Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzobere igaragaje ingingo ikomeye y’icyikango kigaragazwa n’imyitwarire ya Congo kuri M23

radiotv10by radiotv10
08/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inzobere igaragaje ingingo ikomeye y’icyikango kigaragazwa n’imyitwarire ya Congo kuri M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye gushwishuriza umutwe wa M23 ko badateze kuganira, bamwe mu basesenguzi bavuga ko iyi myitwarire ya Congo ishobora gutuma ibintu byongera gusubira irudubi.

Ukwezi kwa Werurwe 2023 kwasize M23 itangiye urugendo rwo kubahiriza amasezerano y’i Nairobi na Luanda. Aba barwanyi bakomeje kurekura ibice bari barambuye ubutegetsi bwa Kinshasa.

Muri iki cyumweru, ubwo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na William Ruto wa Kenya, baganiraga n’itangazamakuru, bagaragaje ko bafite icyizere cy’umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Icyakora umuvugizi wa Guverinoma ya Kongo Kinshasa, Patrick Muyaya Katembwe; avuga ko Igihugu cye kitazicarana n’aba barwanyi.

Yagize ati “Twabisubiyemo kenshi kuva mu ntangiriro ko batari mu bo tugomba kwicarana kubera ibyaha bakoze. Turaganirira hehe na M23, baganira na nde? Uruhande rwa Guverinoma kuri iyo ngingo rurazwi. Ariko ubu turi gushaka uburyo imyanzuro y’i Luanda yubahirizwa.”

Patrick Muyaya yakomeje agaruka ku biganiro byahuje Perezida wa Angola n’uw’u Burundi bavuganye n’abayobozi ba M23, ati “Icyo gihe habaye ibiganiro bibategeka kurekura ibice bari barafashe. Twe nka Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo turacyashikamye ku cyemezo cyacu kugeza igihe ibyo dusaba bizashyirirwa mu bikorwa.”

 

Ibintu bishobora gusubira inyuma

Umuhanga mu bya politiki akaba anayigisha muri Kaminuza, Dr Ismael Buchanan, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 yavuze ko intambara ishobora kongera kurota cyangwa imiryango mpuzamahanga igafata imyanzuro ikomeye.

Yagize ati “Intambara ishobora kongera kurota mu gihe hari uruhande rutabasha kubahiriza ibisabwa, kuko n’ubundi intambara iba yararangiye cyera iyo baza kubishyira mu bikorwa. Ariko ni uburenganzira bwa Leta ya Congo [Kinshasa] kuba bakwanga, ni uburenganzira bwa M23 kuba bakwanga. Ariko icya ngobwa ni uko bareba ku nyungu z’abakongomani.”

Iyi nzobere ikomeza igira iti “Igihe hari amasezerano buri wese agira kwinangira. Bishobora gushoboka nk’uko bishobora no kwanga, ariko niringira ko bazubahiriza ibisabwa n’abahuza. Biramutse byanze, Ibihugu by’amahanga bishobora gufata ibihano.”

Kugeza ubu ingabo za Angola n’izo mu Bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zitarimo iz’u Rwanda na Tanzania; zamaze kugera mu burasirazuba bwa kongo, ndetse zamaze no kwigabanya ibice byarekuwe n’abarwanyi ba M23.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

Next Post

U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.