Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi PDI, ryatanze abakandida ku myanya y’Abadepite, rivuga ko icyatumye ribikora ku nshuro yaryo ya mbere ritari kumwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi, ari uko rimaze gukura, riti “twaracutse.”

Byatangajwe na Visi Perezida wa kabiri w’iri shyaka PDI, Ambasaderi Fatou Harelimana ari na we washyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, urutonde rw’abazahagararira iri shyaka mu matora y’Abadepite azaba muri Nyakanga uyu mwaka.

Ambasaderi Fatou Harelimana yavuze ko ari ubwa mbere iri shyaka ritanze kandidatire ritari kumwe n’Umuryango RPF-Inkotanyi, kandi ko rifite icyizere ko rizabona imyanya.

Agaruka ku cyo iri shyaka rishingiraho iki cyizere, Amb. Fatou Harelimana yagize ati “Twariyubatse nka PDI. Mukunda kuvuga ngo turi ku mugongo…Oya, twacutse twahisemo noneho gutanga kandidatire twenyine kubera ko tubona ubushobozi Igihugu cyaduhaye.”

Visi Perezida wa Kabiri wa PDI, avuga ko ubwo bushobozi iri shyaka ryahwe n’Igihugu, bwatumye rigira abarwanashyaka mu bice bitandukanye by’Igihugu, ku buryo bizeye ko bazarishyigikira mu matora.

Avuga kandi ko muri abo bayoboke, harimo n’abafite ubunararibonye n’ubushobozi bukenewe mu buyobozi bw’u Rwanda, ku buryo iri shyaka ryizeye ko Abanyarwanda babagirira icyizere bakabatora, kuko n’ubundi hari abo bamaze kukigirira bakabatora mu myanya inyuranye.

Ati “Dufite abayoboke ba PDI bari mu myanya itorerwa ndetse idahagarariwe n’imitwe ya Politiki ariko Abanyarwanda bakabagirira icyizere bakabatora. Aka kanya tuvugana dufite abayoboke ba PDI kubera imiyoborere myiza y’Igihugu cyacu bize baraminuza. Dufitemo abadogiteri, dufite abafite PhD, za Masters, abagore n’urubyiruko,…tubona ibyo byose biduha amahirwe yo kugira ngo dutere intambwe twiyamamaze twenyine.”

Ambasaderi Fatou Harelimana avuga kandi ko iyi miyoborere myiza y’Igihugu yatumye Abanyarwanda bose bakura mu bushishozi, ku buryo bizeye ko bazashishoza bakareba ko no mu bagize iri shyaka harimo abatanga umusanzu mu kubaka Igihugu, bakazabatora.

Ubwo Fatou Harelimana na bamwe mu barwanashyaka ba PDI bari bageze ku cyicaro cya Komisiyo y’Amatora
Bari bitwaje kandidatire z’abazahatanira imyanya y’Abadepite

Ambasaderi Fatou yavuze impamvu bahisemo gutanga kandidatire batisunze RPF-Inkotanyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 10 =

Previous Post

Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

Next Post

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.