Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ishyaka ridashyigikiye gahunda u Bwongereza bufitanye n’u Rwanda ryanavuze kuzayihagarika ryatsinze amatora

radiotv10by radiotv10
05/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Utavuga rumwe n’ubutegetsi mu Bwongereza yavuze icyo azakora kuri gahunda bufitanye n’u Rwanda naramuka atowe
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka ry’Abakozi [Labour Party] mu Bwongereza, ryatsinze amatora rusange y’Abagize Inteko Ishinga Amategeko, bihita binatuma Sir Keir Rodney Starmer uriyoboye, ahita asimbura Rishi Sunak ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe. Uyu watsinze amatora yigeze kuvuga ko natorwa azasesa amasezerano u Bwongereza bufitanye n’u Rwanda ijyanye n’abimukira.

Ni nyuma y’amatora yabaye kuri uyu wa Kane tariki 04 Nyakanga 2024, yasize iri shyaka ry’Aba-Labour ritsinze ku majwi ari hejuru ya 326 kuri 650, bituma rigira imyanya 410 mu Nteko Ishinga Amategeko.

Ibi byahise biha amahirwe Keir Rodney Starmer uyobora Labour Party guhita aba Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, agasimbura Rishi Sunak bari bamaze igihe bahanganye.

Nyuma y’uko ishyaka rye ritsinze aya matora rusange, Keir Rodney Starmer yagize ati “Iri joro abantu bari hano n’ahandi hose mu Gihugu, barabivuze kandi biteguye impinduka, mu guhagarika Politiki yo yo kwigaragaza, tukagarura Politiki ikorera rubanda.”

Yakomeje agira ati “Impinduka zitangiye aka kanya…Mwaratoye. Ni cyo gihe natwe tukayobora.”

Rishi Sunak na we yifurije ishya n’ihirwe mugenzi we ugiye kumusimbura, aho yagize ati “Ubutegetsi buzahinduka mu mahoro asesuye kandi hakurikijwe amategeko, hamwe n’ubushake mu nguni zose.”

Sunak yakomeje agira ati “Hari byinshi nize kandi nzakomeza kureberaho, kandi ndishyira ku mutwe intsinzwi mu izina ry’Abakandida b’Aba- Conservative…Mumbabarire.”

Keir Rodney Starm na Rishi Sunak bakunze guhangana muri politiki nk’uko bisanzwe muri Politiki y’u Bwongereza, aho bahanganishaga ibitekerezo mu Nteko Ishinga amategeko, ku mirongo migari y’iki Gihugu cy’u Bwongereza.

Keir Rodney Starm wakunze kugira ibyo anenga Rishi Sunak, muri Gicurasi uyu mwaka, yanagarutse ku masezerano u Bwongereza bwagiranye n’u Rwanda yo kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro, avuga ko atayashyigikiye, ndetse ko naramuka atorewe uyu mwanya yatsindiye, azahita ayasesa.

Uyu muyobozi wa Labour Party watangaje ibi ubwo aya masezerano yari amaze kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko, yavugaga ko ubu atari bwo buryo buboneye bwo guca intege abimukira binjira muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ahubwo ko u Bwongereza bwakora byize birenze ibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eight =

Previous Post

U Rwanda razakomeza kubaho mu mahoro- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ntakizabatokoreza umutekano

Next Post

J.K. Rowling Is Shutting Down Readers Who Burned All Their Harry Potter Books

Related Posts

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

J.K. Rowling Is Shutting Down Readers Who Burned All Their Harry Potter Books

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.