Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in MU RWANDA
1
Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana, Pasiteri Niyonshuti Theogene wari mu bigisha ijambo ry’Imana bakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabiye Imana muri Uganda, azize impanuka ikomeye, aho we n’abo bari kumwe mu modoka bagonzwe na bus.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10 mu masaha akuze mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 22 Kamena 2023, avuga ko Pasiteri Theogene yitabye Imana azize impanuka y’imodoka, aho yari yagiye mu ruzinduko rwe bwite muri Uganda.

Uwaduhaye amakuru, yavuze ko Pasiteri Theogene yari yagiye muri Uganda, kuzana abashyitsi bari baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za America, bari baje kumusura iwe.

Uyu waduhaye amakuru, avuga kandi ko Theogene yari yajyanye n’umuhanzi Ntezimana Donat, ari na we warokotse muri iyi mpanuka.

Avuga ko iyi mpanuka yabereye ahitwa Kabare, ubwo Theogene n’abo bashyitsi bagarukaga mu Rwanda, bagera hariya i Kabare, bakagongwa n’imodoka nini (Bus) itwara abagenzi, ikabagonga, ndetse igahita ibagwa hejuru.

Ubwo iyi modoka yabagwaga, hejuru, ngo haje indi modoka yo kuyikuraho, ariko yayizamura, yagera hejuru, ikagwa ikongera ikagwa kuri iyi modoka bari barimo.

Umwe mu nshuti za hafi za Pasiteri Theogene, avuga ko muri iki cyumweru bari bagiye gusengana, ndetse hakabaho iyerekwa ko Imana ihaye umuterankunga abana ba Theogene, ariko ntibasobanukirwe neza ibyo Imana yari ivuze.

Uyu wavugaga iby’iri yerekwa, yagize ati “Urumva Imana yashakaga kuvuga ko Pasiteri Theogene agiye kwitahira ko abana be batazabura uzabitaho, ariko twe ntitubimenye.”

Hari amakuru avuga kandi ko umugore wa Pasiteri Theogene, ndetse n’izindi nshuti za hafi, bahise berecyeza muri Uganda, ahabereye iyi mpanuka, ndetse bakaba bahageze, aho umugore wa nyakwigendera, yahise anagira ikibazo cy’ihungabana.

Ubuyobozi bw’Itorero rya ADEPR ryasengeragamo Pasiteri Theogene Niyonshuti, na bwo bwemeje inkuru y’urupfu rwa nyakwigendera, aho Umuvugizi w’iri Torero, yavuze ko yitabye Imana.

Uyu Muvugizi wa ADEPR yagize “Nubwo bitaratangazwa ku mugaragaro, ariko twamenye ko Pasiteri Theogene yitabye Imana azize impanuka ubwo yavaga mu gihugu cya Uganda.”

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Sebushari says:
    2 years ago

    Manaweeee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + four =

Previous Post

Haravugwa icyemezo cyumvikana nk’agahomamunwa cyakurikiye ibiteye agahinda byabaye ku mukobwa

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu RDF yakoreyemo ibikorwa by’indashyikirwa

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu RDF yakoreyemo ibikorwa by’indashyikirwa

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu RDF yakoreyemo ibikorwa by’indashyikirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.