Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi PDI, ryatanze abakandida ku myanya y’Abadepite, rivuga ko icyatumye ribikora ku nshuro yaryo ya mbere ritari kumwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi, ari uko rimaze gukura, riti “twaracutse.”

Byatangajwe na Visi Perezida wa kabiri w’iri shyaka PDI, Ambasaderi Fatou Harelimana ari na we washyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, urutonde rw’abazahagararira iri shyaka mu matora y’Abadepite azaba muri Nyakanga uyu mwaka.

Ambasaderi Fatou Harelimana yavuze ko ari ubwa mbere iri shyaka ritanze kandidatire ritari kumwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi, kandi ko rifite icyizere ko rizabona imyanya.

Agaruka ku cyo iri shyaka rishingiraho iki cyizere, Amb. Fatou Harelimana yagize ati “Twariyubatse nka PDI. Mukunda kuvuga ngo turi ku mugongo…Oya, twacutse twahisemo noneho gutanga kandidatire twenyine kubera ko tubona ubushobozi Igihugu cyaduhaye.”

Visi Perezida wa Kabiri wa PDI, avuga ko ubwo bushobozi iri shyaka ryahwe n’Igihugu, bwatumye rigira abarwanashyaka mu bice bitandukanye by’Igihugu, ku buryo bizeye ko bazarishyigikira mu matora.

Avuga kandi ko muri abo bayoboke, harimo n’abafite ubunararibonye n’ubushobozi bukenewe mu buyobozi bw’u Rwanda, ku buryo iri shyaka ryizeye ko Abanyarwanda babagirira icyizere bakabatora, kuko n’ubundi hari abo bamaze kukigirira bakabatora mu myanya inyuranye.

Ati “Dufite abayoboke ba PDI bari mu myanya itorerwa ndetse idahagarariwe n’imitwe ya Politiki ariko Abanyarwanda bakabagirira icyizere bakabatora. Aka kanya tuvugana dufite abayoboke ba PDI kubera imiyoborere myiza y’Igihugu cyacu bize baraminuza. Dufitemo abadogiteri, dufite abafite PhD, za Masters, abagore n’urubyiruko,…tubona ibyo byose biduha amahirwe yo kugira ngo dutere intambwe twiyamamaze twenyine.”

Ambasaderi Fatou Harelimana avuga kandi ko iyi miyoborere myiza y’Igihugu yatumye Abanyarwanda bose bakura mu bushishozi, ku buryo bizeye ko bazashishoza bakareba ko no mu bagize iri shyaka harimo abatanga umusanzu mu kubaka Igihugu, bakazabatora.

Ubwo Fatou Harelimana na bamwe mu barwanashyaka ba PDI bari bageze ku cyicaro cya Komisiyo y’Amatora
Bari bitwaje kandidatire z’abazahatanira imyanya y’Abadepite

Ambasaderi Fatou yavuze impamvu bahisemo gutanga kandidatire batisunze RPF-Inkotanyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − one =

Previous Post

Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

Next Post

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.