Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzobere igaragaje ingingo ikomeye y’icyikango kigaragazwa n’imyitwarire ya Congo kuri M23

radiotv10by radiotv10
08/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inzobere igaragaje ingingo ikomeye y’icyikango kigaragazwa n’imyitwarire ya Congo kuri M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye gushwishuriza umutwe wa M23 ko badateze kuganira, bamwe mu basesenguzi bavuga ko iyi myitwarire ya Congo ishobora gutuma ibintu byongera gusubira irudubi.

Ukwezi kwa Werurwe 2023 kwasize M23 itangiye urugendo rwo kubahiriza amasezerano y’i Nairobi na Luanda. Aba barwanyi bakomeje kurekura ibice bari barambuye ubutegetsi bwa Kinshasa.

Muri iki cyumweru, ubwo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na William Ruto wa Kenya, baganiraga n’itangazamakuru, bagaragaje ko bafite icyizere cy’umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Icyakora umuvugizi wa Guverinoma ya Kongo Kinshasa, Patrick Muyaya Katembwe; avuga ko Igihugu cye kitazicarana n’aba barwanyi.

Yagize ati “Twabisubiyemo kenshi kuva mu ntangiriro ko batari mu bo tugomba kwicarana kubera ibyaha bakoze. Turaganirira hehe na M23, baganira na nde? Uruhande rwa Guverinoma kuri iyo ngingo rurazwi. Ariko ubu turi gushaka uburyo imyanzuro y’i Luanda yubahirizwa.”

Patrick Muyaya yakomeje agaruka ku biganiro byahuje Perezida wa Angola n’uw’u Burundi bavuganye n’abayobozi ba M23, ati “Icyo gihe habaye ibiganiro bibategeka kurekura ibice bari barafashe. Twe nka Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo turacyashikamye ku cyemezo cyacu kugeza igihe ibyo dusaba bizashyirirwa mu bikorwa.”

 

Ibintu bishobora gusubira inyuma

Umuhanga mu bya politiki akaba anayigisha muri Kaminuza, Dr Ismael Buchanan, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 yavuze ko intambara ishobora kongera kurota cyangwa imiryango mpuzamahanga igafata imyanzuro ikomeye.

Yagize ati “Intambara ishobora kongera kurota mu gihe hari uruhande rutabasha kubahiriza ibisabwa, kuko n’ubundi intambara iba yararangiye cyera iyo baza kubishyira mu bikorwa. Ariko ni uburenganzira bwa Leta ya Congo [Kinshasa] kuba bakwanga, ni uburenganzira bwa M23 kuba bakwanga. Ariko icya ngobwa ni uko bareba ku nyungu z’abakongomani.”

Iyi nzobere ikomeza igira iti “Igihe hari amasezerano buri wese agira kwinangira. Bishobora gushoboka nk’uko bishobora no kwanga, ariko niringira ko bazubahiriza ibisabwa n’abahuza. Biramutse byanze, Ibihugu by’amahanga bishobora gufata ibihano.”

Kugeza ubu ingabo za Angola n’izo mu Bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zitarimo iz’u Rwanda na Tanzania; zamaze kugera mu burasirazuba bwa kongo, ndetse zamaze no kwigabanya ibice byarekuwe n’abarwanyi ba M23.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

S.Africa: Ibyakorewe ibisambo byari bigiye kwiba byateye ubwoba ababibonye

Next Post

U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

Related Posts

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

U Rwanda rwavuze ku nzitizi z’urubanza rwa Kabuga zanatanzwemo icyifuzo cyatoneka abarokotse Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.