Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

radiotv10by radiotv10
14/01/2026
in MU RWANDA
0
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera ibice binyuranye by’Igihugu cyabibarutse, bakibonera ibyiza bigitatse.

Amb. Busingye yabisangije abantu mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga buherekejwe n’amafoto we na Amb. François Nkulikiyimfura uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, bari mu bice binyuranye by’u Rwanda.

Yavuze ko bari bamaze igihe kinini bifuza gusura bimwe mu bice binyuranye by’iki Gihugu cyabibarutse banahagarariye muri bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi.

Yavuze ko icyemezo cyo gukora uru rugendo bacyemeje ubwo bari mu birori tariki 08 Mutarama 2026, ubundi hashize iminsi ibiri gusa, inkoka iba ari yo ngoma bahita babishyira mu bikorwa.

Ati “Ku cyumweru tariki ya 11, turi kumwe na Magnas Mazimpaka, umunyamakuru ukomeye, Umuyobozi wa Taarifa, umuhanga mu by’ikoranabuhanga, umugide wa ba mukerarugendo […] hamwe n’umushoferi wacu w’umuhanga, Gilbert Shyaka, mu rugendo rutuje twazengurutse Bugesera, Nyanza, Huye, Rusizi, Karongi, Rubavu, Nyirangarama.”

Yakomeje avuga ko banifuzaga gusura Umujyi wa musange ndetse n’agace ka Bigogwe, ariko ko bitabakundiye, bakaba barabyimuriye ikindi gihe.

Amb. Busingye yakomeje avuga ko ubwo bageraga mu Karere ka Bugesera, banyuzwe n’iterambere ryageze muri aka Karere ndetse n’ibyazamuye imibereho y’abagatuye.

Ati “Ahenshi muri Bugesera harahindutse cyane, hari ibikorwa remezo byinshi, imiturire, ubucuruzi, ishoramari ry’inganda, ubuhinzi, ibigo by’amashuri. Aha turi mu muhanda ugana ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burundi, aho umuhanda mushya mwiza cyane ugana i Nyanza utangirira. Umupaka uri hafi aho. (ahari isangano ry’umujyi n’abantu benshi) Hanyuma ku kiraro cya Rwabusoro kizwi cyane.”

Yakomeje agira ati “Mu rugendo twakoze tunyura mu cyaro cyiza kandi gishimishije. Tumaze kugera ku muhanda wa Kigali-Huye, twasuye ubucuruzi bwa Stafford Coffee i Nyanza- (Serivisi zabo, ikawa yabo na cake z’ibitoki byo biri ku rundi rwego).”

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yavuze ko banageze kuri Kaminuza y’u Rwanda ishami ryayo rya Huye, na ho bakareba uburyo yagutse kandi inogeye ijisho.

Amb Busingye na mugenzi we François Nkulikiyimfura batembereye u Rwanda birabanyura
Bari kumwe n’umunyamakuru Magnus Mazimpaka
Bageze mu nzira bafata ka Kawa kabatera morale
Bageze no kuri Kaminuza y’u Rwanda i Huye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Related Posts

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

IZIHERUKA

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira
MU RWANDA

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.