Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzobere igaragaje ingingo ikomeye y’icyikango kigaragazwa n’imyitwarire ya Congo kuri M23

radiotv10by radiotv10
08/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inzobere igaragaje ingingo ikomeye y’icyikango kigaragazwa n’imyitwarire ya Congo kuri M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye gushwishuriza umutwe wa M23 ko badateze kuganira, bamwe mu basesenguzi bavuga ko iyi myitwarire ya Congo ishobora gutuma ibintu byongera gusubira irudubi.

Ukwezi kwa Werurwe 2023 kwasize M23 itangiye urugendo rwo kubahiriza amasezerano y’i Nairobi na Luanda. Aba barwanyi bakomeje kurekura ibice bari barambuye ubutegetsi bwa Kinshasa.

Muri iki cyumweru, ubwo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na William Ruto wa Kenya, baganiraga n’itangazamakuru, bagaragaje ko bafite icyizere cy’umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Icyakora umuvugizi wa Guverinoma ya Kongo Kinshasa, Patrick Muyaya Katembwe; avuga ko Igihugu cye kitazicarana n’aba barwanyi.

Yagize ati “Twabisubiyemo kenshi kuva mu ntangiriro ko batari mu bo tugomba kwicarana kubera ibyaha bakoze. Turaganirira hehe na M23, baganira na nde? Uruhande rwa Guverinoma kuri iyo ngingo rurazwi. Ariko ubu turi gushaka uburyo imyanzuro y’i Luanda yubahirizwa.”

Patrick Muyaya yakomeje agaruka ku biganiro byahuje Perezida wa Angola n’uw’u Burundi bavuganye n’abayobozi ba M23, ati “Icyo gihe habaye ibiganiro bibategeka kurekura ibice bari barafashe. Twe nka Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo turacyashikamye ku cyemezo cyacu kugeza igihe ibyo dusaba bizashyirirwa mu bikorwa.”

 

Ibintu bishobora gusubira inyuma

Umuhanga mu bya politiki akaba anayigisha muri Kaminuza, Dr Ismael Buchanan, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 yavuze ko intambara ishobora kongera kurota cyangwa imiryango mpuzamahanga igafata imyanzuro ikomeye.

Yagize ati “Intambara ishobora kongera kurota mu gihe hari uruhande rutabasha kubahiriza ibisabwa, kuko n’ubundi intambara iba yararangiye cyera iyo baza kubishyira mu bikorwa. Ariko ni uburenganzira bwa Leta ya Congo [Kinshasa] kuba bakwanga, ni uburenganzira bwa M23 kuba bakwanga. Ariko icya ngobwa ni uko bareba ku nyungu z’abakongomani.”

Iyi nzobere ikomeza igira iti “Igihe hari amasezerano buri wese agira kwinangira. Bishobora gushoboka nk’uko bishobora no kwanga, ariko niringira ko bazubahiriza ibisabwa n’abahuza. Biramutse byanze, Ibihugu by’amahanga bishobora gufata ibihano.”

Kugeza ubu ingabo za Angola n’izo mu Bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zitarimo iz’u Rwanda na Tanzania; zamaze kugera mu burasirazuba bwa kongo, ndetse zamaze no kwigabanya ibice byarekuwe n’abarwanyi ba M23.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

Next Post

U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.