Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi PDI, ryatanze abakandida ku myanya y’Abadepite, rivuga ko icyatumye ribikora ku nshuro yaryo ya mbere ritari kumwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi, ari uko rimaze gukura, riti “twaracutse.”

Byatangajwe na Visi Perezida wa kabiri w’iri shyaka PDI, Ambasaderi Fatou Harelimana ari na we washyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, urutonde rw’abazahagararira iri shyaka mu matora y’Abadepite azaba muri Nyakanga uyu mwaka.

Ambasaderi Fatou Harelimana yavuze ko ari ubwa mbere iri shyaka ritanze kandidatire ritari kumwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi, kandi ko rifite icyizere ko rizabona imyanya.

Agaruka ku cyo iri shyaka rishingiraho iki cyizere, Amb. Fatou Harelimana yagize ati “Twariyubatse nka PDI. Mukunda kuvuga ngo turi ku mugongo…Oya, twacutse twahisemo noneho gutanga kandidatire twenyine kubera ko tubona ubushobozi Igihugu cyaduhaye.”

Visi Perezida wa Kabiri wa PDI, avuga ko ubwo bushobozi iri shyaka ryahwe n’Igihugu, bwatumye rigira abarwanashyaka mu bice bitandukanye by’Igihugu, ku buryo bizeye ko bazarishyigikira mu matora.

Avuga kandi ko muri abo bayoboke, harimo n’abafite ubunararibonye n’ubushobozi bukenewe mu buyobozi bw’u Rwanda, ku buryo iri shyaka ryizeye ko Abanyarwanda babagirira icyizere bakabatora, kuko n’ubundi hari abo bamaze kukigirira bakabatora mu myanya inyuranye.

Ati “Dufite abayoboke ba PDI bari mu myanya itorerwa ndetse idahagarariwe n’imitwe ya Politiki ariko Abanyarwanda bakabagirira icyizere bakabatora. Aka kanya tuvugana dufite abayoboke ba PDI kubera imiyoborere myiza y’Igihugu cyacu bize baraminuza. Dufitemo abadogiteri, dufite abafite PhD, za Masters, abagore n’urubyiruko,…tubona ibyo byose biduha amahirwe yo kugira ngo dutere intambwe twiyamamaze twenyine.”

Ambasaderi Fatou Harelimana avuga kandi ko iyi miyoborere myiza y’Igihugu yatumye Abanyarwanda bose bakura mu bushishozi, ku buryo bizeye ko bazashishoza bakareba ko no mu bagize iri shyaka harimo abatanga umusanzu mu kubaka Igihugu, bakazabatora.

Ubwo Fatou Harelimana na bamwe mu barwanashyaka ba PDI bari bageze ku cyicaro cya Komisiyo y’Amatora
Bari bitwaje kandidatire z’abazahatanira imyanya y’Abadepite

Ambasaderi Fatou yavuze impamvu bahisemo gutanga kandidatire batisunze RPF-Inkotanyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + nineteen =

Previous Post

Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

Next Post

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi
AMAHANGA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.