Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intumwa zishinzwe gukumira iyicarubozo zasuye Congo zavuze agahomamunwa zahabonye

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hahishuwe imibare iremereye igaragaza itumbagira ry’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe gukumira iyicarubozo, ziherutse kugirira uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatangaje ko hakenewe ingamba zihutirwa zo gukumira iki kibazo, zikurikije ibyo ziboneye ahafungirwa abantu.

Izi ntumwa zigize Komisiyo ya SPT (Subcommittee on Prevention of Torture) zabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukuboza 2024, nyuma y’iminsi micye zigiriye uruzinduko rw’icyumweru muri Congo, rwabaye hagati ya tariki 01 na 07 Ukuboza.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na Hamet Saloum Diakhaté wari uyoboye intumwa za SPT, rigira riti “Nk’uko byagaragaye ku bijyanye no gushyiraho ingamba zo ku rwego rw’Igihugu zo gukumira iyicarubozo muri DRC, hakenewe imbaraga nyinshi, ariko kuzishyira mu bikorwa birakenewe byihutirwa.”

Iri tsinda riri gukora ubugenzuzi ku ngamba zo ku rwego rw’Igihugu zizwi nka MNP (Mécanisme National de Prévention), rivuga ko ku bijyanye na zo muri Congo “ni ngombwa kandi zirihutirwa kugira ngo zikemure ibibazo by’imfungwa twiboneye ubwo twari mu ruzinduko rwacu, kandi ni ngombwa ko hakumirwa iyicarubozo ndetse n’uburyo zifatwa nabi.”

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje amasezerano mpuzamahanga yo kurwanya iyicarubozo ‘OPCAT’ (Protocole facultatif à la Convention contre la torture) MURI 2010 ndetse iniyemeza kubahiriza ziriya ngamba zo ku rwego rw’Igihugu MNP, nyuma yuko iki Gihugu cyari kibitegetswe n’imiryango mpuzamahanga.

Mu ruzinduko rw’iri tsinda rya komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye, ryagiye rihura n’abayobozi mu nzego nkuru z’iki Gihugu, barimo Minisitiri w’Ubutabera, Minisitiri w’Uburenganzira bwa muntu, Perezida wa Sena na Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu.

Nanone kandi zasuye mu buryo butunguranye ahantu hanyuranye hafungirwa imfungwa, harimo gereza ebyiri, na kasho nyinshi za polisi, aho zabajije mu buryo bw’ibanga ibibazo zimwe mu mfungwa, abapolisi ndetse n’abaganga bo bakora muri za gereza.

Hamet Saloum Diakhaté yakomeje agira ati “Twiboneye ubucucike bukabije muri za gereza na za kasho za Polisi no mu nkiko, aho bigaragara ko ari ahantu abantu batari bakwiye kumara amasaha arenze 48, iki kibazo giterwa no kuba hari abantu bafungwa by’agateganyo igihe kirekire cyane.”

Nyuma y’uru ruzinduko kandi, biteganyijwe ko iri tsinda rya SPT rizashyikiriza raporo Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo riyigaragariza ibyo igomba gukosora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima

Next Post

Umuhanzikazi Knowless yagaragaye ari kumwe n’umunyamakuru Yago muri Uganda

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Knowless yagaragaye ari kumwe n’umunyamakuru Yago muri Uganda

Umuhanzikazi Knowless yagaragaye ari kumwe n’umunyamakuru Yago muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.