Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

radiotv10by radiotv10
03/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu by’umutekano, General James Kabarebe avuga ko u Rwanda rudashobora guhubuka ngo rujye mu ntambara iyo ari yo yose, bityo ko imyitwarire y’ubushotoranyi yakunze kugaragazwa n’Abanyekongo barimo n’abigeze kuza ku mupaka bagashaka kwinjira ku ngufu, idashobora gutuma u Rwanda rujya mu ntambara.

General James Kabarebe yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ugushyingo 2022.

Muri iki kiganiro, General Kabarebe warwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda, yagarutse ku mateka y’ingabo zahoze ari RPA zaranzwe no kutagamburuzwa, zikarenga imbogamizi zari zifite kugira ngo zitabare u Rwanda rwari rwugarijwe n’ibibazo bishingiye ku butegetsi bubi.

Nyuma yo gusobanurira uru rubyiruko amateka y’uru rugamba, General Kabarebe yanagejejweho ibibazo n’aba banyeshuri, banagarutse ku bushotoranyi bukomeje kugaragazwa n’Igihugu cy’igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abaturage bacyo.

Umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo, kuva mu mpera z’umwaka ushize ubwo wuburaga ibikorwa byawo, Abanyekongo ndetse n’ubuyobozi bw’Igihugu cyabo, bakomeje gushinja u Rwanda gufasha uyu mutwe nyamara bizwi neza ko u Rwanda ntaho ruhuriye na wo.

Kuva kuri Perezida Felix Tshisekedi n’abayobozi mu nzego nkuru kugeza ku muturage w’Umunyekongo wo hasi, bagiye bagaragaza ko bifuza ko Igihugu cyabo cyarwana n’u Rwanda, nyamara u Rwanda rukavuga ko rutifuza intambara ahubwo ko inzira z’ibiganiro ari zo zikenewe.

General James Kabarebe mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, yavuze ko abavuga ko bifuza gutera u Rwanda ari benshi ariko ko biherera mu mvugo gusa kuko ntawabikinisha.

Yagarutse ku myitwarire y’ubushotoranyi yagiye igaragazwa n’Abanyekongo bigabizaga imihanda ndetse bamwe bakagera ku mupaka uhuza u Rwanda n’Igihugu cyabo, bagatera amabuye mu Rwanda, avuga ko u Rwanda rubireba ariko rukabitera umugongo.

Ati “Ntabwo Abakongo basara bakaza bagatuka u Rwanda ku mupaka, bagatera amabuye, ngo ibyo abe ari byo bishora u Rwanda mu ntambara. Intambara erega utoranya iyo uri burwane n’iyo utari burwane. Wajya mu ntamba n’umusazi? […] Umusazi uramwihorera ariko nyine ukaba washyizeho akagozi atagomba kurenga.”

General Kabarebe avuga ko hari Igihe biba ngombwa ko igihugu gifata icyemezo cyo kwirwanaho ku buryo “N’u Rwanda rutewe rwakwirwanaho, kandi buriya iyo Igihugu gifite imbaraga nk’u Rwanda ntabwo gipfa guhubuka kurwana intambara yose kuko kiba kizi ko aho kiri burwanire kiri bucyemure ikibazo cyacyo.”

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo, ifatiye icyemezo cyo kwirukana Ambasaderi w’u Rwanda, Vincent Karega, Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo, igaragaza ko itishimiye iki cyemezo.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryashyizwe hanze tariki 30 Ukwakira 2022, rivuga ko inzego z’umutekano ziryamiye amajanja kugira ngo hatagira abaturuka muri Congo ngo baze guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Umuhesha w’inkiko aravugwaho gukoresha inkeragutabara zigafata bugwate abo bafitanye ikibazo

Next Post

Kigali: Babiri baregwa kwica umukecuru bakoreraga mu rugo mu ibazwa bavuze ibibibabaje

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Kigali: Babiri baregwa kwica umukecuru bakoreraga mu rugo mu ibazwa bavuze ibibibabaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.