Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in Uncategorized
0
Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) irerekana ko 2022 izasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku kigero cya 6,4% aho kuba 7,2% nk’uko byari biteganyijwe. Umusesenguzi avuga ko izi mpinduka zishinze imizi ku ntambara y’u Burusiya na Ukraine yaje isanga ubukungu n’ubundi bwari bwarazahajwe n’icyorezo cya COVID-19.

Iyi mibare kandi yerekana ko muri 2023, ubukungu bw’u Rwanda buzagera kuri 7,4% buvuye kuri 8% byari byitezwe.

Nyuma y’aho imibare y’ikigega mpuzamahanga cy’imari igaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamakuka kuri 0.8% ugereranyije n’imibare yari yitezwe, abahanga mu bukungu bagaragaje impamvu y’izi mpinduka.

Aganira na RADIOTV10, Dr Fidele Mutembelezi usanwe ari umwarimu w’ibijyanye  n’ubukungu muri kaminuza, yagize ati “Iriya ntambara [iy’u Burusiya na Ukraine] yaje isa n’ishaka…Ni nk’uko umuntu yaba yarakomeretse umuntu akaza akongeramo ingumu mu gisebe kandi n’ubukungu bwari butarajya mu buryo.”

Iyi nzobere mu bijyanye n’ubukungu avuga ko iyi ntambara yaje isanga ubukungu bw’Isi bumaze kuzahazwa n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ku buryo yabaye nk’ihuhura uwari umurwayi.

Ati “Ubukungu ntabwo ari ibintu biri automatique [byikora ako kanya] ntabwo ari ugukanda bouton ngo ibintu bigere ku rwego nka rwa rundi rwa mbere ya COVID-19.”

Dr Mutembelezi avuga ko hari abantu benshi bari baratakaje akazi kubera icyorezo cya COVID-19, ndetse n’ibikorwa byari byarahagaze byatumye abantu bagira ubushobozi bucye bwo guhaha noneho biza guhumira ku mirari ubwo ibiciro byahise bitumbagira ku masoko kubera ikibazo cy’intambara.

 

Mu kuzahura ubukungu hari ikirengagijwe

Goverinoma y’u Rwanda yashyizeho ikigega nzahurabukungu ndetse ko ubu kirimo gushakirwa amafaranga ku buryo cyagera kuri miliyari 350 Frw.

Mu mpera ya 2020, iki kigega cyari cyutangiranye miliyari 100 Frw ariko 1/2 cyayo yahawe amahoteli, nyuma yo kugaragaza igihombo cya 30% batewe n’ingaruka za covid19.

Dr Mutembere avuga ko nubwo imikorere y’iki kigega na yo hari ikirengagijwe.

Yagize ati “Ikigaragara ntabwo bihagije, bfite icyo bifasha ariko ntabwo ari ku rugero rukenewe ntabwo bigera kuri benshi, nka kiriya kigega nzahurabukungu kireberera abantu bakomakomeye ni ukuvuga amahoteli n’iki n’iki ariko nk’abafite ubucuruzi buciriritse [SMEs] ntabwo gipfa kubageraho kandi ni bo bantu benshi cyane muri uru rwego bahuye n’ibibazo bikomeye cyane.”

Uyu musesenguzi atangaje ibi mu gihe mu Rwanda hakomeje kugaragara itumbagira ry’ibiciro ku isoko aho muri Gashyantare 2022 byazamutseho 5,8% mu gihe muri Mutarama byazamutseho 4.3%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 8 =

Previous Post

Uko mwitera ibirungo mu maso munabitera Igihugu cyanyu- Lieutenant Arielle abwira ba Nyampinga

Next Post

IFOTO Y’UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO Y’UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

IFOTO Y'UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.