Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru nziza ku bibazaga irengero rya bisi 100 zatumijwe na Guverinoma nyuma y’amarira y’abagenzi

radiotv10by radiotv10
19/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkuru nziza ku bibazaga irengero rya bisi 100 zatumijwe na Guverinoma nyuma y’amarira y’abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abibazaga irengero rya Bisi 100 zatumijwe na Guverinoma y’u Rwanda yizeza kuzongera mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, basubijwe; kuko izi modoka zashyizwe mu muhanda zigatangira gutwara abagenzi.

Ni bisi zatumijwe na Guverinoma y’u Rwanda nyuma y’uko benshi mu bakoresha imodoka za rusange mu Mujyi wa Kigali, bakunze gutaka ikibazo cy’umubare muto wazo, utuma bamwe bamara amasaha n’amasaha batonze umurongo ahategerwa izi modoka.

Mu mpera z’Ugushyingo 2023, Guverinoma y’u Rwanda yari yatangaje ko muri Bisi 200 yatumije, hamaze kuza ijana.

Icyo gihe hari tariki 30 Ugushyingo 2023, hari hatangajwe ko bisi 40 zamaze kugera i Kigali mu gihe izindi 60 na zo zari ziri mu nzira ziva muri Tanzania, na zo zagombaga kugera mu Rwanda mbere y’uko uko kwezi kurangira.

Gusa bamwe mu bakunze gutega imodoka za rusange mu Mujyi wa Kigali, bari babwiye RADIOTV10 ko batumva ikibura ngo izi modoka zitangire kubatwara nyamara babize neza ko zamaze kuza.

Umwe yari yagize ati “Ziparitse ahahoze MAGERWA i Kanyinya, ariko zimazemo amezi nk’atatu. Twibaza icyo bazizaniye.”

Undi na we waganirije abanyamakuru bakora ikiganiro Zinduka gica kuri Radio 10 buri gitondo, yagize ati “Ziri kuri MAGERWA birirwa bazikuraho ivumbi.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Jimmy Gasore ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yari yemereye Ikinyamakuru Kigali Today ko izo modoka zaje koko, ariko ko hari ibyabanje gushyirwa ku murongo kugira ngo zitangire zitware abagenzi.

Yagize ati “Nyuma y’aho habayeho kumenyesha abantu ko zihari, bityo abazifuza batangira gusaba kuzihabwa ngo bazikoreshe. Ibyo nabyo byarakozwe hakurikiraho gahunda yo kuzitanga, kuri uyu wa Gatanu turi bumurikire rubanda izo modoka.”

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura imirimo ifitiye Igihugu akamaro RURA, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Mutarama 2024 rwatangaje ko izi modoka zashyizwe mu muhanda kugira ngo zitangire gutwara abagenzi.

Mu butumwa RURA yanyujije kuri X, buherekejwe n’amafoto ya zimwe muri izi modoka, uru Rwego rwagize ruti “Mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali hakiriwe indi ntambwe ishimishije uyu munsi yo gutangiza bisi nshya 100.”

Uru rwego rwaboneyeho gushimira abafatanyabikorwa batumye iyi ntambwe iterwa, rukavuga ko izi bisi zizagira uruhare rukomeye mu kwihutisha gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali ndetse zikagabanya umwanya abagenzi bamaraga bategereje imodoka.

Izi bisi zatangiye gutwara abagenzi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 8 =

Previous Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Next Post

Uganda yakiriye inama zikomeye zirimo iyiga ku bibazo by’ingutu bihanganyikishije Isi

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda yakiriye inama zikomeye zirimo iyiga ku bibazo by’ingutu bihanganyikishije Isi

Uganda yakiriye inama zikomeye zirimo iyiga ku bibazo by'ingutu bihanganyikishije Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.