Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ishyaka ridashyigikiye gahunda u Bwongereza bufitanye n’u Rwanda ryanavuze kuzayihagarika ryatsinze amatora

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka ry’Abakozi [Labour Party] mu Bwongereza, ryatsinze amatora rusange y’Abagize Inteko Ishinga Amategeko, bihita binatuma Sir Keir Rodney Starmer uriyoboye, ahita asimbura Rishi Sunak ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe. Uyu watsinze amatora yigeze kuvuga ko natorwa azasesa amasezerano u Bwongereza bufitanye n’u Rwanda ijyanye n’abimukira.

Ni nyuma y’amatora yabaye kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, yasize iri shyaka ry’Aba-Labour ritsinze ku majwi ari hejuru ya 326 kuri 650, bituma rigira imyanya 410 mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ibi byahise biha amahirwe Keir Rodney Starmer uyobora Labour Party guhita aba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, agasimbura Rishi Sunak bari bamaze igihe bahanganye.

Nyuma y’uko ishyaka rye ritsinze aya matora rusange, Keir Rodney Starmer yagize ati “Iri joro abantu bari hano n’ahandi hose mu Gihugu, barabivuze kandi biteguye impinduka, mu guhagarika Politiki yo yo kwigaragaza, tukagarura Politiki ikorera rubanda.”

Yakomeje agira ati “Impinduka zitangiye aka kanya…Mwaratoye. Ni cyo gihe natwe tukayobora.”

Rishi Sunak na we yifurije ishya n’ihirwe mugenzi we ugiye kumusimbura, aho yagize ati “Ubutegetsi buzahinduka mu mahoro asesuye kandi hakurikijwe amategeko, hamwe n’ubushake mu nguni zose.”

Sunak yakomeje agira ati “Hari byinshi nize kandi nzakomeza kureberaho, kandi ndishyira ku mutwe intsinzwi mu izina ry’Abakandida b’Aba- Conservative…Mumbabarire.”

Keir Rodney Starm na Rishi Sunak bakunze guhangana muri politiki nk’uko bisanzwe muri Politiki y’u Bwongereza, aho bahanganishaga ibitekerezo mu Nteko Ishinga amategeko, ku mirongo migari y’iki Gihugu cy’u Bwongereza.

Keir Rodney Starm wakunze kugira ibyo anenga Rishi Sunak, muri Gicurasi uyu mwaka, yanagarutse ku masezerano u Bwongereza bwagiranye n’u Rwanda yo kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro, avuga ko atayashyigikiye, ndetse ko naramuka atorewe uyu mwanya yatsindiye, azahita ayasesa.

Uyu muyobozi wa Labour Party watangaje ibi ubwo aya masezerano yari amaze kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko, yavugaga ko ubu atari bwo buryo buboneye bwo guca intege abimukira binjira muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ahubwo ko u Bwongereza bwakora byize birenze ibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

U Rwanda razakomeza kubaho mu mahoro- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ntakizabatokoreza umutekano

Next Post

J.K. Rowling Is Shutting Down Readers Who Burned All Their Harry Potter Books

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

J.K. Rowling Is Shutting Down Readers Who Burned All Their Harry Potter Books

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.