Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi

radiotv10by radiotv10
23/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, avuga ko abantu badakwiye kugendera ku byababangamiye ngo bafate ibyemezo bishobora kuvamo ibyaha nk’uko byagendekeye Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ watawe muri yombi nyuma yo gufungirana abakobwa kuko hari ibyo batari bumvikanyeho.

Itabwa muri yombi rya ‘Burikantu’ ryamenyekanye hirya y’ejo hashize tariki 21 Nyakanga 2025, mu gihe yafashwe ku Cyumweru, akurikiranyweho icyaha cy’Itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwatangaje ko uyu musore yatawe muri yombi nyuma yo gufungirana mu nzu abamo abakobwa bari baje kumureba, abishyuza amafaranga y’ibyo yavugaga ko yari yabatanzeho.

Amakuru avuga ko hari abakobwa bari bagiye kureba ‘Burikantu’ ngo abafashe kujya bakora ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga, ubundi asaba umwe muri bo kumusanga mu cyumba, akabyanga, bikamurakaza, agahita afata icyemezo cyo kubafungirana.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko mu Rwanda nta muntu n’umwe ufite uburenganzira bwo gufungirana undi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ati “Ndetse iyo aza kuba yumva ko bagomba kumwishyura izo Fanta ze n’izo tike ze, ni cyo inzego ziberaho, yagombaga gutanga ikirego bakabibazwa. Iri ni ryo somo abantu batwumva bari bakwiye gukuramo.”

Dr Murangira akomeza anenga uburyo uriya musore yitwaye yitwaje ko ari icyamamare. Ati “Ntabwo bikwiye ko kwitwaza ko ngo uri icyamamare, ko abantu bagukunda bakwemera, ngo wumve ko wafatirana umuntu mu ntege nke ugire ibyo umutegeka cyangwa ngo ugire ibyo umuryoza.”

Umuvugizi wa RIB avuga ko ubwo umwe muri abo bakobwa bari basuye Mwitende alias Burikantu yanze ko bajya kuganirira mu cyumba, yahise abasaba ko bamusubiza 7 000 Frw ahwanye n’ibyo yari yabishyuriye birimo 5 000 Frw y’amatike y’urugendo ndetse na 2 000 Frw bya Fanta yari yabaguriye, bayabura akaba ari bwo afata icyemezo cyo kubafungirana, ubundi akigendera.

Ati “Barayabuze, arababwira ati ‘murasohoka hano ari uko munyishyuye amafaranga yanjye’. Bivugwa ko yabafungiranye guhera saa cyenda n’iminota mirongo itatu (15:30’) ariko baza kuvamo saa kumi n’imwe (17:00’).”

Aba bakobwa bafashe icyemezo cyo kwiyambaza Polisi y’u Rwanda nyuma yo kubona ko ibyo babwirwaga na Burikantu nta mikino yari irimo, bakaza kwiyambaza uru rwego baruhamagaye ku murongo utishyurwa warwo, ubundi na rwo rurahagoboka, ari na bwo uyu musore yahise atabwa muri yombi.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko rukiri kwegeranya ibimenyetso ari na ko hari gukorwa dosiye ikubiyemo ikirego cye, kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

Next Post

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.