Prof. Patrick Loch Otieno Lumumba, inzobere mu mategeko, akaba n’umwe mu bahanga mu gutanga ibiganiro mbwirwaruhame, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi, amahanga yose arebera, iminsi ijana ikarinda ishira hicwa Abatutsi ijoro n’amanywa.
Prof PLO Lumumba yabitangarije muri Kenya mu nama yari igamije gukumira Jenoside, aho yagarutse ku gutsindwa k’umuryango mpuzamahanga, utaragize icyo ukora ngo uhagarike Jenoside yari iri gukorerwa Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Yavuze ko na mbere yuko Jenoside yakorewe Abatutsi ishyirwa ngiro, byigaragazaga, kuko Abatutsi batangiye kugirirwa nabi kuva cyera mu Rwanda.
Ati “Ibimenyetso byari bihari, Radio Télévision Libre des Mille Collines (RTLM) yahoraga ibitangaza, benshi bitwaga Inyenzi, Isi yararebaga, Afurika y’Iburasirazuba yararebaga, Afurika yararebaga, Ibihugu bikomeye bifite intwaro za rutura byararebaga, Umuryango w’Abibumbye wararebaga mu gihe cy’iminsi ijana, Isi yararebaga.”
Avuga ko muri iyo minsi ijana yose, umuryango mpuzamahanga warebaga ariko ntugire icyo ukora kandi mu Rwanda harakorerwaga amarorerwa, Abatutsi bicwa amanywa n’ijoro.
Ati “Isi yararebaga mu minsi ijana, ubwo abaturanyi bicaga abaturanyi babo, abagabo bica abagore babo, insengero zo gusengeramo zari zakiriye impunzi, zahinduwe aho kwicira abantu.”
Yakomeje agira ati “Isi yari izi icyashobora gukorwa, ariko amahanga yigira ntibindeba, ntacyo twakoze, twabaye mu gihe aho himakajwe amacakubiri twemera kubana na yo.”
Yavuze ko ikibabaje ari uko Ibihugu byavugaga ko ibyariho biba mu Rwanda atari Jenoside ndetse na nyuma yayo aho no muri iki gihe, hari abayihakana n’abayipfobya, bikaba n’ubundi byari mu migambi y’abayiteguye bakanayikora, kuko mu bitekerezo byabo bumva ko batarangije imigambi mibisha batangiye.
Ati “Ni yo mpamvu duhura buri mwaka tukiyibutsa ko igihe twahitamo gucyerensa no kudaha agaciro aya mateka, ashobora kuzisubiramo.”
Avuga ko uburyo u Rwanda rwabashije kwikura muri ariya mateka ashaririye, rukoresheje ubushobozi butari buhari, bikwiye kubera isomo amahanga.
Yavuze ko nyuma ya Jenoside, nta Nkiko zari ziri mu Rwanda, ariko abari bamaze kuyihagarika batangije uburyo bwo gucira imanza abayikoze, hifashishijwe Inkiko Gacaca kandi ko zitakoze akazi ko guhana gusa, ahubwo ko zanagize uruhare mu kongera kubaka Umuryango mugari w’Abanyarwanda no kunga ubumwe bwabo.
RADIOTV10








