Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

radiotv10by radiotv10
07/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma yo kubona ko icyo ryari ryafatiwe n’ubutegetsi cyo kurihagarika, kidagifite agaciro.

Iri shyaka PPRD (Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie) ryasubukuye ibikorwa byaryo ku butaka bwa DRC kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi 2025.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na biro politiki y’iri shyaka kuri uyu wa Kabiri, ryavuze ko icyemezo cyatangajwe tariki 19 Mata 2025 cyashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe Wungirije ushinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu cyo guhagarika ibikorwa by’iri shyaka, cyamaze guta agaciro.

Iri shyaka ryisunze Ingingo ya 29 y’itegeko ryo muri Werurwe 2004 riteganya ko icyemezo kirengeje iminsi 15 kitaremezwa n’urwego rubifitiye ububasha mu buryo bwa burundu, kiba gitaye agaciro.

Iri shyaka ry’uwahoze ayobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rivuga ko iyo minsi igenwa n’itegeko n°04/002 yarangiye nta cyemezo cy’urwego rw’Ubucamanza gitangajwe, bityo ko gihita giteshwa agaciro.

PPRD kandi ivuga ko kiriya cyemezo kitari kinyanyuze mu mucyo kuko kitari gifite icyo gishingiyeho, ahubwo ko cyari kigamije gushyira igitutu ku rubuga rwa politiki.

Iri shyaka ritangaza ko ryamenyesheje inzego zaryo zose kuva ku Bunyamabanga buhoraho kugeza ku buyobozi bwa za Federasiyo gusubukura inshingano zazo zubahiriza ibiteganywa n’Itegeko Nshinga ry’Igihugu.

Icyemezo cyo guhagarika ibikorwa byose by’iri shyaka ku butaka bwa DRC, cyari cyafashwe tariki 19 Mata 2025 nyuma yuko havuzwe ko Joseph Kabila yageze muri iki Gihugu i Goma mu gace kagenzurwa na M23, aho ubutegetsi bwa kiriya Gihugu bwari bwamwise umugambanyi, ngo kuko ashyigiye uyu mutwe.

Nyuma y’iki cyemezo, iri shyaka ryaracyamaganye, rivuga ko cyashingiye ku makuru y’ibinyoma, aho ryavugaga ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwahimbye ariya makuru ko Kabila yageze muri iki Gihugu, kugira ngo bubone uko butera ubwoba iri shyaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + fifteen =

Previous Post

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Next Post

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Related Posts

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko bwagiranye ibiganiro byiza na Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

by radiotv10
30/05/2025
0

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uherutse kugaruka muri iki Gihugu byumwihariko mu mujyi wa Goma...

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

by radiotv10
30/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bari kugenzura uduce twinshi twa Gurupoma ya Ikobo muri Teritwari ya Walikare, nyuma y’iminsi itatu y’imirwano yari...

Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma

Menya igikorwa cya mbere Joseph Kabila yagaragayemo kuva yagera i Goma

by radiotv10
29/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wamaze kugera mu bice bigenzurwa...

Burundi: Umunyapolitiki wo mu ishyaka riri ku butegetesi wifuza kuba Umudepite yatawe muri yombi

Burundi: Umunyapolitiki wo mu ishyaka riri ku butegetesi wifuza kuba Umudepite yatawe muri yombi

by radiotv10
29/05/2025
0

Umukandida uri guhatanira kuba Umudepite ahagarariye Ishyaka CNDD-FDD mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, yatawe muri yombi avuye mu nama....

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.