Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in MU RWANDA
1
Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana, Pasiteri Niyonshuti Theogene wari mu bigisha ijambo ry’Imana bakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabiye Imana muri Uganda, azize impanuka ikomeye, aho we n’abo bari kumwe mu modoka bagonzwe na bus.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10 mu masaha akuze mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 22 Kamena 2023, avuga ko Pasiteri Theogene yitabye Imana azize impanuka y’imodoka, aho yari yagiye mu ruzinduko rwe bwite muri Uganda.

Uwaduhaye amakuru, yavuze ko Pasiteri Theogene yari yagiye muri Uganda, kuzana abashyitsi bari baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za America, bari baje kumusura iwe.

Uyu waduhaye amakuru, avuga kandi ko Theogene yari yajyanye n’umuhanzi Ntezimana Donat, ari na we warokotse muri iyi mpanuka.

Avuga ko iyi mpanuka yabereye ahitwa Kabare, ubwo Theogene n’abo bashyitsi bagarukaga mu Rwanda, bagera hariya i Kabare, bakagongwa n’imodoka nini (Bus) itwara abagenzi, ikabagonga, ndetse igahita ibagwa hejuru.

Ubwo iyi modoka yabagwaga, hejuru, ngo haje indi modoka yo kuyikuraho, ariko yayizamura, yagera hejuru, ikagwa ikongera ikagwa kuri iyi modoka bari barimo.

Umwe mu nshuti za hafi za Pasiteri Theogene, avuga ko muri iki cyumweru bari bagiye gusengana, ndetse hakabaho iyerekwa ko Imana ihaye umuterankunga abana ba Theogene, ariko ntibasobanukirwe neza ibyo Imana yari ivuze.

Uyu wavugaga iby’iri yerekwa, yagize ati “Urumva Imana yashakaga kuvuga ko Pasiteri Theogene agiye kwitahira ko abana be batazabura uzabitaho, ariko twe ntitubimenye.”

Hari amakuru avuga kandi ko umugore wa Pasiteri Theogene, ndetse n’izindi nshuti za hafi, bahise berecyeza muri Uganda, ahabereye iyi mpanuka, ndetse bakaba bahageze, aho umugore wa nyakwigendera, yahise anagira ikibazo cy’ihungabana.

Ubuyobozi bw’Itorero rya ADEPR ryasengeragamo Pasiteri Theogene Niyonshuti, na bwo bwemeje inkuru y’urupfu rwa nyakwigendera, aho Umuvugizi w’iri Torero, yavuze ko yitabye Imana.

Uyu Muvugizi wa ADEPR yagize “Nubwo bitaratangazwa ku mugaragaro, ariko twamenye ko Pasiteri Theogene yitabye Imana azize impanuka ubwo yavaga mu gihugu cya Uganda.”

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Sebushari says:
    2 years ago

    Manaweeee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + three =

Previous Post

Haravugwa icyemezo cyumvikana nk’agahomamunwa cyakurikiye ibiteye agahinda byabaye ku mukobwa

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu RDF yakoreyemo ibikorwa by’indashyikirwa

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu RDF yakoreyemo ibikorwa by’indashyikirwa

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu RDF yakoreyemo ibikorwa by’indashyikirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.