Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Intego ya 60% y’abajya mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro igeze kuri 31%

radiotv10by radiotv10
21/12/2021
in Uncategorized
0
Intego ya 60% y’abajya mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro igeze kuri 31%
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego ko muri 2024 abanyeshuri 60% basoza amashuri yisumbuye bazajya bakomereza mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi-ngiro mu gihe iyi ntego igeze kuri 31%, gusa Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Imyuga n’Ubumenyingiro gitangaza ko hari icyizere ko iyi ntego izagerwaho.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro RTB (Rwanda Tvet Board) gitangaza ko nubwo iyi ntego igeze kuri 31% ariko hakiri icyizere ko mu myaka ibiri isigaye iyi ntego izagerwaho.

Ubuyobozi bw’iki kigo, buvuga ko iki cyizere gishingiye ku bwitabire bw’abagana amashuri y’imyunga n’ubumenyi ngiro nubwo hakiri imbogamizi.

Mu nama nyungurabitekerezo yahuje RTB n’abafatanyabikorwa igamije gusuzuma aho uyu muhigo ugeze ushyirwa mu bikorwa, Umukunzi Paul uyobora RTB yavuze ko iyi ntego itaragerwaho ariko ko hakiri igihe.

Ati “Kugeza ubu ntabwo turabigeraho ariko tugezemo hagati, ubu turacyari kuri 31% ,ibyo rero bisaba ibintu byinshi birimo amashuri ahagije kugira ngo tubone aho abo bana bazigira, tumaze kugira ahagije ariko tugenda tuyongera umunsi ku wundi.”

Umukunzi Paul avuga ko hari icyizere ko iyi ntego izagerwaho

Umukunzi yagarutse kuri zimwe mu mbogamizi uru rwego rugihura nazo, akomoza ku myumvire ababyeyi n’urubyiruko bagifite.

Ati “Turacyafite imbogamizi z’imyumvire isa n’aho itarahinduka neza, ari byo tugira ngo dukomeze gufatanya kugira ngo Abanyarwanda cyane cyane ababyeyi n’urubyiruko bumve ko mu gihe gito kiri imbere, imirimo icyenda ku icumi izaba iri ku isoko ry’umurimo, izajya icyenera ubumenyingiro.”

Yakomeje ati “Ni yo mpamvu Leta yashyizeho iyi gahunda kugira ngo dutegure urubyiruko rwacu kuri ejo hazaza. Ejo hazaza ntawuzakubaza ngo wize iki ahubwo azajya akubaza ngo uzi gukora iki, ni iki ushoboye n’amaboko yawe.”

Iki kigo kivuga ko hari n’abagifite imyumvire ko kwiga imyuga ari ibintu biciriritse, bakavuga ko bigenewe uwacikrije amashuri cyangwa uwo kwiga byananiye.

Umukunzi avuga ko ibyo atari ukuri kuko no mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro habamo icyo cyiciro cya Porogaramu yigisha abashaka kwiga bakazagera kure kugeza no ku rwego rwa Kaminuza ariko akarusho ari uko bafite ubumenyi bujyanye n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo.

Impuguke mu masomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro zemeza ko ubu bumenyi bugezweho
Ni ibiganiro byarimo abafatanyabikorwa

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + sixteen =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Next Post

Undi mukinnyi w’Amavubi yasubitse ubukwe kubera COVID-19

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi mukinnyi w’Amavubi yasubitse ubukwe kubera COVID-19

Undi mukinnyi w'Amavubi yasubitse ubukwe kubera COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.