Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru y’urubyiruko rufite ubumuga rukora ibikora ku mutima benshi ariko babitangiye bacibwa intege

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkuru y’urubyiruko rufite ubumuga rukora ibikora ku mutima benshi ariko babitangiye bacibwa intege
Share on FacebookShare on Twitter

Abakobwa babiri bafite ubumuga bw’ingingo bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bari mu rubyiruko rw’abakorerabushake (Youth Volunteers) bavuga ko babitangiye bacibwa intege n’abantu bababwiraga ko ntacyo babasha gukora mu bikorwa uru rubyiruko rukora, ariko ubu barabibashimira, nabo bakishimira ko byatumye bisanga mu bandi bikanabahindurira ubuzima.

Dusenge Melida na Nyirahategekimana Primitiva, bombi bafite ubumuga bw’ingingo bubasaba kwifashisha inyunganirangingo, aho umwe agendera mu kagare, na ho undi akifashisha imbago.

Bavuga ko nubwo bafite ubumuga biyumvisemo ko bagomba gufatanya na bagenzi babo badafite ubumuga mu mirimo itandukanye urubyiruko rw’abakorera bushake rukora batitaye ku babacaga intege bababwira ko ntabyo bazashobora.

Dusenge Melida agira ati “Ngitangira nyine abantu baravugaga ngo ‘ubu se uyu we azabishobora?’ bakongera bati ‘ubu se uzabasha kugenda?’ Ariko nkababwira ko nubwo mfite ubumuga ariko nshoboye.”

Nyirahategekimana na we ati “Mu nshuti zanjye harimo benshi banciye intege ngo ibintu ndimo gushaka kujyamo ntabwo nzabishobora.”

Bavuga ko kujya mu bandi byahinduye imibereho yabo n’uburyo biyumvaga mbere, kuko byatumye badakomeza guheranwa n’ubumuga ndetse umwe muri bo akaba yarabonye akazi kamuhemba amafaranga buri kwezi nyamara yaragatangiye ari umukorerabushake.

Nyirahategekimana ati “Kuba ndi umu youth biramfasha cyane mu buryo bwo kutigunga kuko mba ndi muri bagenzi banjye tudahuje ibibazo.”

Kugeza ubu Dusenge Melida afite akazi ku ivuriro ry’ibanze rya Pera aho yatangiye ari umukorerabushake nabwo, ariko nyuma agahabwa akazi kamuhemba amafaranga ya buri kwezi amufasha mu mibereho

Ati “Ubu mbona isabune n’amavuta yo kwisiga bitangoye nkabona imyambaro n’ibyo kurya.”

Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake mu Karere ka Rusizi, Bampire Gervais avuga ko aba bombi kuba bafite ubumuga bitababuza gufatanya n’abandi kuko mu mbaraga nke hari ibindi bakora neza kurusha n’abadafite ubumuga.

Agira ati “Babikora babikunze, muri covid-19 twari kumwe buriya mu mbaraga nke z’umubiri hari ibindi bikorwa bakora kandi neza, urabona nko mu muganda hakorerwamo ibikorwa byinshi, ashobora kutikorera itafari ariko afite ikindi yakora nko kwegereza amazi yo kunywa abari mu muganda no kwandika abitabiriye umuganda (database) kandi babikora neza.”

Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga mu Ntara y’Iburengerazuba, Leandre Mugiraneza ashima umuhate w’uru rubyiruko, akavuga ko bigaragaza ko amahugurwa abafite ubumuga bahabwa muri rusange agamije kubereka ko kubugira bitabambura ubundi bushobozi atangiye gutanga umusaruro

Ati “Biba ari byiza cyane kuko byereka abandi bose muri rusange ko abafite ubumuga na bo hari icyo bamarira Igihugu, iyo rero hagize ufite ubumuga wiyumvisemo ubushake n’ubushobozi twumva ubutumwa duhabwa mu matsinda yacu bwaratanze umusaruro.”

Mu Karere ka Rusizi habarurwa urubyiruko rw’abakorerabushake (Youth Volunteers) rugera ku 52 416, muri bo 5007 ni abo mu Murenge wa Bugarama ari na ho aba babarizwa.

Dusenge Melida ubu yabonye akazi,
Abasha kubona ay’isabune
Nyirahategekimana Primitiva avuga ko kujya hamwe n’urubyiruko byamufashije kuva mu bwigunge

Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake mu Karere ka Rusizi, Bampire Gervais ashima uru rubyiruko

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fifteen =

Previous Post

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku ngeso zimaze iminsi zigaragara mu rubyiruko zirutesha agaciro

Next Post

Musanze: Hasobanuwe impamvu hafashwe icyemezo cyo kwica imbogo zari zatorotse Pariki

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Hasobanuwe impamvu hafashwe icyemezo cyo kwica imbogo zari zatorotse Pariki

Musanze: Hasobanuwe impamvu hafashwe icyemezo cyo kwica imbogo zari zatorotse Pariki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.