Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in MU RWANDA
0
Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Inzobere akaba n’umuhanga mu by’ubukungu, Herman Musahara wari ufite impamyabumenyi y’ikirenga, wari n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda; yitabye Imana.

Urupfu rwa Herman Musahara wigishaga ibijyanye n’ubukungu muri Kaminuza y’u Rwanda, rwatangiye kuvugwa kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo 2024, ndetse binemezwa ko yitabye Imana.

Nyakwigendera Musahara yari afite impamyabumenyi zinyuranye zirimo ihanitse PhD mu bijyanye n’ubumenyi mu by’iterambere, yakuye muri University of the Western Cape muri Afurika y’Epfo.

Yari anafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri n’icya gatatu bya kaminuza, yavanye muri University of Dar es Salaam yo muri Tanzania.

Uretse kuba yigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, Herman Musahara yanabaye Umuyobozi Mukuru ushinzwe Serivisi z’ubujyanama muri iri Shuri Rikuru ry’u Rwanda.

Musahara yanabaye Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Umuryango ‘Organization for Social Science Research’ ukora ibijyanye n’ubushakashatsi ku mibereho muri Afurika y’Iburasirazuba y’iy’Amajyepfo ufite icyicaro Addis Ababa muri Ethiopia.

Kuva muri 2011 kugeza muri 2014 kandi, yari n’Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo n’Ubushakashatsi mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda NUR.

Yigishaga ibijyanye n’iterambere ry’Ubukungu, ubusesenguzi ku bukene ndetse n’ibijyanye n’ubushakashatsi, akaba yaranakoze ubushakashatsi bunyuranye burimo ubujyanye n’imibereho y’abaturaye, byumwihariko ku bijyanye n’impamvu zituma abaturage bava mu bice by’icyaro bakimukira mu mijyi.

Yanashyize hanze inyandiko z’ubushakashatsi zitandukanye zirimo ubuvuga ku mibereho, ndetse n’urugendo rwo kongera kwiyubaka k’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + one =

Previous Post

Ibipimo by’imiyoborere: Umutekano wongeye kuza ku isonga amanota ntiyanyeganyega, kurwanya ruswa biramanuka

Next Post

BREAKING: Hatawe muri yombi abarimo abakora mu rwego rw’Ubutabera hatangazwa n’icyo bakurikiranyweho

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hatawe muri yombi abarimo abakora mu rwego rw’Ubutabera hatangazwa n’icyo bakurikiranyweho

BREAKING: Hatawe muri yombi abarimo abakora mu rwego rw’Ubutabera hatangazwa n’icyo bakurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.