Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru y’ubuzima bw’amagorwa bw’umwana wasubiye mu ishuri agasubizwa inyuma

radiotv10by radiotv10
05/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkuru y’ubuzima bw’amagorwa bw’umwana wasubiye mu ishuri agasubizwa inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’umukobwa w’imyaka 14 wo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, aravuga ko nyuma y’uko asubiye mu ishuri yigagaho bakamuhakanira, yahise ajya gushaka imibereho, ubu akaba akora imirimo itaragenewe umwana.

Uyu mwana w’umukobwa wigaga muri Pfunda Primary School, avuga ko yasubiye mu ishuri nyuma y’umwaka yararihagaritse kubera imibereho n’ubundi igoye, ariko agezeyo, ubuyobozi bw’ishuri buramwangira bumusaba kuzagaruka umwaka utaha.

Ntakindi yahise ahitamo, kuko yahise ajya gushakisha imibereho, ubu akaba akora mu kirombe cy’amabuye, ari na ho umunyamakuru yamusanze.

Uku kwikorera amabuye, avuga ko ari bwo buzima bwe bwa buri munsi, ariko ko atari bwo yifuza, kuko yari yasubiye mu ishuri yumva abishaka. Ati “Nk’ubu banyemereye ko njya ku ishuri byambera byiza.”

Icyimanimpaye Josephine, umubyeyi w’uyu mwana avuga ko ubu buzima umwana we amaze kubumenyera kuko yabuze ubushobozi bwo kubona ibyo yasabwe n’ubuyobozi bw’iki kigo yigagaho kugira ngo akomeze kwiga.

Umubyeyi we ati “N’ubu amakaye aracyari mu nzu, ni umuntu wari umwitangiye amuhereza amakayi ariko ntiyamuha uniform, mujyanye ku ishuri yambaye uniform ya cyera baramwanga; barambwira ngo nintange amafaranga y’ibiryo ibihumbi bitanu y’ibihembwe bitatu bya mbere hashize n’iby’ubu na uniform ngo ninyatanga umwana azabone yige, ibyo byose rero narabibuze nta bushobozi nabibonera kuko nta se afite ni imfubyi ari abana bane.”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko na we ababazwa n’ubuzima uyu mwana we arimo agasaba ko yafashwa gusubira mu ishuri.

Ati “Nanjye kantera agahinda kuko iyo ndi kureba uko ari gukora ni uko nta bushobozi mba mfite, ubu najya muri uyu mugezi gushakamo utubuye, iyo dukoreye menshi dukorera igihumbi ubwo iyo dukoreye igihumbi ni icyo kurya ntacyasagukaho.”

Ruzigana Maximilien, Umuhuzabikorwa w’Umuryango Coalition Umwana ku Isonga, uharanira uburenganzira bw’abana, avuga ko iki kibazo gikwiye gusuzumwa byihuse kuko kidakwiye kugaragara mu Rwanda.

Yagize ati “Kwanga ko umwana asubira ku ishuri kandi we abishaka byo ni ikosa, ibyo byo navuga ko ari ikosa niba umwana abyifuza ariko bakamusubiza inyuma ngo ko yasigaye inyuma ariko bashobora kumufatira icyemezo bakavuga bati umwana turabona atagendana n’abandi reka asibizwe, ibyo biremewe.”

Mukeshuwera Justine uyobora iri shuri rya Pfunda Primary School, ahakana ibitangazwa n’uyu mwana n’umubyeyi we, akavuga ko atigeze ageza ku kigo ngo bamusubizeyo. Ati “Uwo rero ndumva tutari kumwirukana ngo nta uniform, ubwo yaba yababeshye.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − three =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Abanya-Namibia bapfushije Perezida

Next Post

Icyo abasirikare b’u Burundi bafatiwe ku rugamba muri Congo basaba Leta yabo

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo abasirikare b’u Burundi bafatiwe ku rugamba muri Congo basaba Leta yabo

Icyo abasirikare b’u Burundi bafatiwe ku rugamba muri Congo basaba Leta yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.