Tuesday, February 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inteko y’Igihugu gikomeye ku Isi yatoye umwanzuro ujyanye no Kwibuka29

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Inteko y’Igihugu gikomeye ku Isi yatoye umwanzuro ujyanye no Kwibuka29
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, yafashe icyemezo ko izifatanya n’u Rwanda mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Bikubiye mu itangazo ry’icyemezo cyafashwe n’iyi Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023.

Iri tangazo ry’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, rivuga ko mu gihe hitegurwa kwinjira mu cyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi, iyi nteko yafashe icyemezo cyo kuzifatanya n’Abanyarwanda.

Iki cyemezo kandi kivuga ko gishingiye ku kuba “Jenoside Yakorewe Abatutsi mu 1994 yaramaze kuba iyo kwibukwa ku rwego mpuzamahanga nk’ubwicanyi bwahitanye Abatutsi bakabakaba [bizwi ko barenga] 1 000 000 mu gihe cy’amezi ane bwari burangajwe imbere na Guverinoma y’Abahutu.”

Ingingo ya mbere y’iki cyemezo, ivuga ko iyi Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, izibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse ikazirikana inzirakarengane zishwe.

Naho ingingo ya kabiri ikavuga ko iyi Nteko “Izanazirikana imbaraga n’umuhabe by’Abanyarwanda na Guverinoma y’u Rwanda mu guteza imbere amahoro, ubwiyunge n’iterambere, no kubizeza gukomeza gushyigikira izo ntambwe.”

Uyu mwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko ya USA ufashwe habura icyumweru kimwe ngo u Rwanda n’Isi yose binjire mu cyumweru cyahariwe Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, kizatangira tariki 07 Mata 2023.

RADIOTV10

Comments 1

  1. John Twahirwa says:
    3 years ago

    Twizereko minisiteri ibifite munshingano itazatuma imikino y’amahirwe ikomeza gukora muriyiminsi irindwi?Kuko byaba bisa nabi arinogushinyagurira abacu twabuze,aho kugirango igihugu dufatane mu mugongo Ahubwo ugasanga abashinwa barara mu rusimbi!Murakoze

    Reply

Leave a Reply to John Twahirwa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − three =

Previous Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare barenga 2 400 ba RDF

Next Post

Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

Related Posts

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

by radiotv10
24/02/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB, cyatangaje ibyiciro bishya by’imisanzu y’ubwishingizi bwa Mituweli, aho abo mu cyiciro cya kabiri cy’abunganirwa na Leta,...

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

by radiotv10
24/02/2026
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yatangaje uru rwego rwamaze kumenya amakuru arebana n'urugomo...

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

by radiotv10
24/02/2026
0

U Rwanda ruhanze amaso isuzuma mpuzamahanga ry’ubumenyi n’ubushobozi by’abanyeshuri ryitwa PISA (Programme for International Student Assessment), rizagaragaza uko ireme ry’ubumenyi...

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

by radiotv10
24/02/2026
0

Bamwe mu baturage batuye mu bice by’icyaro mu Karere ka Nyamagabe, barasaba ubuyobozi ko imurikabikorwa risanzwe ribera ku rwego rw’Akarere...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-For the First Time, Rwanda Will Know Its Position in the Quality of Education Worldwide

by radiotv10
24/02/2026
0

Rwanda is looking forward to the international assessment known as PISA (Programme for International Student Assessment), which will show how...

IZIHERUKA

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi
AMAHANGA

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

by radiotv10
24/02/2026
0

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

24/02/2026
Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

24/02/2026
Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

24/02/2026
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

24/02/2026
Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

24/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

Uwapfuye urupfu rutunguranye yashyinguwe mu buryo bwateje impaka bashinja ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.