Wednesday, July 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi

radiotv10by radiotv10
23/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, avuga ko abantu badakwiye kugendera ku byababangamiye ngo bafate ibyemezo bishobora kuvamo ibyaha nk’uko byagendekeye Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ watawe muri yombi nyuma yo gufungirana abakobwa kuko hari ibyo batari bumvikanyeho.

Itabwa muri yombi rya ‘Burikantu’ ryamenyekanye hirya y’ejo hashize tariki 21 Nyakanga 2025, mu gihe yafashwe ku Cyumweru, akurikiranyweho icyaha cy’Itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwatangaje ko uyu musore yatawe muri yombi nyuma yo gufungirana mu nzu abamo abakobwa bari baje kumureba, abishyuza amafaranga y’ibyo yavugaga ko yari yabatanzeho.

Amakuru avuga ko hari abakobwa bari bagiye kureba ‘Burikantu’ ngo abafashe kujya bakora ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga, ubundi asaba umwe muri bo kumusanga mu cyumba, akabyanga, bikamurakaza, agahita afata icyemezo cyo kubafungirana.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko mu Rwanda nta muntu n’umwe ufite uburenganzira bwo gufungirana undi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ati “Ndetse iyo aza kuba yumva ko bagomba kumwishyura izo Fanta ze n’izo tike ze, ni cyo inzego ziberaho, yagombaga gutanga ikirego bakabibazwa. Iri ni ryo somo abantu batwumva bari bakwiye gukuramo.”

Dr Murangira akomeza anenga uburyo uriya musore yitwaye yitwaje ko ari icyamamare. Ati “Ntabwo bikwiye ko kwitwaza ko ngo uri icyamamare, ko abantu bagukunda bakwemera, ngo wumve ko wafatirana umuntu mu ntege nke ugire ibyo umutegeka cyangwa ngo ugire ibyo umuryoza.”

Umuvugizi wa RIB avuga ko ubwo umwe muri abo bakobwa bari basuye Mwitende alias Burikantu yanze ko bajya kuganirira mu cyumba, yahise abasaba ko bamusubiza 7 000 Frw ahwanye n’ibyo yari yabishyuriye birimo 5 000 Frw y’amatike y’urugendo ndetse na 2 000 Frw bya Fanta yari yabaguriye, bayabura akaba ari bwo afata icyemezo cyo kubafungirana, ubundi akigendera.

Ati “Barayabuze, arababwira ati ‘murasohoka hano ari uko munyishyuye amafaranga yanjye’. Bivugwa ko yabafungiranye guhera saa cyenda n’iminota mirongo itatu (15:30’) ariko baza kuvamo saa kumi n’imwe (17:00’).”

Aba bakobwa bafashe icyemezo cyo kwiyambaza Polisi y’u Rwanda nyuma yo kubona ko ibyo babwirwaga na Burikantu nta mikino yari irimo, bakaza kwiyambaza uru rwego baruhamagaye ku murongo utishyurwa warwo, ubundi na rwo rurahagoboka, ari na bwo uyu musore yahise atabwa muri yombi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko rukiri kwegeranya ibimenyetso ari na ko hari gukorwa dosiye ikubiyemo ikirego cye, kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 6 =

Previous Post

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

Next Post

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Related Posts

The good and bad of AI: What the future might hold

The good and bad of AI: What the future might hold

by radiotv10
23/07/2025
0

In today’s fast-evolving digital age, Artificial Intelligence (AI) has become a driving force behind many transformations reshaping industries, redefining human...

The Government of Rwanda commends the agreements signed with Antigua and Barbuda

The Government of Rwanda commends the agreements signed with Antigua and Barbuda

by radiotv10
23/07/2025
0

In a groundbreaking initiative strengthening ties between Africa and Caribbean, Rwanda and Antigua and Barbuda signed three critical bilateral agreements....

Ibisobanuro by’umusore ukurikiranyweho gushimuta inyoni iri mu zirinzwe mu Rwanda

Ibisobanuro by’umusore ukurikiranyweho gushimuta inyoni iri mu zirinzwe mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Umusore w’imyaka 20 ukurikiranyweho gushimuta no kwica inyoni y’umusambi iri mu bwoko bw’izirinzwe mu Rwanda ayikuye mu gishanga giherereye mu...

Gen-Z is raising itself- but are parents losing control or learning to adapt?

Gen-Z is raising itself- but are parents losing control or learning to adapt?

by radiotv10
23/07/2025
0

Parenting has never been easy but raising Gen Z? That’s a whole new battlefield. Today’s young people are bold, expressive...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Ibisobanuro by’umugore uregwa kwangiza imyanya ndangagitsina y’umugabo we akayikanda ikavamo amaraso

by radiotv10
22/07/2025
0

Umugore w’imyaka 57 wo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza, ukurikiranyweho kwangiza imyanya y’ibanga y’umugabo we ayikanze kugeza...

IZIHERUKA

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
AMAHANGA

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

23/07/2025
The good and bad of AI: What the future might hold

The good and bad of AI: What the future might hold

23/07/2025
Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

Hatanzwe icyifuzo mu rubanza rwa Mutamba wabaye Minisitiri w’Ubutabera muri Congo

23/07/2025
Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

Ingabo za Mali n’abacancuro b’Umutwe w’Abarusiya baravugwaho amarorerwa

23/07/2025
Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

23/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

The good and bad of AI: What the future might hold

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.