Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru y’ubuzima bw’amagorwa bw’umwana wasubiye mu ishuri agasubizwa inyuma

radiotv10by radiotv10
05/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkuru y’ubuzima bw’amagorwa bw’umwana wasubiye mu ishuri agasubizwa inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa w’imyaka 14 wo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, aravuga ko nyuma y’uko asubiye mu ishuri yigagaho bakamuhakanira, yahise ajya gushaka imibereho, ubu akaba akora imirimo itaragenewe umwana.

Uyu mwana w’umukobwa wigaga muri Pfunda Primary School, avuga ko yasubiye mu ishuri nyuma y’umwaka yararihagaritse kubera imibereho n’ubundi igoye, ariko agezeyo, ubuyobozi bw’ishuri buramwangira bumusaba kuzagaruka umwaka utaha.

Ntakindi yahise ahitamo, kuko yahise ajya gushakisha imibereho, ubu akaba akora mu kirombe cy’amabuye, ari na ho umunyamakuru yamusanze.

Uku kwikorera amabuye, avuga ko ari bwo buzima bwe bwa buri munsi, ariko ko atari bwo yifuza, kuko yari yasubiye mu ishuri yumva abishaka. Ati “Nk’ubu banyemereye ko njya ku ishuri byambera byiza.”

Icyimanimpaye Josephine, umubyeyi w’uyu mwana avuga ko ubu buzima umwana we amaze kubumenyera kuko yabuze ubushobozi bwo kubona ibyo yasabwe n’ubuyobozi bw’iki kigo yigagaho kugira ngo akomeze kwiga.

Umubyeyi we ati “N’ubu amakaye aracyari mu nzu, ni umuntu wari umwitangiye amuhereza amakayi ariko ntiyamuha uniform, mujyanye ku ishuri yambaye uniform ya cyera baramwanga; barambwira ngo nintange amafaranga y’ibiryo ibihumbi bitanu y’ibihembwe bitatu bya mbere hashize n’iby’ubu na uniform ngo ninyatanga umwana azabone yige, ibyo byose rero narabibuze nta bushobozi nabibonera kuko nta se afite ni imfubyi ari abana bane.”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko na we ababazwa n’ubuzima uyu mwana we arimo agasaba ko yafashwa gusubira mu ishuri.

Ati “Nanjye kantera agahinda kuko iyo ndi kureba uko ari gukora ni uko nta bushobozi mba mfite, ubu najya muri uyu mugezi gushakamo utubuye, iyo dukoreye menshi dukorera igihumbi ubwo iyo dukoreye igihumbi ni icyo kurya ntacyasagukaho.”

Ruzigana Maximilien, Umuhuzabikorwa w’Umuryango Coalition Umwana ku Isonga, uharanira uburenganzira bw’abana, avuga ko iki kibazo gikwiye gusuzumwa byihuse kuko kidakwiye kugaragara mu Rwanda.

Yagize ati “Kwanga ko umwana asubira ku ishuri kandi we abishaka byo ni ikosa, ibyo byo navuga ko ari ikosa niba umwana abyifuza ariko bakamusubiza inyuma ngo ko yasigaye inyuma ariko bashobora kumufatira icyemezo bakavuga bati umwana turabona atagendana n’abandi reka asibizwe, ibyo biremewe.”

Mukeshuwera Justine uyobora iri shuri rya Pfunda Primary School, ahakana ibitangazwa n’uyu mwana n’umubyeyi we, akavuga ko atigeze ageza ku kigo ngo bamusubizeyo. Ati “Uwo rero ndumva tutari kumwirukana ngo nta uniform, ubwo yaba yababeshye.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abanya-Namibia bapfushije Perezida

Next Post

Icyo abasirikare b’u Burundi bafatiwe ku rugamba muri Congo basaba Leta yabo

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo abasirikare b’u Burundi bafatiwe ku rugamba muri Congo basaba Leta yabo

Icyo abasirikare b’u Burundi bafatiwe ku rugamba muri Congo basaba Leta yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.