Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
03/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu by’umutekano, General James Kabarebe avuga ko u Rwanda rudashobora guhubuka ngo rujye mu ntambara iyo ari yo yose, bityo ko imyitwarire y’ubushotoranyi yakunze kugaragazwa n’Abanyekongo barimo n’abigeze kuza ku mupaka bagashaka kwinjira ku ngufu, idashobora gutuma u Rwanda rujya mu ntambara.

General James Kabarebe yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022.

Muri iki kiganiro, General Kabarebe warwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda, yagarutse ku mateka y’ingabo zahoze ari RPA zaranzwe no kutagamburuzwa, zikarenga imbogamizi zari zifite kugira ngo zitabare u Rwanda rwari rwugarijwe n’ibibazo bishingiye ku butegetsi bubi.

Nyuma yo gusobanurira uru rubyiruko amateka y’uru rugamba, General Kabarebe yanagejejweho ibibazo n’aba banyeshuri, banagarutse ku bushotoranyi bukomeje kugaragazwa n’Igihugu cy’igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abaturage bacyo.

Umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo, kuva mu mpera z’umwaka ushize ubwo wuburaga ibikorwa byawo, Abanyekongo ndetse n’ubuyobozi bw’Igihugu cyabo, bakomeje gushinja u Rwanda gufasha uyu mutwe nyamara bizwi neza ko u Rwanda ntaho ruhuriye na wo.

Kuva kuri Perezida Felix Tshisekedi n’abayobozi mu nzego nkuru kugeza ku muturage w’Umunyekongo wo hasi, bagiye bagaragaza ko bifuza ko Igihugu cyabo cyarwana n’u Rwanda, nyamara u Rwanda rukavuga ko rutifuza intambara ahubwo ko inzira z’ibiganiro ari zo zikenewe.

General James Kabarebe mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, yavuze ko abavuga ko bifuza gutera u Rwanda ari benshi ariko ko biherera mu mvugo gusa kuko ntawabikinisha.

Yagarutse ku myitwarire y’ubushotoranyi yagiye igaragazwa n’Abanyekongo bigabizaga imihanda ndetse bamwe bakagera ku mupaka uhuza u Rwanda n’Igihugu cyabo, bagatera amabuye mu Rwanda, avuga ko u Rwanda rubireba ariko rukabitera umugongo.

Ati “Ntabwo Abakongo basara bakaza bagatuka u Rwanda ku mupaka, bagatera amabuye, ngo ibyo abe ari byo bishora u Rwanda mu ntambara. Intambara erega utoranya iyo uri burwane n’iyo utari burwane. Wajya mu ntamba n’umusazi? […] Umusazi uramwihorera ariko nyine ukaba washyizeho akagozi atagomba kurenga.”

General Kabarebe avuga ko hari Igihe biba ngombwa ko igihugu gifata icyemezo cyo kwirwanaho ku buryo “N’u Rwanda rutewe rwakwirwanaho, kandi buriya iyo Igihugu gifite imbaraga nk’u Rwanda ntabwo gipfa guhubuka kurwana intambara yose kuko kiba kizi ko aho kiri burwanire kiri bucyemure ikibazo cyacyo.”

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo, ifatiye icyemezo cyo kwirukana Ambasaderi w’u Rwanda, Vincent Karega, Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo, igaragaza ko itishimiye iki cyemezo.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryashyizwe hanze tariki 30 Ukwakira 2022, rivuga ko inzego z’umutekano ziryamiye amajanja kugira ngo hatagira abaturuka muri Congo ngo baze guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 13 =

Previous Post

Umuhesha w’inkiko aravugwaho gukoresha inkeragutabara zigafata bugwate abo bafitanye ikibazo

Next Post

Kigali: Babiri baregwa kwica umukecuru bakoreraga mu rugo mu ibazwa bavuze ibibibabaje

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Kigali: Babiri baregwa kwica umukecuru bakoreraga mu rugo mu ibazwa bavuze ibibibabaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.