Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inteko y’Igihugu gikomeye ku Isi yatoye umwanzuro ujyanye no Kwibuka29

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Inteko y’Igihugu gikomeye ku Isi yatoye umwanzuro ujyanye no Kwibuka29
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, yafashe icyemezo ko izifatanya n’u Rwanda mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bikubiye mu itangazo ry’icyemezo cyafashwe n’iyi Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023.

Iri tangazo ry’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, rivuga ko mu gihe hitegurwa kwinjira mu cyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi, iyi nteko yafashe icyemezo cyo kuzifatanya n’Abanyarwanda.

Iki cyemezo kandi kivuga ko gishingiye ku kuba “Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994 yaramaze kuba iyo kwibukwa ku rwego mpuzamahanga nk’ubwicanyi bwahitanye Abatutsi bakabakaba [bizwi ko barenga] 1 000 000 mu gihe cy’amezi ane bwari burangajwe imbere na Guverinoma y’Abahutu.”

Ingingo ya mbere y’iki cyemezo, ivuga ko iyi Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, izibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse ikazirikana inzirakarengane zishwe.

Naho ingingo ya kabiri ikavuga ko iyi Nteko “Izanazirikana imbaraga n’umuhabe by’Abanyarwanda na Guverinoma y’u Rwanda mu guteza imbere amahoro, ubwiyunge n’iterambere, no kubizeza gukomeza gushyigikira izo ntambwe.”

Uyu mwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko ya USA ufashwe habura icyumweru kimwe ngo u Rwanda n’Isi yose binjire mu cyumweru cyahariwe Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, kizatangira tariki 07 Mata 2023.

RADIOTV10

Comments 1

  1. John Twahirwa says:
    3 years ago

    Twizereko minisiteri ibifite munshingano itazatuma imikino y’amahirwe ikomeza gukora muriyiminsi irindwi?Kuko byaba bisa nabi arinogushinyagurira abacu twabuze,aho kugirango igihugu dufatane mu mugongo Ahubwo ugasanga abashinwa barara mu rusimbi!Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare barenga 2 400 ba RDF

Next Post

Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.