Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Intambara yonyine dukeneye hagati ya Uganda n’u Rwanda ni iy’ubwiza bw’abagore/abakobwa bacu- Gen Muhoozi

radiotv10by radiotv10
12/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Intambara yonyine dukeneye hagati ya Uganda n’u Rwanda ni iy’ubwiza bw’abagore/abakobwa bacu- Gen Muhoozi
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko intambara yonyine yakwifuza hagati y’u Rwanda na Uganda ari iyo kugaragaza ubwiza bw’abakobwa/abagore bo muri ibi Bihugu, ahita avuga ko uwa mbere ari umugore we, none amafoto y’abakobwa b’uburanga n’ikimero bidasanzwe akomeje gucicikana.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni, akunze gukoresha imbuga nkoranyambaga by’umwihariko Twitter.

Uyu musirikare ukomeye muri Uganda ujya anyuzamo akanashyira kuri Twitter ubutumwa butari ubwa Politiki, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu yashyize ubutumwa kuri Twitter agira ati “Intambara rukumbi dukeneye hagati ya Uganda n’u Rwanda ni urugamba hagati y’abakobwa/abagore mu kwemeza abeza! Twari dukwiye kugira iryo rushanwa buri mwaka kandi rikabamo ibihembo.”

The only war we want between Uganda and Rwanda is a battle between our women to decide who is the most beautiful! We should have that competition annually. With prizes. @rufagari

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) February 12, 2022

Ubu butumwa bwakurikiwe n’ibitekerezo uruhuri bya bamwe mu bakoresha Twitter mu Rwanda no muri Uganda bahise batangira kugaragaza amafoto y’abakobwa bo muri ibi Bihugu bisanzwe binazwiho kugira abakobwa beza ku mubiri.

Gen Muhoozi wahise atangiza uru rugamba, yahise ashyira ifoto y’umugore we Charlotte Kainerugaba, ashyiraho ubutumwa bugira buti “Bagabo namwe bagore, ndifuza kubona urugamba rushyushye.”

Gentlemen and ladies I can see the battle really heating up. That's okay. @RugyendoQuotes and @rufagari will tell us the winners but just for the sake of clarity my winner is always my wife Charlotte Kainerugaba. pic.twitter.com/5BlYqkQYCp

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) February 12, 2022

Yakomeje agira abo asaba kuza kugaragaza uwatsinze, ubundi ahita agira ati “Ariko hagati aho ndashaka kubanza kubereka ukwiye intsinzi kuri njye, iteka ni umugore wanjye Charlotte Kainerugaba.”

Uwitwa Rukundo Eric yahise ashyiraho ifoto y’umukobwa witwa Yolo the Queen bivugwa ko ari Umunyarwandakazi w’ikimero gitangaje, ahita agira ati “Afande uyu we nta n’ubwo akwiye kurwana ahagarariye uruhande rw’u Rwanda gusa [ashaka kuvuga ko ashobora guhagararira ibirenze Igihugu]”

Yaba abo ku ruhande rwa Uganda n’abo ku ruhande rw’u Rwanda, bagiye bashyiraho amafoto arimo ay’abakobwa basanzwe bazwi barimo nka Miss Pamela Uwicyeza uri mu rukundo n’umuhanzi The Ben ndetse n’ay’abandi bakobwa bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

IFOTO: Bamporiki ari mu gikorwa cyo gukora umuhanda

Next Post

Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe

Related Posts

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
24/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ uherutse gufungurwa nyuma yo guhamywa icyaha cyo guhoza ku nkeke...

IZIHERUKA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba
MU RWANDA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe

Ruhango: Umugabo arakekwaho kwica akubise ikintu mu mutwe uwo yasabye urwagwa ntarumuhe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.