Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nziza n’urujijo ku mwana w’i Musanze wari wabuze bigahangayikisha umuryango we

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in MU RWANDA
0
Inkuru nziza n’urujijo ku mwana w’i Musanze wari wabuze bigahangayikisha umuryango we
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka 16 wiga mu ishuri ryo mu Karere ka Musanze wari wabuze nyuma yo kwaka uruhushya ubuyobozi bw’ishuri yigamo avuga ko agiye kwivuza, ariko uwo munsi ntagaruke, yabonetse nyuma y’iminsi itatu bamushakisha, aho abonekeye abwira umuryango we ko na we atazi uko yageze aho bamusanze.

Uyu mwana wiga mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishuri rya Sonrise High School rinigishamo umubyeyi we, yari yabuze ku wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2024, nyuma yuko avuye ku ishuri mu gihe cy’amasomo asabye uruhushya ubuyobozi bw’ishuri avuga ko agiye kwivuza umutwe kuko yavugaga ko ari kuribwa.

Yabonetse kuri uyu wa Kane tariki 28 Ugushyingo 2024 ubwo umubyeyi we yahamagarwaga n’abantu bamubwira ko bamubonye mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze.

Uyu mubyeyi wavuganye n’ikinyamakuru Kigali Today dukesha iyi nkuru, yagize ati “ubu turi kumwe, nakomeje kumubaza impamvu yageze muri Kimonyi kandi yari yasabye uruhushya rwo kujya kwivuza, ari kumbwira ko na we atazi uburyo yagezeyo.”

Uyu mubyeyi avuga ko nyuma yuko babonye umwana wabo, bari kumwondora. Ati “nyuma wenda araduha amakuru kuko ntabwo natwe turamenya neza icyatumye abura muri iyo minsi itatu, buriya namara kuruhuka aratubwira ibyamubayeho.”

Uyu mubyeyi uvuga ko umwana we yagiye atarembye, cyane avuga ko ubwo yaburaga, bagiye gushakishiriza mu mavuriro yose yo mu mujyi wa Musanze bahereye ku ryo yari yagiye kwivurizamo ryo kwa Kanimba, bakamubura, ari bwo biyambazaga uburyo bwose burimo gutanga amatangazo ku mbuga nkoranyambaga no ku bitangazamakuru.

Byamukama Isaac uyobora ishuri rya Sonrise School yavuze ko uyu mwana yabanje kubonwa n’umubyeyi bahuriye mu nzira agahita amujyana ku Biro by’Akagari ari na ho babahamagaye.

Ati “Uwo mubyeyi yamujyanye ku Kagari amugejejeyo bafata za telefoni twari twashyize ku itangazo, baraduhamagara duhita tunyaruka tujya kumureba.”

Avuga ko basanze uyu mwana ameze neza, ndetse n’imyenda ye n’inkweto yagiye yambaye bisa neza, bagahita bamujyana kuri Isange One Stop Center, kugira ngo hasuzumwe niba atarahohotewe.

Umuryango w’uyu mwana, uvuga ko ntakibazo asanzwe agira, ndetse ko ari umuhanga mu ishuri kuko atsinda akagira amanota meza, akaba ari n’umwana wumvikana ko afite ahazaza he heza kubera intego afite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Quand la corruption nous tient!

Next Post

Umuraperi w’ikirangirire Drake akomeje kuzamura imanza zifite ikizihishe inyuma

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

by radiotv10
30/05/2025
0

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri...

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

by radiotv10
30/05/2025
0

Alain Numa, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yifashishije ifoto asangira ifunguro n’abayenshuri, yagaragaje ko yishimira uruhare...

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

by radiotv10
30/05/2025
0

Umusaza w’imyaka 62 wo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore uvugwaho kwicuruza...

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

by radiotv10
30/05/2025
0

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze...

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

by radiotv10
30/05/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y'Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi w’ikirangirire Drake akomeje kuzamura imanza zifite ikizihishe inyuma

Umuraperi w’ikirangirire Drake akomeje kuzamura imanza zifite ikizihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.