Thursday, April 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/04/2026
in MU RWANDA
0
Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Prof. Patrick Loch Otieno Lumumba, inzobere mu mategeko, akaba n’umwe mu bahanga mu gutanga ibiganiro mbwirwaruhame, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi, amahanga yose arebera, iminsi ijana ikarinda ishira hicwa Abatutsi ijoro n’amanywa.

Prof PLO Lumumba yabitangarije muri Kenya mu nama yari igamije gukumira Jenoside, aho yagarutse ku gutsindwa k’umuryango mpuzamahanga, utaragize icyo ukora ngo uhagarike Jenoside yari iri gukorerwa Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Yavuze ko na mbere yuko Jenoside yakorewe Abatutsi ishyirwa ngiro, byigaragazaga, kuko Abatutsi batangiye kugirirwa nabi kuva cyera mu Rwanda.

Ati “Ibimenyetso byari bihari, Radio Télévision Libre des Mille Collines (RTLM) yahoraga ibitangaza, benshi bitwaga Inyenzi, Isi yararebaga, Afurika y’Iburasirazuba yararebaga, Afurika yararebaga, Ibihugu bikomeye bifite intwaro za rutura byararebaga, Umuryango w’Abibumbye wararebaga mu gihe cy’iminsi ijana, Isi yararebaga.”

Avuga ko muri iyo minsi ijana yose, umuryango mpuzamahanga warebaga ariko ntugire icyo ukora kandi mu Rwanda harakorerwaga amarorerwa, Abatutsi bicwa amanywa n’ijoro.

Ati “Isi yararebaga mu minsi ijana, ubwo abaturanyi bicaga abaturanyi babo, abagabo bica abagore babo, insengero zo gusengeramo zari zakiriye impunzi, zahinduwe aho kwicira abantu.”

Yakomeje agira ati “Isi yari izi icyashobora gukorwa, ariko amahanga yigira ntibindeba, ntacyo twakoze, twabaye mu gihe aho himakajwe amacakubiri twemera kubana na yo.”

Yavuze ko ikibabaje ari uko Ibihugu byavugaga ko ibyariho biba mu Rwanda atari Jenoside ndetse na nyuma yayo aho no muri iki gihe, hari abayihakana n’abayipfobya, bikaba n’ubundi byari mu migambi y’abayiteguye bakanayikora, kuko mu bitekerezo byabo bumva ko batarangije imigambi mibisha batangiye.

Ati “Ni yo mpamvu duhura buri mwaka tukiyibutsa ko igihe twahitamo gucyerensa no kudaha agaciro aya mateka, ashobora kuzisubiramo.”

Avuga ko uburyo u Rwanda rwabashije kwikura muri ariya mateka ashaririye, rukoresheje ubushobozi butari buhari, bikwiye kubera isomo amahanga.

Yavuze ko nyuma ya Jenoside, nta Nkiko zari ziri mu Rwanda, ariko abari bamaze kuyihagarika batangije uburyo bwo gucira imanza abayikoze, hifashishijwe Inkiko Gacaca kandi ko zitakoze akazi ko guhana gusa, ahubwo ko zanagize uruhare mu kongera kubaka Umuryango mugari w’Abanyarwanda no kunga ubumwe bwabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

Related Posts

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

by radiotv10
23/04/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 wo mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside nyuma...

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

by radiotv10
23/04/2026
0

Abasesengura iby’ubukungu bavuga ko icyemezo gisaba ibigo bya Leta  kongera umubare w'imodoka z'amashanyarazi mu zo bigura, kizatanga umusaruro ku bukungu...

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

by radiotv10
23/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatanu, imihanda ine izatangirizwamo igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi...

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

Ukekwaho kwiba mudasobwa wafashwe nyuma yuko hagaragaye amashusho ya camera z’umutekano ntagifunze

by radiotv10
23/04/2026
0

Umusore wari uherutse gutabwa muri yombi akekwaho kwiba mudosobwa ebyiri z’Ikigo cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka...

Key things to know about roads with lanes reserved exclusively for public transport buses in Kigali

Key things to know about roads with lanes reserved exclusively for public transport buses in Kigali

by radiotv10
23/04/2026
0

The City of Kigali has announced that starting this Friday, four roads will begin operating a dedicated path reserved only...

IZIHERUKA

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda
MU RWANDA

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

by radiotv10
23/04/2026
0

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

23/04/2026
Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

23/04/2026
Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

23/04/2026
Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

23/04/2026
Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

23/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.