Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
03/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu by’umutekano, General James Kabarebe avuga ko u Rwanda rudashobora guhubuka ngo rujye mu ntambara iyo ari yo yose, bityo ko imyitwarire y’ubushotoranyi yakunze kugaragazwa n’Abanyekongo barimo n’abigeze kuza ku mupaka bagashaka kwinjira ku ngufu, idashobora gutuma u Rwanda rujya mu ntambara.

General James Kabarebe yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022.

Muri iki kiganiro, General Kabarebe warwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda, yagarutse ku mateka y’ingabo zahoze ari RPA zaranzwe no kutagamburuzwa, zikarenga imbogamizi zari zifite kugira ngo zitabare u Rwanda rwari rwugarijwe n’ibibazo bishingiye ku butegetsi bubi.

Nyuma yo gusobanurira uru rubyiruko amateka y’uru rugamba, General Kabarebe yanagejejweho ibibazo n’aba banyeshuri, banagarutse ku bushotoranyi bukomeje kugaragazwa n’Igihugu cy’igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abaturage bacyo.

Umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo, kuva mu mpera z’umwaka ushize ubwo wuburaga ibikorwa byawo, Abanyekongo ndetse n’ubuyobozi bw’Igihugu cyabo, bakomeje gushinja u Rwanda gufasha uyu mutwe nyamara bizwi neza ko u Rwanda ntaho ruhuriye na wo.

Kuva kuri Perezida Felix Tshisekedi n’abayobozi mu nzego nkuru kugeza ku muturage w’Umunyekongo wo hasi, bagiye bagaragaza ko bifuza ko Igihugu cyabo cyarwana n’u Rwanda, nyamara u Rwanda rukavuga ko rutifuza intambara ahubwo ko inzira z’ibiganiro ari zo zikenewe.

General James Kabarebe mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, yavuze ko abavuga ko bifuza gutera u Rwanda ari benshi ariko ko biherera mu mvugo gusa kuko ntawabikinisha.

Yagarutse ku myitwarire y’ubushotoranyi yagiye igaragazwa n’Abanyekongo bigabizaga imihanda ndetse bamwe bakagera ku mupaka uhuza u Rwanda n’Igihugu cyabo, bagatera amabuye mu Rwanda, avuga ko u Rwanda rubireba ariko rukabitera umugongo.

Ati “Ntabwo Abakongo basara bakaza bagatuka u Rwanda ku mupaka, bagatera amabuye, ngo ibyo abe ari byo bishora u Rwanda mu ntambara. Intambara erega utoranya iyo uri burwane n’iyo utari burwane. Wajya mu ntamba n’umusazi? […] Umusazi uramwihorera ariko nyine ukaba washyizeho akagozi atagomba kurenga.”

General Kabarebe avuga ko hari Igihe biba ngombwa ko igihugu gifata icyemezo cyo kwirwanaho ku buryo “N’u Rwanda rutewe rwakwirwanaho, kandi buriya iyo Igihugu gifite imbaraga nk’u Rwanda ntabwo gipfa guhubuka kurwana intambara yose kuko kiba kizi ko aho kiri burwanire kiri bucyemure ikibazo cyacyo.”

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo, ifatiye icyemezo cyo kwirukana Ambasaderi w’u Rwanda, Vincent Karega, Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo, igaragaza ko itishimiye iki cyemezo.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryashyizwe hanze tariki 30 Ukwakira 2022, rivuga ko inzego z’umutekano ziryamiye amajanja kugira ngo hatagira abaturuka muri Congo ngo baze guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + nineteen =

Previous Post

Umuhesha w’inkiko aravugwaho gukoresha inkeragutabara zigafata bugwate abo bafitanye ikibazo

Next Post

Kigali: Babiri baregwa kwica umukecuru bakoreraga mu rugo mu ibazwa bavuze ibibibabaje

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Kigali: Babiri baregwa kwica umukecuru bakoreraga mu rugo mu ibazwa bavuze ibibibabaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.