Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/11/2024
in MU RWANDA
0
Inkuru y’akababaro ku ntiti mu by’ubukungu wari umwe mu nzobere mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Inzobere akaba n’umuhanga mu by’ubukungu, Herman Musahara wari ufite impamyabumenyi y’ikirenga, wari n’umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda; yitabye Imana.

Urupfu rwa Herman Musahara wigishaga ibijyanye n’ubukungu muri Kaminuza y’u Rwanda, rwatangiye kuvugwa kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Ugushyingo 2024, ndetse binemezwa ko yitabye Imana.

Nyakwigendera Musahara yari afite impamyabumenyi zinyuranye zirimo ihanitse PhD mu bijyanye n’ubumenyi mu by’iterambere, yakuye muri University of the Western Cape muri Afurika y’Epfo.

Yari anafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri n’icya gatatu bya kaminuza, yavanye muri University of Dar es Salaam yo muri Tanzania.

Uretse kuba yigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, Herman Musahara yanabaye Umuyobozi Mukuru ushinzwe Serivisi z’ubujyanama muri iri Shuri Rikuru ry’u Rwanda.

Musahara yanabaye Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Umuryango ‘Organization for Social Science Research’ ukora ibijyanye n’ubushakashatsi ku mibereho muri Afurika y’Iburasirazuba y’iy’Amajyepfo ufite icyicaro Addis Ababa muri Ethiopia.

Kuva muri 2011 kugeza muri 2014 kandi, yari n’Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo n’Ubushakashatsi mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda NUR.

Yigishaga ibijyanye n’iterambere ry’Ubukungu, ubusesenguzi ku bukene ndetse n’ibijyanye n’ubushakashatsi, akaba yaranakoze ubushakashatsi bunyuranye burimo ubujyanye n’imibereho y’abaturaye, byumwihariko ku bijyanye n’impamvu zituma abaturage bava mu bice by’icyaro bakimukira mu mijyi.

Yanashyize hanze inyandiko z’ubushakashatsi zitandukanye zirimo ubuvuga ku mibereho, ndetse n’urugendo rwo kongera kwiyubaka k’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Ibipimo by’imiyoborere: Umutekano wongeye kuza ku isonga amanota ntiyanyeganyega, kurwanya ruswa biramanuka

Next Post

BREAKING: Hatawe muri yombi abarimo abakora mu rwego rw’Ubutabera hatangazwa n’icyo bakurikiranyweho

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hatawe muri yombi abarimo abakora mu rwego rw’Ubutabera hatangazwa n’icyo bakurikiranyweho

BREAKING: Hatawe muri yombi abarimo abakora mu rwego rw’Ubutabera hatangazwa n’icyo bakurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.