Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intumwa zishinzwe gukumira iyicarubozo zasuye Congo zavuze agahomamunwa zahabonye

radiotv10by radiotv10
12/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hahishuwe imibare iremereye igaragaza itumbagira ry’ibikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe gukumira iyicarubozo, ziherutse kugirira uruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatangaje ko hakenewe ingamba zihutirwa zo gukumira iki kibazo, zikurikije ibyo ziboneye ahafungirwa abantu.

Izi ntumwa zigize Komisiyo ya SPT (Subcommittee on Prevention of Torture) zabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Ukuboza 2024, nyuma y’iminsi micye zigiriye uruzinduko rw’icyumweru muri Congo, rwabaye hagati ya tariki 01 na 07 Ukuboza.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na Hamet Saloum Diakhaté wari uyoboye intumwa za SPT, rigira riti “Nk’uko byagaragaye ku bijyanye no gushyiraho ingamba zo ku rwego rw’Igihugu zo gukumira iyicarubozo muri DRC, hakenewe imbaraga nyinshi, ariko kuzishyira mu bikorwa birakenewe byihutirwa.”

Iri tsinda riri gukora ubugenzuzi ku ngamba zo ku rwego rw’Igihugu zizwi nka MNP (Mécanisme National de Prévention), rivuga ko ku bijyanye na zo muri Congo “ni ngombwa kandi zirihutirwa kugira ngo zikemure ibibazo by’imfungwa twiboneye ubwo twari mu ruzinduko rwacu, kandi ni ngombwa ko hakumirwa iyicarubozo ndetse n’uburyo zifatwa nabi.”

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje amasezerano mpuzamahanga yo kurwanya iyicarubozo ‘OPCAT’ (Protocole facultatif à la Convention contre la torture) MURI 2010 ndetse iniyemeza kubahiriza ziriya ngamba zo ku rwego rw’Igihugu MNP, nyuma yuko iki Gihugu cyari kibitegetswe n’imiryango mpuzamahanga.

Mu ruzinduko rw’iri tsinda rya komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye, ryagiye rihura n’abayobozi mu nzego nkuru z’iki Gihugu, barimo Minisitiri w’Ubutabera, Minisitiri w’Uburenganzira bwa muntu, Perezida wa Sena na Perezida wa Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu.

Nanone kandi zasuye mu buryo butunguranye ahantu hanyuranye hafungirwa imfungwa, harimo gereza ebyiri, na kasho nyinshi za polisi, aho zabajije mu buryo bw’ibanga ibibazo zimwe mu mfungwa, abapolisi ndetse n’abaganga bo bakora muri za gereza.

Hamet Saloum Diakhaté yakomeje agira ati “Twiboneye ubucucike bukabije muri za gereza na za kasho za Polisi no mu nkiko, aho bigaragara ko ari ahantu abantu batari bakwiye kumara amasaha arenze 48, iki kibazo giterwa no kuba hari abantu bafungwa by’agateganyo igihe kirekire cyane.”

Nyuma y’uru ruzinduko kandi, biteganyijwe ko iri tsinda rya SPT rizashyikiriza raporo Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo riyigaragariza ibyo igomba gukosora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + one =

Previous Post

Bidasubirwaho hemejwe Igihugu kizakinirwamo igikombe cy’Isi cya 2034 abagituye bahita bagaragaza imbamutima

Next Post

Umuhanzikazi Knowless yagaragaye ari kumwe n’umunyamakuru Yago muri Uganda

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Knowless yagaragaye ari kumwe n’umunyamakuru Yago muri Uganda

Umuhanzikazi Knowless yagaragaye ari kumwe n’umunyamakuru Yago muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.