Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in MU RWANDA
0
Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri b’abahanga bitabiriye amarushanwa abahuza ku rwego rw’Igihugu mu bijyanye n’ubumenyi mu by’imibare, nyuma yuko babonye urwego bariho, barushijeho kwiyumvamo kuzakora ibirenze ibyo batekereza, barimo uwifuzaga kuzaba umupilote, ubu wifuza kuzavamo ukora indege.

Aya marushanwa yabanje kwitabirwa n’abanyeshuri babarirwa mu bihumbi 50, yaje gusigaramo abanyeshuri 60 bageze ku cyiciro cya nyuma cy’aya marushanwa ku rwego rw’Igihugu.

Aba banyeshuri bageze mu cyiciro cya nyuma cy’aya mahugurwa, bari bamaze iminsi umunani bahugurirwa mu Mujyi wa Kigali, aho bahawe ubumenyi ku bijyanye n’ikoranabuhanda rya mudasobwa, imibare, ndetse n’Ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano AI.

Abanyeshuri babaye aba mbere ku rwego rw’Igihugu, bahabwa ibihembo birimo kwiga ku buntu mu kigo cy’ikoranabuhanga mu by’imibare cyo ku rwego mpuzamahanga.

Mu banyeshuri 60 bahize abandi, ni bo bakuyemo bacye muri buri cyiciro, mu mibare, informatique na AI, aho baziga ishuri rya AOA (African Olympiad Academy) ryigamo abahanga baturutse mu Bihugu bitandukanye bya Africa.

Keza Sonia wiga mu mwaka wa kane mu ishuri rya ‘Gashora Girls’ wari mu cyiciro cy’abo mu mibare wanatsindiye kuzajya kwiga muri iri shuri, avuga ko yari asanzwe akora amarushanwa mu mibare kuko akiga mu cyiciro rusange yabaye uwa mbere ku rwego rw’Igihugu anaba uwa mbere muri Africa y’Iburasirazuba.

Yagize ati “Ibintu by’amarushanwa mu mibare ndabimenyereye kuko nkiga mu cyiciro rusange nabaye uwa mbere mu Gihugu, nyuma bampitamo kujya guhararira u Rwanda mu marushanwa y’imibire muri Africa y’Ibursirazuba na ho mba uwa mbere rero hano ntabwo byangoye.”

Avuga ko nyuma yuko yabonye aya mahirwe akomeye yo kwiga mu ishuri ryigisha abahanga ku rwego mpuzamahanga, inzozi ze zahise zihinduka.

Ati “Kuva mbere niga Physics nashakaga kuba umupilote, mpitamo ibyo nziga mu wa kane nahisemo PCM menya n’iby’iri shuri inzozi zarahindutse ubu ndashaka gukora indege.”

Arub Shanmuganthan, umwe mu bahagarariye aya marushanwa, yavuze ko aba banyeshuri bamaze iminsi mu mahugurwa ari abahanga bavuye mu Gihugu hose mu bigo 900 mu banyeshuri ibihumbi 50.

Ati “Nyuma y’amarushanwa bakoze twakuyemo 60 b’abahanga kurusha abandi tumaze iminsi tubahugura gukemura ibibazo mu buryo bwinshi butandukanye, twatoranyijemo nanone abahanga tuzashyira mu ishuri rizatangira muri Kamena.”

Yavuze ko bareba abana b’abahanga ku Isi hose bakabigisha bakabohereza muri za kaminuza zikomeye ku Isi kuko amashuri makuru yubaha abana batsinda muri aya amarushanwa ndetse mu myaka ine ishize bafite barindwi babonye ayo mahirwe.

Aya marushanwa aba buri mwaka mu Bihugu bitandukanye byo muri Africa, aho umwaka ushize yakozwe muri Afurika y’Epfo, uyu mwaka akorerwa mu Rwanda no muri Bostwana.

Aba banyeshuri bamaze iminsi bahugurwa
Banahawe ibihembo

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 1 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Next Post

Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru

Related Posts

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uko hatahuwe umukobwa ukekwaho kwihekura wabyaye umwana agahita amuta mu musarani

by radiotv10
31/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Rubavu, rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 18 ukekwaho kubyara umwana wari ugejeje igihe cyo...

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
1

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w'amakamyo...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru

Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.