Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in Uncategorized
0
Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) irerekana ko 2022 izasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku kigero cya 6,4% aho kuba 7,2% nk’uko byari biteganyijwe. Umusesenguzi avuga ko izi mpinduka zishinze imizi ku ntambara y’u Burusiya na Ukraine yaje isanga ubukungu n’ubundi bwari bwarazahajwe n’icyorezo cya COVID-19.

Iyi mibare kandi yerekana ko muri 2023, ubukungu bw’u Rwanda buzagera kuri 7,4% buvuye kuri 8% byari byitezwe.

Nyuma y’aho imibare y’ikigega mpuzamahanga cy’imari igaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamakuka kuri 0.8% ugereranyije n’imibare yari yitezwe, abahanga mu bukungu bagaragaje impamvu y’izi mpinduka.

Aganira na RADIOTV10, Dr Fidele Mutembelezi usanwe ari umwarimu w’ibijyanye  n’ubukungu muri kaminuza, yagize ati “Iriya ntambara [iy’u Burusiya na Ukraine] yaje isa n’ishaka…Ni nk’uko umuntu yaba yarakomeretse umuntu akaza akongeramo ingumu mu gisebe kandi n’ubukungu bwari butarajya mu buryo.”

Iyi nzobere mu bijyanye n’ubukungu avuga ko iyi ntambara yaje isanga ubukungu bw’Isi bumaze kuzahazwa n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ku buryo yabaye nk’ihuhura uwari umurwayi.

Ati “Ubukungu ntabwo ari ibintu biri automatique [byikora ako kanya] ntabwo ari ugukanda bouton ngo ibintu bigere ku rwego nka rwa rundi rwa mbere ya COVID-19.”

Dr Mutembelezi avuga ko hari abantu benshi bari baratakaje akazi kubera icyorezo cya COVID-19, ndetse n’ibikorwa byari byarahagaze byatumye abantu bagira ubushobozi bucye bwo guhaha noneho biza guhumira ku mirari ubwo ibiciro byahise bitumbagira ku masoko kubera ikibazo cy’intambara.

 

Mu kuzahura ubukungu hari ikirengagijwe

Goverinoma y’u Rwanda yashyizeho ikigega nzahurabukungu ndetse ko ubu kirimo gushakirwa amafaranga ku buryo cyagera kuri miliyari 350 Frw.

Mu mpera ya 2020, iki kigega cyari cyutangiranye miliyari 100 Frw ariko 1/2 cyayo yahawe amahoteli, nyuma yo kugaragaza igihombo cya 30% batewe n’ingaruka za covid19.

Dr Mutembere avuga ko nubwo imikorere y’iki kigega na yo hari ikirengagijwe.

Yagize ati “Ikigaragara ntabwo bihagije, bfite icyo bifasha ariko ntabwo ari ku rugero rukenewe ntabwo bigera kuri benshi, nka kiriya kigega nzahurabukungu kireberera abantu bakomakomeye ni ukuvuga amahoteli n’iki n’iki ariko nk’abafite ubucuruzi buciriritse [SMEs] ntabwo gipfa kubageraho kandi ni bo bantu benshi cyane muri uru rwego bahuye n’ibibazo bikomeye cyane.”

Uyu musesenguzi atangaje ibi mu gihe mu Rwanda hakomeje kugaragara itumbagira ry’ibiciro ku isoko aho muri Gashyantare 2022 byazamutseho 5,8% mu gihe muri Mutarama byazamutseho 4.3%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − ten =

Previous Post

Uko mwitera ibirungo mu maso munabitera Igihugu cyanyu- Lieutenant Arielle abwira ba Nyampinga

Next Post

IFOTO Y’UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO Y’UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

IFOTO Y'UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.