Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru nziza ku bibazaga irengero rya bisi 100 zatumijwe na Guverinoma nyuma y’amarira y’abagenzi

radiotv10by radiotv10
19/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkuru nziza ku bibazaga irengero rya bisi 100 zatumijwe na Guverinoma nyuma y’amarira y’abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abibazaga irengero rya Bisi 100 zatumijwe na Guverinoma y’u Rwanda yizeza kuzongera mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, basubijwe; kuko izi modoka zashyizwe mu muhanda zigatangira gutwara abagenzi.

Ni bisi zatumijwe na Guverinoma y’u Rwanda nyuma y’uko benshi mu bakoresha imodoka za rusange mu Mujyi wa Kigali, bakunze gutaka ikibazo cy’umubare muto wazo, utuma bamwe bamara amasaha n’amasaha batonze umurongo ahategerwa izi modoka.

Mu mpera z’Ugushyingo 2023, Guverinoma y’u Rwanda yari yatangaje ko muri Bisi 200 yatumije, hamaze kuza ijana.

Icyo gihe hari tariki 30 Ugushyingo 2023, hari hatangajwe ko bisi 40 zamaze kugera i Kigali mu gihe izindi 60 na zo zari ziri mu nzira ziva muri Tanzania, na zo zagombaga kugera mu Rwanda mbere y’uko uko kwezi kurangira.

Gusa bamwe mu bakunze gutega imodoka za rusange mu Mujyi wa Kigali, bari babwiye RADIOTV10 ko batumva ikibura ngo izi modoka zitangire kubatwara nyamara babize neza ko zamaze kuza.

Umwe yari yagize ati “Ziparitse ahahoze MAGERWA i Kanyinya, ariko zimazemo amezi nk’atatu. Twibaza icyo bazizaniye.”

Undi na we waganirije abanyamakuru bakora ikiganiro Zinduka gica kuri Radio 10 buri gitondo, yagize ati “Ziri kuri MAGERWA birirwa bazikuraho ivumbi.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Jimmy Gasore ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yari yemereye Ikinyamakuru Kigali Today ko izo modoka zaje koko, ariko ko hari ibyabanje gushyirwa ku murongo kugira ngo zitangire zitware abagenzi.

Yagize ati “Nyuma y’aho habayeho kumenyesha abantu ko zihari, bityo abazifuza batangira gusaba kuzihabwa ngo bazikoreshe. Ibyo nabyo byarakozwe hakurikiraho gahunda yo kuzitanga, kuri uyu wa Gatanu turi bumurikire rubanda izo modoka.”

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura imirimo ifitiye Igihugu akamaro RURA, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Mutarama 2024 rwatangaje ko izi modoka zashyizwe mu muhanda kugira ngo zitangire gutwara abagenzi.

Mu butumwa RURA yanyujije kuri X, buherekejwe n’amafoto ya zimwe muri izi modoka, uru Rwego rwagize ruti “Mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali hakiriwe indi ntambwe ishimishije uyu munsi yo gutangiza bisi nshya 100.”

Uru rwego rwaboneyeho gushimira abafatanyabikorwa batumye iyi ntambwe iterwa, rukavuga ko izi bisi zizagira uruhare rukomeye mu kwihutisha gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali ndetse zikagabanya umwanya abagenzi bamaraga bategereje imodoka.

Izi bisi zatangiye gutwara abagenzi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − twelve =

Previous Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Next Post

Uganda yakiriye inama zikomeye zirimo iyiga ku bibazo by’ingutu bihanganyikishije Isi

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda yakiriye inama zikomeye zirimo iyiga ku bibazo by’ingutu bihanganyikishije Isi

Uganda yakiriye inama zikomeye zirimo iyiga ku bibazo by'ingutu bihanganyikishije Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.