Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inteko y’Igihugu gikomeye ku Isi yatoye umwanzuro ujyanye no Kwibuka29

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Inteko y’Igihugu gikomeye ku Isi yatoye umwanzuro ujyanye no Kwibuka29
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, yafashe icyemezo ko izifatanya n’u Rwanda mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bikubiye mu itangazo ry’icyemezo cyafashwe n’iyi Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023.

Iri tangazo ry’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, rivuga ko mu gihe hitegurwa kwinjira mu cyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi, iyi nteko yafashe icyemezo cyo kuzifatanya n’Abanyarwanda.

Iki cyemezo kandi kivuga ko gishingiye ku kuba “Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994 yaramaze kuba iyo kwibukwa ku rwego mpuzamahanga nk’ubwicanyi bwahitanye Abatutsi bakabakaba [bizwi ko barenga] 1 000 000 mu gihe cy’amezi ane bwari burangajwe imbere na Guverinoma y’Abahutu.”

Ingingo ya mbere y’iki cyemezo, ivuga ko iyi Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, izibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse ikazirikana inzirakarengane zishwe.

Naho ingingo ya kabiri ikavuga ko iyi Nteko “Izanazirikana imbaraga n’umuhabe by’Abanyarwanda na Guverinoma y’u Rwanda mu guteza imbere amahoro, ubwiyunge n’iterambere, no kubizeza gukomeza gushyigikira izo ntambwe.”

Uyu mwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko ya USA ufashwe habura icyumweru kimwe ngo u Rwanda n’Isi yose binjire mu cyumweru cyahariwe Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, kizatangira tariki 07 Mata 2023.

RADIOTV10

Comments 1

  1. John Twahirwa says:
    2 years ago

    Twizereko minisiteri ibifite munshingano itazatuma imikino y’amahirwe ikomeza gukora muriyiminsi irindwi?Kuko byaba bisa nabi arinogushinyagurira abacu twabuze,aho kugirango igihugu dufatane mu mugongo Ahubwo ugasanga abashinwa barara mu rusimbi!Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare barenga 2 400 ba RDF

Next Post

Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.