Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Intambara yonyine dukeneye hagati ya Uganda n’u Rwanda ni iy’ubwiza bw’abagore/abakobwa bacu- Gen Muhoozi

radiotv10by radiotv10
12/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Intambara yonyine dukeneye hagati ya Uganda n’u Rwanda ni iy’ubwiza bw’abagore/abakobwa bacu- Gen Muhoozi
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko intambara yonyine yakwifuza hagati y’u Rwanda na Uganda ari iyo kugaragaza ubwiza bw’abakobwa/abagore bo muri ibi Bihugu, ahita avuga ko uwa mbere ari umugore we, none amafoto y’abakobwa b’uburanga n’ikimero bidasanzwe akomeje gucicikana.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni, akunze gukoresha imbuga nkoranyambaga by’umwihariko Twitter.

Uyu musirikare ukomeye muri Uganda ujya anyuzamo akanashyira kuri Twitter ubutumwa butari ubwa Politiki, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu yashyize ubutumwa kuri Twitter agira ati “Intambara rukumbi dukeneye hagati ya Uganda n’u Rwanda ni urugamba hagati y’abakobwa/abagore mu kwemeza abeza! Twari dukwiye kugira iryo rushanwa buri mwaka kandi rikabamo ibihembo.”

The only war we want between Uganda and Rwanda is a battle between our women to decide who is the most beautiful! We should have that competition annually. With prizes. @rufagari

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) February 12, 2022

Ubu butumwa bwakurikiwe n’ibitekerezo uruhuri bya bamwe mu bakoresha Twitter mu Rwanda no muri Uganda bahise batangira kugaragaza amafoto y’abakobwa bo muri ibi Bihugu bisanzwe binazwiho kugira abakobwa beza ku mubiri.

Gen Muhoozi wahise atangiza uru rugamba, yahise ashyira ifoto y’umugore we Charlotte Kainerugaba, ashyiraho ubutumwa bugira buti “Bagabo namwe bagore, ndifuza kubona urugamba rushyushye.”

Gentlemen and ladies I can see the battle really heating up. That's okay. @RugyendoQuotes and @rufagari will tell us the winners but just for the sake of clarity my winner is always my wife Charlotte Kainerugaba. pic.twitter.com/5BlYqkQYCp

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) February 12, 2022

Yakomeje agira abo asaba kuza kugaragaza uwatsinze, ubundi ahita agira ati “Ariko hagati aho ndashaka kubanza kubereka ukwiye intsinzi kuri njye, iteka ni umugore wanjye Charlotte Kainerugaba.”

Uwitwa Rukundo Eric yahise ashyiraho ifoto y’umukobwa witwa Yolo the Queen bivugwa ko ari Umunyarwandakazi w’ikimero gitangaje, ahita agira ati “Afande uyu we nta n’ubwo akwiye kurwana ahagarariye uruhande rw’u Rwanda gusa [ashaka kuvuga ko ashobora guhagararira ibirenze Igihugu]”

Yaba abo ku ruhande rwa Uganda n’abo ku ruhande rw’u Rwanda, bagiye bashyiraho amafoto arimo ay’abakobwa basanzwe bazwi barimo nka Miss Pamela Uwicyeza uri mu rukundo n’umuhanzi The Ben ndetse n’ay’abandi bakobwa bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + five =

Previous Post

IFOTO: Bamporiki ari mu gikorwa cyo gukora umuhanda

Next Post

Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe

Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.