda.”

Perezida Kagame yavuze ko icyo gihe yabaga aje gusura umuryango wa Muyango Claver bari bafitanye isano wari utuye mu Kiyovu mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, akaboneraho gutembera uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda.

Aho uyu muryango wari utuye, hari hegeranye n’Ibiro bya Ambasade y’icyahoze ari Zaire [Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’ubu] ndetse n’urwahoze ari urugo rw’uwari Perezida, Juvenal Habyarimana.

Yavuze ko Umujyi wa Kigali yajyaga akunda kuwugenda n’amaguru akawutembera ku buryo awuzi wose, ndetse agaruka uburyo yigeze kuva mu rugo akanyura aho hakoreraga izo nzego zikomeye.

Ati “Nza kuhanyura n’amaguru nabaga mfite agatabo njyenda nisomesha, nijijisha nza kuhanyura nyura kuri iyo Ambasade ndazamuka ngana aho Ababiligi bari batuye, umujandarume wari uharinze ati ‘yewe sha’ ndamwihorera noneho bituma nsoma kurushaho, nguma njyenda, ati ‘we yewe’, ndabanza namwihorera, ngiye kumva numva arambuka yari yambaye boot z’abasirikare zirimo ibyuma hasi, numva yambuka umuhanda, aza nsanga ati ‘yewe sha ni wowe mbwira’, noneho ndahindukira ndamureba, nti ‘ni njye wavugaga?’ ati ‘ngwino hano’ ngira ntya nsa nk’utabyumvise ndavuduka ndiruka, arankurikira aranyirukankana, ariko ntabwo yamenye aho nyuze, ndiruka ndamusiga.”

Yasobanuye uko uwo munsi yaje kugaruka mu rugo rw’uyu muryango yari yaraje gusura, ariko anasoreza ku kuba aha yakangiwe n’umujandarume, haraje kuba iwe ndetse akahatura ari Umukuru w’Igihugu.

Ati “Ubwo byabaye mu 1977 cyangwa mu 1978, hanyuma karabayeee naje kwisanga ntuye muri iyo nzu. Ubwo rero birasa n’ibya Irere wajyaga ajyenda muri Ascenseur ari umwana bamukubita imijugujugu akubagana yirukanka, ageze aho agaruka aba ari we uyobora Minisiteri. Ntiwumva ko ibintu byikora rero.”

Perezida Kagame yavuze ko aya mateka ari na wo murongo w’Umuryango FPR-Inkotanyi uha abantu amahiwe n’ubushobozi, bakajya ku rwego rubakwiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Kagame yavuze igisubizo yaha abavuga ko FPR-Inkotanyi igira igitugu

Next Post

Niger: Igikekwa ku itoroka ry’imfungwa nyinshi zari zifungiye muri Gereza irinzwe bikomeye

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Niger: Igikekwa ku itoroka ry’imfungwa nyinshi zari zifungiye muri Gereza irinzwe bikomeye

Niger: Igikekwa ku itoroka ry’imfungwa nyinshi zari zifungiye muri Gereza irinzwe bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.