Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in MU RWANDA
1
Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana, Pasiteri Niyonshuti Theogene wari mu bigisha ijambo ry’Imana bakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabiye Imana muri Uganda, azize impanuka ikomeye, aho we n’abo bari kumwe mu modoka bagonzwe na bus.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10 mu masaha akuze mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 22 Kamena 2023, avuga ko Pasiteri Theogene yitabye Imana azize impanuka y’imodoka, aho yari yagiye mu ruzinduko rwe bwite muri Uganda.

Uwaduhaye amakuru, yavuze ko Pasiteri Theogene yari yagiye muri Uganda, kuzana abashyitsi bari baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za America, bari baje kumusura iwe.

Uyu waduhaye amakuru, avuga kandi ko Theogene yari yajyanye n’umuhanzi Ntezimana Donat, ari na we warokotse muri iyi mpanuka.

Avuga ko iyi mpanuka yabereye ahitwa Kabare, ubwo Theogene n’abo bashyitsi bagarukaga mu Rwanda, bagera hariya i Kabare, bakagongwa n’imodoka nini (Bus) itwara abagenzi, ikabagonga, ndetse igahita ibagwa hejuru.

Ubwo iyi modoka yabagwaga, hejuru, ngo haje indi modoka yo kuyikuraho, ariko yayizamura, yagera hejuru, ikagwa ikongera ikagwa kuri iyi modoka bari barimo.

Umwe mu nshuti za hafi za Pasiteri Theogene, avuga ko muri iki cyumweru bari bagiye gusengana, ndetse hakabaho iyerekwa ko Imana ihaye umuterankunga abana ba Theogene, ariko ntibasobanukirwe neza ibyo Imana yari ivuze.

Uyu wavugaga iby’iri yerekwa, yagize ati “Urumva Imana yashakaga kuvuga ko Pasiteri Theogene agiye kwitahira ko abana be batazabura uzabitaho, ariko twe ntitubimenye.”

Hari amakuru avuga kandi ko umugore wa Pasiteri Theogene, ndetse n’izindi nshuti za hafi, bahise berecyeza muri Uganda, ahabereye iyi mpanuka, ndetse bakaba bahageze, aho umugore wa nyakwigendera, yahise anagira ikibazo cy’ihungabana.

Ubuyobozi bw’Itorero rya ADEPR ryasengeragamo Pasiteri Theogene Niyonshuti, na bwo bwemeje inkuru y’urupfu rwa nyakwigendera, aho Umuvugizi w’iri Torero, yavuze ko yitabye Imana.

Uyu Muvugizi wa ADEPR yagize “Nubwo bitaratangazwa ku mugaragaro, ariko twamenye ko Pasiteri Theogene yitabye Imana azize impanuka ubwo yavaga mu gihugu cya Uganda.”

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Sebushari says:
    2 years ago

    Manaweeee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + twelve =

Previous Post

Haravugwa icyemezo cyumvikana nk’agahomamunwa cyakurikiye ibiteye agahinda byabaye ku mukobwa

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu RDF yakoreyemo ibikorwa by’indashyikirwa

Related Posts

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

by radiotv10
27/10/2025
0

The Rwanda National Police (RNP) has said it is working closely with other government agencies, including the Rwanda Investigation Bureau...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata...

IZIHERUKA

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye
FOOTBALL

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

27/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu RDF yakoreyemo ibikorwa by’indashyikirwa

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu RDF yakoreyemo ibikorwa by’indashyikirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.